Ku
mukinnyi wa filime Umunyana Analissa wamamaye nka ‘Mama Sava’, urugendo rwe
muri sinema rwatangiriye mu mwijima wo gushidikanywaho, ariko rurangirira mu
mucyo w’ishimwe ry’ababyeyi be bamubonye kuri Televiziyo.
Igihe
yinjiraga muri filime, Analissa yari amaze gutandukana n’umugabo we. Mu
muryango we w’abakirisitu, aho Papa ari Pasiteri na Mama ari umudiyakoni,
igitekerezo cyo kujya muri sinema nticyahise cyumvikana.
Mu
bitekerezo by’ababyeyi be, icyo gihe cyari igihe cyo kwita ku bana no kongera
kubaka ubuzima, aho kwirukira “Camera”. Sinema bayibonaga nk’urwego rutajyanye
n’indangagaciro zabo, ndetse bamwe bakabifata nk’aho ari “gusenya urugo”.
Yabwiye
InyaRwanda, ati “Papa ni Pasiteri, Mama ni umudiyakoni. Umwana ushaka kujya
muri Cinema nibwo agisenya urugo… Nari nkimara gutandukana n’umugabo. Papa na
Mama ntabwo babyumvaga ijana ku ijana, kugera ku rwego mbaye nk’ikihebe mu rugo
ariko ndabikora.”
Aya
magambo agaragaza uburemere bw’urugamba rwe. Si urwo gushaka akazi gusa, ahubwo
no gushaka kumvikanisha inzozi ze mu muryango.
Abenshi
bamenye ‘Mama Sava’ binyuze muri filime Papa Sava yamugize icyamamare. Ariko
mbere y’aho, yari umwe mu bakinnyi bagaragaye muri Seburikoko mu 2017 ishyira
2018, igihe benshi batari bazi neza uwo ari we.
Yatangiye
gukina nta mafaranga ahembwa. Yakoraga abitewe n’urukundo rw’umwuga no kwizera
ko umunsi umwe azagera kure.
Icyo
gihe, mu rugo iwabo hari abamwumva (abavandimwe be), ariko ijambo rya nyuma
ryari iry’ababyeyi batabyumvaga neza.
Hagati
ya 2017 na 2020, Analissa yanyuzemo n’ibihe byo gucika intege, ariko ntiyigeze
areka inzozi ze.
Muri
Gicurasi 2020, mu gihe cya Covid-19, ni bwo amateka yahindutse. Yari yatumiwe
mu kiganiro ‘Versus’ kuri Televiziyo Rwanda. Mu gitondo cy’uwo munsi, yabwiye
Se ko agiye kujya kuri Televiziyo.
Se
yahamagaye inshuti n’abaziranyi ababwira ati: “Umukobwa wanjye agiye kuri
Televiziyo Rwanda.”
Iyo
ni yo saha y’ukuri yerekanye ko umutima wa Se watangiye kwemera umuhamagaro
w’umukobwa we. Si amagambo menshi yamubwiye, ahubwo ni igikorwa, kwishimira no
gutangaza ishema rye, cyamweretse ko urugamba rwe rutari ubusa.
Analissa
asobanura ko uwo munsi ari wo wa mbere yaboneyeho ko Se atamushyigikiye gusa,
ahubwo atangiye no kubikunda.
Inkuru
ya ‘Mama Sava’ si iy’icyamamare gusa, ni iy’umubyeyi, umukobwa n’umugore
wanyuze mu bihe bikomeye ariko agahitamo gukurikira impano ye.
Ni
urugero rw’uko hari igihe impano iba imbere y’amaso y’abantu, ariko
bakayisobanukirwa ari uko babonye umusaruro wayo.
Kuri
we, Televiziyo yabaye indorerwamo yeretse ababyeyi be uwo mukobwa wabo ari we
koko.
Uyu
munsi, ‘Mama Sava’ abarirwa mu bakinnyi bakomeye muri sinema nyarwanda. Ariko
inyuma y’iyo nseko agaragaza kuri ‘ecran’, hari amateka y’imyaka itatu y’urugamba
rwo kwiyumvamo icyizere no kurwanira inzozi ze mu muryango. Ni inkuru y’umwana
wumvise umuhamagaro, n’ababyeyi bemeye kuwushyigikira bamaze kuwubona.

Mama Sava’ yatangaje ko ababyeyi be batigeze bumva inzozi ze zo gukina filime, ariko byose byahindutse umunsi Papa we yamubonaga mu kiganiro kuri Televiziyo Rwanda. Kuva icyo gihe, urugendo rwe muri sinema rwatangiye gushyigikirwa n’umuryango wose

Mama
Sava yatangiye gukina nta mafaranga, anyura mu rugamba rwo kutumvwa mu muryango
we, ariko ntiyacitse intege
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MAMA SAVA N’UMUVANDIMWE WE
KANDA HANO UREBE SHENE NSHYA YA MAMA SAVA N’UMUVANDIMWE WE
VIDEO: Melvin -Pro/ InyaRwanda.com
