Uyu
muhango wabaye ku wa Gatandatu mu gace ka Gombe mu Mujyi wa Kinshasa, ahazwi
cyane nk’agace gatuyemo abakomeye mu gihugu.
Aba
bombi bahisemo gusezerana imbere y’amategeko, bemeza ku mugaragaro umubano wabo
wari umaze imyaka myinshi uzwi n’abakunzi b’umuziki.
Koffi
Olomidé na Cindy Le Cœur bahuriye mu muziki, aho Cindy yabaye umwe mu bagore
b’ingenzi mu itsinda rya Quartier Latin ryashinzwe na Koffi.
Mu
myaka myinshi bamaze bakorana, bakunze kugaragara ku rubyiniro basusurutsa
abakunzi babo, ibintu byagiye binakurura ibihuha by’uko urukundo rwabo rurenze
akazi.
Nubwo
bombi bakunze kwirinda gushyira ubuzima bwabo bwite ku karubanda, ntibigeze
bahisha ko bafitanye umubano wihariye.
Nyuma
y’imyaka hafi 20 bari kumwe, bahisemo kuwushyira mu rwego rwemewe n’amategeko,
bafata icyemezo cyo kubana nk’umugabo n’umugore byanditse mu mategeko ya Leta.
Amakuru
aturuka i Kinshasa agaragaza ko iyi ari inshuro ya gatatu Koffi Olomidé
asezeranye imbere y’amategeko. Icyakora, benshi mu bakunzi be bavuga ko umubano
we na Cindy Le Cœur ari wo umaze igihe kirekire kandi waranzwe no gukomezanya
mu bihe bitandukanye by’umuziki n’ubuzima busanzwe.
Ku
mbuga nkoranyambaga, amafoto n’amashusho y’uyu muhango byakwirakwiye, abakunzi
babo babifuriza ibyishimo no gukomeza urugendo rw’urukundo rwabo.
Isezerano
ryabo ryatumye benshi bongera gutanga ibitekerezo ku rukundo rumara igihe
kirekire mbere yo gusezerana.
Hari
abagaragaje ko gutegereza imyaka 20 mbere yo kwambara impeta bisaba ukwihangana
n’icyizere gikomeye, mu gihe abandi babifashe nk’ikimenyetso cy’uko urukundo
nyarwo rutagendera ku myaka cyangwa ku gitutu cy’abantu.
Kuri
ubu, Koffi Olomidé na Cindy Le Cœur batangiye indi ntambwe nshya y’ubuzima
bwabo nk’abashakanye byemewe n’amategeko, nyuma y’urugendo rurerure
rwatangiriye ku rubyiniro rukagera no mu buzima busanzwe.
Ni
inkuru y’urukundo rwarambye, ubufatanye mu muziki, n’icyemezo cyo “gushyira
akadomo ku rukundo” nyuma y’imyaka 20 bari kumwe.

Koffi
Olomidé na Cindy Le Cœur bishimye nyuma yo gusezerana byemewe n’amategeko i Kinshasa,
nyuma y’imyaka igera kuri 20 bakundana

Ni
umunsi mukuru w’urukundo nyarwo rwatangiye ku rubyiniro rukagera mu buzima
busanzwe
Koffi
Olomidé, ku myaka 69, asezeranye ku nshuro ya gatatu, ariko ubu hamwe na Cindy
Le Cœur w’imyaka 43, urugendo rwabo rwatangaje abakunzi babo kubera gukomeza
hamwe mu bihe byose

Aba bombi bamaze imyaka myinshi bakorana mu muziki, ariko ubu bahisemo gushyira ku mugaragaro umubano wabo, bagaragaza ko urukundo nyarwo rudafite imyaka kandi rutsindira igihe n’ubuzima busanzwe


Cindy yahanye isezerano n'umukunzi we Koffi, ndetse bombi bambikanye impeta y'urudashira nyuma y'imyaka 20 babana


