Bahati yavuze icyatuma Just Family isubirana nyuma y’inkuru ya Urban Boyz - VIDEO

Imyidagaduro - 25/07/2026 11:59 AM
Share:

Umwanditsi:

Bahati yavuze icyatuma Just Family isubirana nyuma y’inkuru ya Urban Boyz - VIDEO

Mu gihe abakunzi b’umuziki nyarwanda bakomeje kwishimira kongera kubona Urban Boyz yitegura guhurira ku rubyiniro nyuma y’imyaka umunani itandukanye, undi muhanzi wakoreye amateka mu matsinda y’umuziki, Bahati, yavuze ko na Just Family ishobora kongera guhura igihe cyose haboneka ubushake buherekejwe n’amikoro.

Mu minsi ishize, Humble Jizzo, Safi Madiba na Nizzo Kaboss bageze i Kigali aho bari mu myiteguro yo kuririmba mu gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival kizabera mu Karere ka Rubavu ku wa 1 Kanama 2026. Ni igitaramo kizaba kibaye ubwa mbere aba bahanzi bahuriye ku rubyiniro kuva batandukana mu 2018. 

Iyi nkuru yagaruye icyizere mu bakunzi b’andi matsinda yigeze kubica bigacika, bibaza niba hari n’andi ashobora kongera kwihuza. Muri ayo harimo Just Family, rimwe mu matsinda yasize amateka akomeye mu njyana ya R&B mu Rwanda.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Bahati wari umwe mu bagize iri tsinda, yavuze ko kongera guhurira hamwe bitari ikibazo gikomeye, ahubwo ko icyo bisaba ari ukuboneka k’umushinga ufatika ubafasha kongera gukora nk’itsinda.

Yagize ati: "Aho ifaranga rikubise haroroha muvandimwe. Nonese ntabwo uzi ukuntu Safi Madiba yavuye muri Urban Boyz bagasigara ari babiri, bikageraho bagakora umuziki bikanga, ariko kubera amafaranga ryabonetse byarakunze."

Aya magambo agaragaza ko, n’ubwo imyaka ishize kandi buri wese yarafashe inzira ye, amahirwe yo kongera kubona Just Family atarazima.

"Twe ntitwatandukanye dushwanye"

Bahati yavuze ko impamvu Just Family itongeye gukora nk’itsinda atari amakimbirane hagati y’abarigize, ahubwo ko byatewe n’ibihe n’imibereho ya buri umwe.

Yasobanuye ko nyuma y’ibibazo bitandukanye, icyorezo cya Covid-19 cyaje gisonga ibibazo byari bisanzwe bihari.

Muri icyo gihe Croidja yari ari muri Afurika y’Epfo, naho Jimmy aza kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, asigara wenyine i Kigali.

Ati: "Cyane ko nkatwe Just Family twatandukanye tudashwanye. Ni ibibazo byajemo, Covid-19 nayo izamo, isanga Croidja atari mu Rwanda. Aho Covid-19 irangiriye Jimmy ajya muri Amerika, nsigara i Kigali njyenyine, umukino urangira gutyo. Ariko tubonye amafaranga byakunda."

Ni amagambo agaragaza ko kugeza ubu umubano hagati yabo ugihari, ndetse ko icyabuze ari umushinga ubahuza.

Bahati yabajijwe niba mu gihe abategura MTN Iwacu Muzika Festival babatumira mu mwaka wa 2027, Just Family yakongera guhura. Yasubije adashidikanya ko byashoboka. Ati: "Bose barahari, nanjye ndahari. Igihe cyose hazamo amafaranga byakunda rwose."

Aya magambo ashobora kongera guha icyizere abakunzi b’iri tsinda, cyane ko benshi bakomeje kwifuza kongera kuribona ku rubyiniro, nk’uko bigiye kugendekera Urban Boyz.

Just Family ni rimwe mu matsinda yagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’umuziki nyarwanda mu myaka ya 2000.

Iri tsinda ryari rigizwe na Bahati, Jimmy na Croidja, ariko ryatangiye guhura n’ibibazo rikimara kwitabira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro ya kabiri mu 2012.

Kutumvikana, ibibazo by’amadeni n’inzira zitandukanye z’ubuzima byatumye ritandukana. Croidja yerekeje muri Afurika y’Epfo, naho Bahati ahindura icyerekezo, yakira agakiza ndetse yinjira mu ruganda rwa sinema, aho yamenyekanye cyane muri filime zirimo Kaliza.

Mu 2016, Bahati na Jimmy bongeye kugerageza kubyutsa izina rya Just Family, binjizamo umuhanzi Chris wari uturutse i Burundi. Icyakora uwo mushinga ntiwamaze igihe, Chris aza kuva muri iryo tsinda.

Nyuma y’aho, bongeye kwegera Croidja wari muri Afurika y’Epfo, bongera gukora nk’itsinda ndetse basohora indirimbo zirimo "Zero Distance" mu 2018.

Icyakora, na bwo ibikorwa byabo ntibyigeze biramba, buri wese akomeza inzira ye.

Kongera guhura kwa Urban Boyz byafashwe nk’inkuru ikomeye mu muziki nyarwanda, cyane ko iri tsinda ryari rimaze imyaka umunani ritakigaragara hamwe.

Amagambo ya Bahati na yo agaragaza ko Just Family idafunze burundu umuryango wo kongera gukora. Icyo ashimangira ni uko hakenewe umushinga ufatika n’abashoramari cyangwa abategura ibitaramo babona agaciro kari mu kongera guhuriza hamwe iri tsinda.

Niba ibyo byashoboka, abakunzi b’umuziki nyarwanda bashobora kongera kubona rimwe mu matsinda yigeze kuba inkingi ya mwamba muri Hip Hop na R&B y’u Rwanda risubira ku rubyiniro, nk’uko Urban Boyz igiye kongera kwiyereka abafana bayo.

Bahati yatangaje ko Just Family yakongera gusubira ku rubyiniro mu gihe cyose bahabwa amafaranga

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE N’UMUHANZI BAHATI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...