Bahuriza ku Bufaransa! Uzatwara igikombe cy’Isi cya 2026 mu mboni za bamwe mu banyamakuru ba siporo

Imikino - 10/06/2026 12:36 PM
Share:

Umwanditsi:

Bahuriza ku Bufaransa! Uzatwara igikombe cy’Isi cya 2026 mu mboni za bamwe mu banyamakuru ba siporo

Abanyamakuru batandukanye ba siporo mu Rwanda bahuriza ku kuba ikipe y’igihugu y’u Bufaransa ariyo izatwara igikombe cy’Isi cya 2026 kigiye kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexico na Canada.

Kuri uyu wa Kane saa tatu z’ijoro kuri Estadio Azteca muri Mexico ni bwo hatangira iri rushanwa rihanzwe amaso n’Isi yose. Ni mu mukino Mexico izaba yakiriyemo Afurika y’Epfo. Abantu barizabaza uzatwara iki gikombe cy’Isi cya 2026 dore ko ibihugu bisanzwe bikomeye byiteguye ndetse intego kuri buri kimwe ikaba ari ukucyegukana.

Ni muri urweo rwego InyaRwanda yabajije bamwe mu banyamakuru bo mu Rwanda ikipe baha amahirwe yo kuzegukana iki gikombe cy’Isi kizagira imikino 104 ndetse akaba ari ubwa mbere cyitabiriwe n’amakipe menshi mu mateka dore kirimo amakipe 48.

Claude Hitimana ukorera Radio & TV 10 yavuze ko ikipe abona izatwara igikombe cy’Isi cya 2026 ari u Bufaransa. Yavuze ko impamvu ari ukubera ko ifite umutoza mwiza. Ati: ”Kuba iyi kipe ifite umutoza Didier Deschamps ufite inararibonye, watwaranye n'iyi kipe igikombe cy'iIsi muri 2018 kandi akaba azahita asezera gutoza iyi kipe nyuma y'igikombe cy'Isi nyuma y'imyaka 14, ibi mbibona nk'impamvu ikomeye cyane kuri we ku kuba ashaka gusezera akoze andi mateka ndetse n'abakinnyi be bakazaba bashaka kumurwanirira ngo bamusezere neza”.

Yakomeje avuga ko ikipe y’igihugu y’u Bufaransa ifite abakinnyi beza. Ati: ”Iyi ni imwe mu makipe afite abakinnyi beza baba ababanzamo n'abasimbura ndetse bakaba n'inkingi zikomeye mu makipe yabo, ku buryo umuntu atatinya no kuvuga ko harimo n'ababonwa nk'abazahatanira Ballon d'Or nka Ousmane Dembelé, Desiré Doué, Kylian Mbappé, Michael Olisé. Aba biyongeraho Saliba watwaye Premier League akanakina Final Champions League, n'abandi nka Upamecano, Tchouameni, Cherki, Marcus Thuram n'abandi”.

Indi mpamvu Claude Hit yatanze yo kuba abona u Bufaransa ari bwo buzatwara igikombe cy’Isi cya 2026 ni Kylian Mbappe. Ati: ”Bitewe n'uko umwaka we utabaye mwiza n’ikipe ye ya Real Madrid kuko nta gikombe na kimwe batwaye, igikombe cy’Isi ni andi mahirwe Mbappé abonye kugira ngo arengere izina rye nk'umukinnyi ukomeye, akeneye kongera umubare w'ibitego akareba ko yaca kuri Miroslav Klose nk'umaze gutsinda ibitego byinshi mu gikombe cy’Isi kuko ubu Klose afite ibitego 16, mu gihe Mbappé afite 12”.

Kwizigira Jean Claude ukorera Urwego rw’igihugu rw’itangazamakuru,RBA,yavuze ko aha amahirwe u Bwongereza bwo gutwara igikombe cy’Isi cya 2026. Yavuze ko impamvu yabyo ari ukubera ko Ifite abakinnyi beza kuri buri mwanya kandi bakina mu makipe akomeye. Yavuze ko kandi ifite umutoza w’umuhanga Thomas Tuchel kandi ufite ubunararibonye.

Kwizigira Jean Claude yavuze ko indi kipe aha amahirwe nyuma y’u Bwongereza ari u Bufaransa.

Sam Karenzi wa SK FM,yavuze ko u Bufaransa aribwo abona buzatwara igikombe cy’Isi cya 2026. Abona Espagne ariyo izaba iya kabiri,u Bwongereza bugasoreza ku mwanya wa 3 naho Brazil ikaba iya kane. Ephrem Kayiranga ukorera Radio & TV 10 azaba ari inyuma ya Brazil mu gikombe cy’Isi cya 2026 ariko u Bufaransa nibwo abona buzagitwara. Abona Espagne ariyo izaba iya kabiri,Portugal ibe iya gatatu naho Argentine ibe iya kane.


Abanyamakuru batandukanye ba siporo bahuriza ku kuba u Bufaransa buzatwara igikombe cy'Isi cya 2026


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...