Mu
butumwa burebure yasangije abamukurikira kuri Instagram, Bad Rama yavuze ko
yakuriye mu buzima butoroshye, ariko ntiyacika intege. Ati “Kubera kuvukira mu
buzima butoroshye, hari byinshi tutagiye dushyira mu mihigo, no mu byifuzo
kubera ko ntabyo twari tuzi. Nakuze nifuza kujya mu ndege, ariko aho isi igeze
ndabona bitari bihagije. Ahubwo gahunda y’umuhigo mushya ni ugutunga ‘Private
Jet’.”
Uyu
mugabo wagiye afasha abahanzi barimo Safi Madiba, Queen Cha, Marina, Jay Polly,
Calvin Mbanda n’abandi benshi, yavuze ko atifuza kuba umuntu ugendagenda mu
ndege z’abantu, ahubwo ngo arimo kwitegura kwiga ibintu bibiri bikomeye:
ubuvuzi n’ubugenzuzi bw’indege (aviation), kugira ngo azagende mu ndege ye.
Ati
“Nsigaje kwiga ibintu bibiri: ubuvuzi no gutwara indege, kuko mfite gahunda ya ‘Private
Jet’ kandi nta muntu uzayintwarira ubuzima bwanjye. Ubundi ngatangira ‘retirement’
(Kujya mu kiruhuko cy'izabukuru) yanjye kuko nifuza ko ngomba kuba mfite umusozi
wanjye urimo ibitaro, Boxing Gym, Music studio, amashuri ndetse n’urusengero.”
Yongeyeho
ko n’ubwo atavukiye mu bakire, afitiye igihugu urukundo n’umurava, kandi ko
atari ngombwa kunenga umuntu wiyemeje kubaka ibintu bifatika.
Yabwiye
abamushinja ko atazi Ikinyarwanda ko atari byo by’ingenzi mu buzima. Yagize ati
“Nize ntazi Ikinyarwanda? Ntaribi mu kigezi nanjye mfite ibindi nize
tuzahurira ku isoko ry’umurimo.”
Kugira
indege yawe bwite ni kimwe mu bimenyetso by’intsinzi ku rwego rwo hejuru mu
rwego rw’ubukungu. Ariko bisaba ibintu bikomeye byinshi.
Igiciro
gishingira ku bwoko bw’indege ushaka. Indege ntoya (light jet) iri hagati ya $3
miliyoni na $10 miliyoni. Indege ziciriritse (midsize jet) iri hagati ya $9
miliyoni na $20 miliyoni.
Indege
nini (large jet / ultra long range) igura hagati ya $25 miliyoni na $70 miliyoni
cyangwa hejuru yahoo. Indege nshya za Gulfstream, Bombardier cyangwa Dassault
zigezweho zishobora kurenga $75M.
Gusiga
indege ifite ibikoresho byose nk’aho ari hoteli yo mu kirere (ibyo kurya,
intebe zo kuryamaho, internet, n’ibindi) nabyo bisaba miliyoni z’amadolari.
Ugomba
kugira icyemezo cya ‘Registration’ n’icyemezo cy’uko indege yujuje
ubuziranenge, ndetse no kwiyandikisha mu kigo cy’ubwikorezi bw’ikirere
(aviation authority). Mu Rwanda, ibi bikorwa binyura muri RCAA (Rwanda Civil
Aviation Authority).
Kugira
uruhushya rwa Private Pilot License (PPL) bisaba amasomo y’ibanze (ground
school), gukora isuzuma ry’amaso, mu mutwe n’imitekerereze. Kwiga mu kigo
cyemewe cy’indege. Kwishyura miliyoni nyinshi z’amafaranga (mu Rwanda cyangwa
hanze).
Bad
Rama agaragaza icyerekezo gishya cyo kwinjira mu rwego rw’ibikorwa bifatika
kurusha ibyo kumenyekana gusa. Yasoje ubutumwa bwe agira ati “Ibintu se
tubyubake kuri icyo kirwa cyangwa tugure ikindi?”
Ibi
bikaba bihamya ko atari inzozi z’umunsi umwe, ahubwo ari umushinga afiteho
icyerekezo, wenda ushobora no kuvamo ikigo cy’ubwikorezi bw’indege kizafasha
n’abandi bahanzi, abashoramari n’abanyarwanda muri rusange.
Bad
Rama yagaragaje ko yatangiye urugendo rwo kwiga amasomo yo gutwara indege
Bad Rama yavuze ko ashaka kuzajya mu kiruhuko cy’izabukuru akora akazi ko kuvura
Bad
Rama yashinze sosiyete y’umuziki ya The Mane yimurira ibikorwa byayo muri Leta
Zunze Ubumwe za Amerika
BAD RAMA AHERUTSE GUSHYIRA HANZE FILIME NSHYA YISE 'DAYANA' YAKOREYE MURI AMERIKA