Bafite indirimbo zafashije benshi - Kate Bashabe ku mpamvu yitabiriye igitaramo cya Ambassadors of Christ (VIDEO)

Imyidagaduro - 31/08/2026 9:52 AM
Share:

Umwanditsi:

Bafite indirimbo zafashije benshi - Kate Bashabe ku mpamvu yitabiriye igitaramo cya Ambassadors of Christ (VIDEO)

Rwiyemezamirimo akaba n’umunyamideli, Kate Bashabe, yavuze ko yitabiriye igitaramo cyo kwizihiza imyaka 30 ya Korali Ambassadors of Christ Choir kubera ko ari korali akunda kandi azi uruhare indirimbo zayo zagize mu buzima bw’abantu benshi, harimo na we.

Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 30 Kanama 2026, BK Arena yari yuzuye abantu baje kwifatanya na Korali Ambassadors of Christ Choir kwizihiza imyaka 30 ishize iri mu rugendo rw’ivugabutumwa.

Ni igitaramo cyahurije hamwe ibihumbi by’abantu, ndetse bamwe bakaba bari baturutse mu bindi bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba no hagati, baje kwifatanya n’iyi korali izwi cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana.

Muri abo bari bitabiriye iki gitaramo harimo Kate Bashabe, wasobanuye ko kuri we atari igitaramo nk’ibindi, ahubwo ko gifite igisobanuro cyihariye bitewe n’umubano afitanye n’ibikorwa by’ivugabutumwa ndetse n’indirimbo za Ambassadors of Christ.

Iki gitaramo cyakozwe mu bice bibiri, Ambassadors of Christ Choir ifatanyije na korali yayo y’abakiri bato, Christ Choir-Junior. Abitabiriye bagarutse ku ndirimbo zitandukanye z’iyi korali, zirimo n’izibutsa urugendo rurerure yanyuzemo mu myaka 30 ishize.

Muri izo ndirimbo harimo izagarutse ku bintu bikomeye byaranze amateka y’iyi korali, by’umwihariko impanuka yabereye muri Tanzania mu 2011, igahitana bamwe mu bari bagize Ambassadors of Christ Choir.

Ambassadors of Christ Choir imaze imyaka 30 ikora ivugabutumwa binyuze mu muziki, kandi muri icyo gihe yagejeje ubutumwa bwayo ku bantu benshi hirya no hino ku Isi.

Umuyobozi Mukuru w’iyi korali yavuze ko mu myaka 30 ishize, abantu bakurikiye ubutumwa bwa Ambassadors of Christ Choir bagera kuri miliyoni 500.

Yavuze kandi ko ku mbuga nkoranyambaga zayo ikurikirwa n’abasaga miliyoni 1.6, mu gihe korali ubwayo igizwe n’abaririmbyi bagera kuri 200, barimo abari mu Rwanda ndetse n’abandi baba hanze yarwo.

Ubwitabire bw’igitaramo cya BK Arena bwagaragaje ko Ambassadors of Christ Choir idafite abafana mu Rwanda gusa.

Muri BK Arena hari abaturutse muri Uganda, bamwe bitwaje amabendera y’igihugu cyabo, ndetse n’abandi baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abateguye igitaramo bavuze ko kandi harimo abantu baturutse muri Zambia, Kenya na Sudani y’Epfo, mu gihe muri rusange abitabiriye basaga ibihumbi 10.

Kate Bashabe: ‘Ndi umuntu wakuriye mu gakiza’

Kate Bashabe yabwiye InyaRwanda, ko kuba yaritabiriye iki gitaramo bifitanye isano n’ubuzima bwe ndetse n’uko yakuriye mu muryango w’Abakristu.

Yasobanuye ko gusenga no kwizera Imana ari ibintu yakuriyemo, ndetse ko ari na byo bituma ibikorwa by’ivugabutumwa bimugirira igisobanuro cyihariye.

Ati: “Ni ibindi bitaramo mbijyamo kubera ko njyewe ndi umuntu ukijijwe. Sinzi wenda niba ari uko hari abantu benshi batabizi, ariko iwacu abantu benshi barakijijwe. Mukuru wanjye umugabo we ni Pasiteri, Mama wanjye ni umuvugabutumwa cyane. Ndi umuntu wakuriye mu gakiza. Ibintu by’Imana ndabikunda cyane.”

Kuri Kate, Ambassadors of Christ Choir ni imwe muri korali zifite umwihariko, cyane cyane kubera ubutumwa yagiye igeza ku bantu binyuze mu ndirimbo zayo.

Yavuze ko indirimbo z’iyi korali atari izo kumva no kwishimira gusa, ahubwo ko zagize uruhare mu buzima bw’abantu benshi, zikabafasha mu bihe bitandukanye banyuzemo

Ati: “Uyu munsi rero ni umwihariko, ni korali tudakunda turi benshi. Nibaza ko abantu benshi bumva indirimbo zabo, kandi indirimbo zabo hari ibintu bikomeye zagiye zikora mu buzima bw’abantu, zagiye zifasha mu rugendo rw’ubuzima bw’abantu benshi.”

Kate yakomeje avuga ko kubona Ambassadors of Christ Choir imbona nkubone ari amahirwe adakwiye gusiganywa, cyane cyane ku muntu usanzwe akunda indirimbo n’ubutumwa byayo. Ati: “Ni korali umuntu wese wagira amahirwe yo kubabona imbona nkubone nta muntu wabyitesha.”

Igitaramo cya Ambassadors of Christ Choir cyabaye umwanya wo kwizihiza imyaka 30 iyi korali imaze mu ivugabutumwa, ariko nanone kiba umwanya wo kwibuka amateka yayo, abayagizemo uruhare ndetse n’abantu yagiye igera ku mitima yabo.

Kuva mu ndirimbo zayo zakunzwe n’abatari bake, kugeza ku butumwa bwo kwizera, gukomera no gukomeza urugendo rw’ubuzima, Ambassadors of Christ Choir yakomeje kugira umwanya ukomeye mu muziki uhimbaza Imana mu Rwanda no hanze yarwo.

Igitaramo cyo muri BK Arena cyabaye umwe mu myanya ikomeye yo kwishimira urwo rugendo, aho ibihumbi by’abitabiriye bagaragaje ko imyaka 30 y’iyi korali itabaye gusa ku baririmbyi bayo, ahubwo ko yanabaye ku bantu benshi bakurikiye ubutumwa bwayo.

Muri abo, Kate Bashabe ni umwe mu bavuga ko indirimbo za Ambassadors of Christ Choir zagize umwanya wihariye mu rugendo rw’ubuzima, ari na yo mpamvu yahisemo kuba mu bitabiriye kwizihiza iyi ntambwe ikomeye y’imyaka 30.

Kate Bashabe yatangaje ko kuba yaritabiriye igitaramo cya Korali Ambassadors of Christ bifitanye isano n’ubuzima bwe ndetse n’uko yakuriye mu muryango w’Abakristu


Bashabe yasobanuye ko gusenga no kwizera Imana ari ibintu yakuriyemo, ndetse ko ari na byo bituma ibikorwa by’ivugabutumwa bimugirira igisobanuro cyihariye


Kuri Kate, Ambassadors of Christ Choir ni imwe muri korali zifite umwihariko, cyane cyane kubera ubutumwa yagiye igeza ku bantu binyuze mu ndirimbo zayo

Korali Ambassadors of Christ yakoze igitaramo gikomeye mu kwizihiza imyaka 30 imaze mu murimo

KANDAHANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA KATE BASHABE


VIDEO: Melvin -Pro/ InyaRwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...