Bad Bunny yaciye agahigo ka Kendrick Lamar ku rwego rw’Isi muri Super Bowl

Imyidagaduro - 03/03/2026 3:51 PM
Share:

Umwanditsi:

Bad Bunny yaciye agahigo ka Kendrick Lamar ku rwego rw’Isi muri Super Bowl

Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Puerto Rico, Bad Bunny, yongeye kwandika amateka mu muziki mpuzamahanga nyuma yo guca agahigo ko kuba igitaramo cya Super Bowl Halftime Show cyarebwe n’abantu benshi kurusha ibindi ku rwego rw’Isi.

Mu ijoro ryo ku wa 8 Gashyantare 2026, mu mukino wa Super Bowl LX wabereye kuri Levi's Stadium, Bad Bunny yataramiye ibihumbi by’abantu mu gice cya hagati (halftime), igitaramo cye kikaba cyakurikiwe n’abantu barenga miliyari 4.157 mu masaha 24 ya mbere ku Isi hose.

Iyi mibare yatangajwe na sosiyete ya Roc Nation ifatanya na NFL gutegura iki gitaramo, igaragaza ko yarushije ku rwego mpuzamahanga igitaramo cya Kendrick Lamar, nubwo uyu muraperi wa Amerika akiri ku mwanya wa mbere mu barebwe cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu gihe muri Amerika igitaramo cye cyarebwe n’abagera kuri miliyoni 135.4, bityo kikaza ku mwanya wa kane mu mateka yahoo, ku rwego mpuzamahanga ni ho yahise acamo agahigo.

Abagera kuri 55% by’abarebye iki gitaramo bari hanze ya Amerika, cyane cyane muri Amerika y’Amajyepfo, u Burayi na Aziya.

Ibi byerekana imbaraga Bad Bunny afite ku isoko mpuzamahanga, cyane ko ari umwe mu bahanzi bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga no kuri Spotify, aho yabaye uwa mbere mu bakunzwe cyane mu 2020, 2021, 2022 ndetse na 2025.

Nubwo byagenze gutyo, igitaramo cye nticyabaye nta mpaka. Hari bamwe mu banyapolitiki n’abanyamakuru b’abahezanguni muri Amerika banenze uburyo yakoresheje cyane ururimi rw’Icyesipanyoli, bavuga ko atitaye ku bavuga Icyongereza gusa. Gusa abandi benshi babibonye nk’intambwe ikomeye yo kugaragaza umuco n’indangagaciro z’Abanya-Latino ku rwego rw’Isi.

Bad Bunny, amazina ye nyakuri akaba Benito Antonio Martínez Ocasio, yatangiye aririmba indirimbo ye “Titi Me Preguntó”, azengurutswe n’ababyinnyi bambaye imyambaro igaragaza umuco wa Puerto Rico.

Hakurikiyeho indirimbo nka “Un Verano Sin Ti” aho yanagaragaje ubutumwa bw’ubumwe n’icyubahiro cy’umuco, ndetse asoza ashimangira umwirondoro we yambaye ibara ry’ibendera rya Puerto Rico.

Ku mbuga nkoranyambaga, hashtag nka #BadBunnySuperBowl zahise ziza ku isonga, abantu basubiramo imbyino ze kuri TikTok, abandi basangiza amashusho ku mbuga nka Instagram na YouTube. Apple Music yatangaje ko indirimbo ze zazamutseho inshuro zirindwi mu gukinwa mu masaha akurikiyeho.

Iyi ntsinzi ntiyagarukiye ku mibare y’abarebye gusa. Album ye DeBÍ TiRAR MáS FOToS yakomeje kuyobora urutonde rwa Billboard Global 200, ndetse isubira no ku mwanya wa mbere kuri Billboard 200 nyuma y’igihe gito isohotse.

Abasesenguzi bavuga ko iki gitaramo cyafashije umuziki wa Reggaeton kugera ku bandi batawumenyereye, bikongera igikundiro cy’abahanzi b’Abanya-Latino ku rwego mpuzamahanga.

Nubwo hari abavuze ko igitaramo cye cyari kirimo ubutumwa bwa politiki, imibare yerekana ko isi yose yakiriye neza ibyo yakoze. Ibi binatanga isomo ku iyamamazabikorwa ku mbuga nkoranyambaga bihindura uko ibitaramo nk’ibi bipimwa.

Ku ruhande rwa Bad Bunny, iyi ni indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwe rw’umuziki, igaragaza ko ari umwe mu bahanzi bafite ijambo rikomeye ku Isi muri iki gihe.

Mu gihe abafana batangiye kwibaza uzakurikiraho mu mwaka utaha, biragaragara ko Bad Bunny yashyizeho urugero rukomeye cyane ku bazamusimbura. 

Bad Bunny yaciye agahigo ku rwego rw’Isi nyuma y’uko igitaramo cye cya Super Bowl Halftime Show cyarebwe n’abantu barenga miliyari 4.157 mu masaha 24 ya mbere, kiba ari cyo cyakurikiwe cyane kurusha ibindi byose mu mateka


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...