Mu rwego rwo kwizihiza
isabukuru ye y'amavuko, umukinnyi wa filime Usanase Bahavu Jeannette yashimye
Imana ku bwo kumugirira ubuntu ikamwongera umwaka wo kubaho, yifashisha ijambo
ry'Imana.
Abinyujije ku rubuga rwa
Instagram yagize ati "Uwiteka Mana yanjye, unyishimire mporane ubusabane
nawe, unyuzuzemo ku kwiringira, ibihe byose, Amen."
Umugabo we, Fleury Legend nawe uherutse kwinjira mu mwuga wo gukina filime, yabaye uwa mbere mu kwifuriza umugore we isabukuru nziza y'amavuko mu butumwa bwuje urukundo rwazamuye amarangamutima ya benshi.
Yagize ati "Isabukuru nziza rukundo rwanjye! Uwiteka aguhe imigisha kandi akomeze akurinde; Uwiteka akumurikire mu maso he kandi akugirire neza, kandi Uwiteka aguhe amahoro. Ndagukunda cyane Mukundwa."
Mu bindi byamamare byifurije ibyiza Bahavu, harimo Junior Giti, Ingabire Pascaline, umugore wa Clapton Kibonge n'abandi benshi biganjemo abo babana umunsi ku wundi mu Isi ya Sinema.
Nyuma yo kwakira
ubuhanuzi bw’abavugabutumwa barenga batanu, Bahavu Usanase Jeannette usanzwe
ari umukinnyi wa sinema akaba umwe mu bafite izina rikomeye mu Rwanda, yemeye gutangira urugendo
rw’ivugabutumwa nyuma y’igihe kinini yari amaze ashidikanya kuri uyu muhamagaro muri Mata uyu mwaka.
Mu ntangiro ya 2024 nibwo
Bahavu yatunguranye agaragara abwiriza mu Itorero “Shiloh Prayer Mountain
Church " bitangaza benshi gusa icyo gihe nta gahunda yari afite yo gukomeza uyu
murimo.
Uyu mugore wamamaye muri
filime zirimo ‘Impanga’ amaze iminsi afunguye umuyoboro wa Youtube, aho
anyuzaho ibyigisho binyuranye. Amaze iminsi atambutsa ibiganiro byubakiye ku
rupfu rwa Kristo n’ubuzima byatanze ku bamwizera. Ati “Kuzuka kwawe bitwemeza
ko nta kigeragezo na kimwe tutatsinda, kuko watsinze urupfu na Satani " Ushimwe
uhabwe icyubahiro."
Yabanje gutambutsa
ikiganiro yise 'Yezu azure ibyawe byapfuye', akurikizaho 'Imana igukuye mu
ntambara wari umazemo igihe', 'Ibyatumye ubuzima bwawe buhinduka' yisunze
ibyanditswe muri Yesaya 45:2-4, 'Isaha yo kubohoka' ndetse na 'Ubutunzi uwiteka
atanga'.
Ubwo yaganiraga na
InyaRwanda muri Mata, yavuze ko yakuze akunda gusenga byatumye yumva ari impano
ashaka gukuza muri we, aniyemeza kwinjira mu ivugabutumwa ryagutse.

Usanase Bahavu Jannet yashimye Imana yamwongeye umwaka wo kubaho


Isengesho rya Bahavu ku isabukuru ye


Amaze amezi atatu yinjiye mu ivugabutumwa

Umugabo we, Fleury Legend yabaye uwa mbere wamwifurije isabukuru nziza

Yamwibukije ko amukunda

Usanase na Ndayirukiye bafitanye umwana umwe w'umukobwa