Mu
ijoro ryo ku wa 8 Gashyantare 2026, mu mukino wa Super Bowl LX wabereye kuri
Levi's Stadium, Bad Bunny yataramiye ibihumbi by’abantu mu gice cya hagati
(halftime), igitaramo cye kikaba cyakurikiwe n’abantu barenga miliyari 4.157 mu
masaha 24 ya mbere ku Isi hose.
Iyi
mibare yatangajwe na sosiyete ya Roc Nation ifatanya na NFL gutegura iki
gitaramo, igaragaza ko yarushije ku rwego mpuzamahanga igitaramo cya Kendrick
Lamar, nubwo uyu muraperi wa Amerika akiri ku mwanya wa mbere mu barebwe cyane
muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Mu
gihe muri Amerika igitaramo cye cyarebwe n’abagera kuri miliyoni 135.4, bityo
kikaza ku mwanya wa kane mu mateka yahoo, ku rwego mpuzamahanga ni ho yahise
acamo agahigo.
Abagera
kuri 55% by’abarebye iki gitaramo bari hanze ya Amerika, cyane cyane muri
Amerika y’Amajyepfo, u Burayi na Aziya.
Ibi
byerekana imbaraga Bad Bunny afite ku isoko mpuzamahanga, cyane ko ari umwe mu
bahanzi bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga no kuri Spotify, aho yabaye
uwa mbere mu bakunzwe cyane mu 2020, 2021, 2022 ndetse na 2025.
Nubwo
byagenze gutyo, igitaramo cye nticyabaye nta mpaka. Hari bamwe mu banyapolitiki
n’abanyamakuru b’abahezanguni muri Amerika banenze uburyo yakoresheje cyane
ururimi rw’Icyesipanyoli, bavuga ko atitaye ku bavuga Icyongereza gusa. Gusa
abandi benshi babibonye nk’intambwe ikomeye yo kugaragaza umuco n’indangagaciro
z’Abanya-Latino ku rwego rw’Isi.
Bad
Bunny, amazina ye nyakuri akaba Benito Antonio Martínez Ocasio, yatangiye
aririmba indirimbo ye “Titi Me Preguntó”, azengurutswe n’ababyinnyi bambaye
imyambaro igaragaza umuco wa Puerto Rico.
Hakurikiyeho
indirimbo nka “Un Verano Sin Ti” aho yanagaragaje ubutumwa bw’ubumwe
n’icyubahiro cy’umuco, ndetse asoza ashimangira umwirondoro we yambaye ibara
ry’ibendera rya Puerto Rico.
Ku
mbuga nkoranyambaga, hashtag nka #BadBunnySuperBowl zahise ziza ku isonga,
abantu basubiramo imbyino ze kuri TikTok, abandi basangiza amashusho ku mbuga
nka Instagram na YouTube. Apple Music yatangaje ko indirimbo ze zazamutseho
inshuro zirindwi mu gukinwa mu masaha akurikiyeho.
Iyi
ntsinzi ntiyagarukiye ku mibare y’abarebye gusa. Album ye DeBÍ TiRAR MáS FOToS
yakomeje kuyobora urutonde rwa Billboard Global 200, ndetse isubira no ku
mwanya wa mbere kuri Billboard 200 nyuma y’igihe gito isohotse.
Abasesenguzi
bavuga ko iki gitaramo cyafashije umuziki wa Reggaeton kugera ku bandi batawumenyereye,
bikongera igikundiro cy’abahanzi b’Abanya-Latino ku rwego mpuzamahanga.
Nubwo
hari abavuze ko igitaramo cye cyari kirimo ubutumwa bwa politiki, imibare
yerekana ko isi yose yakiriye neza ibyo yakoze. Ibi binatanga isomo ku iyamamazabikorwa
ku mbuga nkoranyambaga bihindura uko ibitaramo nk’ibi bipimwa.
Ku
ruhande rwa Bad Bunny, iyi ni indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwe rw’umuziki,
igaragaza ko ari umwe mu bahanzi bafite ijambo rikomeye ku Isi muri iki gihe.
Mu
gihe abafana batangiye kwibaza uzakurikiraho mu mwaka utaha, biragaragara ko
Bad Bunny yashyizeho urugero rukomeye cyane ku bazamusimbura.
Bad
Bunny yaciye agahigo ku rwego rw’Isi nyuma y’uko igitaramo cye cya Super Bowl
Halftime Show cyarebwe n’abantu barenga miliyari 4.157 mu masaha 24 ya mbere,
kiba ari cyo cyakurikiwe cyane kurusha ibindi byose mu mateka
