Ni
amateka yakoze benshi ku mutima, barimo na Mike Kayihura, umwe mu bahanzi
bagezweho muri iki gihe, wavuze ko ibyo King James yakoze ari isomo rikomeye
ndetse n’ikimenyetso cy’uko umuziki nyarwanda ugenda ugera ku rwego rushya.
Igitaramo
cya King James giteganyijwe ku wa 1 Kanama 2026 muri BK Arena, aho azizihiriza
imyaka 20 amaze mu muziki nk’umuhanzi wigenga.
Ni
igitaramo cyakuruye inyota idasanzwe kugeza aho amatike yose yashize ku isoko
mu gihe cy’iminsi itatu gusa, ibintu bitari bisanzwe bibaho mu Rwanda.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Mike Kayihura yavuze ko kuba King James
yarabigezeho atari impanuka, ahubwo ari umusaruro w’urugendo rurerure rwubakiye
ku bwiza bw’ibihangano no gukomeza kugumana ireme.
Yagize
ati: “Biriya n’ibintu tuba dukeneye. Ntabwo aherutse kuduha indirimbo nyinshi
ariko ni ikerekwa ireme ry’ibyo akora, kandi King James ni uwo. Nta ndirimbo
araduha ngo ntikore ku bantu. Kuba yarabashije kugurisha amatike mu gihe
cy’iminsi itatu agashira (Sold Out) ntabwo ari igitangaza. Ni ibintu
bishimishije cyane kandi bidutera imbaraga nk’abahanzi.”
Aya
magambo agaragaza uburyo abahanzi b’iki gihe batangiye kubona ko urugendo
rw’umuziki rudashingira gusa ku gusohora indirimbo nyinshi, ahubwo rushingira
no ku cyizere umuhanzi aba yarubatse mu bafana be mu gihe kirekire.
Mike Kayihura yavuze ko aherukana na King James
“imbona kubone” mu myaka igera kuri 20 ishize.
Yavuze
ko bwa mbere yamubonye mu 2006, ubwo yari akiri umunyeshuri mu mashuri yisumbuye,
mu gihe King James yari amaze gutangira urugendo rw’umuziki.
Icyo
gihe, King James yari kwa Pastor P muri studio akora indirimbo ze za mbere
zatangiye kumwinjiza mu muziki nyarwanda.
Mike
Kayihura yavuze ko nubwo imyaka yose ishize atongeye guhura nawe imbonankubone,
gukurikirana urugendo rwe no kubona ageze ku rwego rwo kugurisha amatike yose
mbere y’igitaramo ari ibintu bitanga icyizere ku bahanzi bakiri kuzamuka.
Yagize
ati: “Ubwa mbere nabonye King James nari mu mashuri yisumbuye, icyo gihe yari
muri studio kwa Pastor P. Njyewe ntabwo nari nagatangiye umuziki, ariko we yari
yaratangiye, yari yasohoye indirimbo ya mbere. Ntabwo ndahura nawe kuva icyo
gihe, ariko kubona uyu munsi hashize imyaka irenga 20 yacuruje amatike yose
agashira (Sold Out) ni ibintu bishimishije cyane.”
Amateka
ya King James aje mu gihe umuziki nyarwanda uri gukomeza kwaguka, aho ibitaramo
byo mu nzu nini nka BK Arena bigenda byitabirwa ku rwego rwo hejuru kurusha uko
byari bisanzwe mu myaka yashize.
Ku
bahanzi benshi, kuba umuhanzi wigenga ashobora kugurisha amatike yose mu minsi
mike mbere y’igitaramo ni ubutumwa bukomeye bwerekana ko umuziki nyarwanda
ugeze ku rundi rwego, kandi ko abafana batangiye gushyigikira ibikorwa
by’abahanzi babo mu buryo bufatika.
Ku
rundi ruhande, amagambo ya Mike Kayihura agaragaza icyubahiro afitiye King
James nk’umwe mu bahanzi bubatse amateka y’umuziki nyarwanda kuva mu bihe bya
mbere by’izamuka rya muzika igezweho mu Rwanda.
Mu
gihe habura amezi make ngo icyo gitaramo kibe, abakunzi b’umuziki benshi
bakomeje kwibaza uburyo King James azagaragaza imyaka 20 amaze mu muziki, cyane
cyane nyuma y’aho yerekanye ko agifite igikundiro gikomeye mu bafana b’ingeri
zitandukanye.
Hari amakuru agera kuri InyaRwanda, avuga ko King James azakora ibitaramo bibiri kugirango azagera ku bafana bagendanye nawe urugendo rw’imyaka 20. Bivuze ko yataramira muri BK Arena tariki 1 Kanama 2026, na tariki 2 Kanama 2026.

Mike Kayihura yatangaje ko ibyakozwe na King James ari amasomo meza abahanzi bagenzi be bakwiriye kwiga

King
James ari kwitegura kwizihiza imyaka 20 ishize ari mu rugendo rw’umuziki nk’umuhanzi
wigenga
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MIKE KAYIHURA
KANDA HANO UBASHE KUMVA EP NSHYA YA MIKE KAYIHURA
VIDEO: Melvin Pro/
InyaRwanda.com
