Babanje kumwitiranya! Ayra Starr yaririmbye abafana bataha bamwirahira mu gitaramo cye cya mbere i Kigali - VIDEO

Imyidagaduro - 03/08/2025 8:02 AM
Share:

Umwanditsi:

Babanje kumwitiranya! Ayra Starr yaririmbye abafana bataha bamwirahira mu gitaramo cye cya mbere i Kigali - VIDEO

Umunyamuziki ukomoka muri Nigeria, Ayra Starr, yakoze amateka yihariye mu gitaramo cye cya mbere yakoreye mu Rwanda, cyabaye ku mugoroba wo kuwa Gatandatu tariki 2 Kanama 2025 muri BK Arena, mu rwego rwo gusoza Iserukiramuco rya Giants of Africa ryari rimaze icyumweru ribera mu Rwanda.

Nubwo yishimiwe n’imbaga y’abafana bari baramutegereje igihe kinini, byatangiye bitunguranye ubwo abari bayoboye igitaramo, Lucky na Rocky Try, bamuhamagaraga ku rubyiniro bamwitiranya n’umuhanzikazi Tyla wo muri Afurika y’Epfo, wataramiye mu Rwanda mu 2023 mu iserukiramuco nk’iri. Nyuma y’ako kanya ko kwibeshya, baje kwikosora, Ayra Starr yinjira ku rubyiniro saa 23:00.

Yinjiye ku rubyiniro ari kumwe n’ababyinnyi be, atangira gutaramira Abanya-Kigali mu buryo bwa playback, aririmba indirimbo ye yamenyekanye cyane, “Bloody Samaritan”. Uburyo yigaragaje ku rubyiniro bwari bwitonze, ariko butuje ku buryo byagaragaraga ko atari gushaka gukoresha imbaraga nyinshi.

Nyuma yo kuririmba indirimbo ye ya mbere, yagize ati: “Kigali, mumeze mute?”, ibintu byatumye abafana bongera gusubizamo akabaraga. Yakomereje ku ndirimbo “Gimme Dat” yakoranye na Wizkid, ayisoza asaba abafana gusubiramo amagambo yayivugagamo.

Uyu muhanzikazi yakomeje urugendo rwe ku rubyiniro aririmba “Goodbye (Warm Up)” yakoranye na Asake, akurikizaho “Away”, “Last Heartbreak Song” yakoranye na Giveon, “Rhythm & Blues”, “Commas” ndetse na “Rush” aho abantu bacanye amatara bishimira igitaramo.

Yasoreje ku ndirimbo ye nshya “Hot Body” aherutse gushyira hanze, ndetse n’iyitwa “Sability”. Mbere yo kuririmba “Hot Body”, yahamagaye abasore n’inkumi bumva bishimiye imibiri yabo baza ku rubyiniro kuyiririmbana na we no kubyinana, ibintu byashimishije benshi.

Hot Body irimo imvugo z’ubutwari bw’abagore, icyizere, no kwigenga. Ijwi rye rifite uburyohe busa nk’ubukangurambaga, rirashotorana ariko ryuje ubugwaneza, ari na ko rimwerekana nk’umuhanzi uri mu buyobozi bw’icyerekezo cy’abagore b’iki gihe.

Nubwo Ayra Starr atakoze igitaramo cyaranzwe n’imbaraga nyinshi nk’uko bamwe babyifuzaga, yakoze uko ashoboye atanga ibirenze mu byari bimurimo. Uko yigaragaje byagaragaje ubunyamwuga no gushaka gushimisha abari bitabiriye, gusa bamwe bavuze ko atagejeje ku rwego bari bamwitezeho.

Nk’uko byagenze ku bandi bahanzi bari bitabiriye iki gitaramo, na Ayra Starr yashimiwe n’Umuryango Giants of Africa abinyujije mu guhabwa umwambaro w’icyubahiro, watanzwe na Masai Ujiri, umwe mu bashinze uyu muryango.

Iki gitaramo cyari cyitabiriwe n’abahanzi bakomeye barimo The Ben, Timaya, na Kizz Daniel—wabanjirije Ayra Starr ku rubyiniro. Cyabaye igitaramo cyasozaga icyumweru cyari cyahariwe ubuhanzi, siporo n’uburezi binyuze muri Giants of Africa, kikaba cyarabereye bwa kabiri mu Rwanda.

Uyu mukobwa yamenyekanye mu 2021, nyuma yo gusinyishwa na Mavin Records ya Don Jazzy. Indirimbo ye "Away" niyo yamuhesheje izina ku rwego mpuzamahanga.

Umuziki we urimo Afro-pop, R&B, soul na trap, kandi akenshi uba urimo amagambo y’ubwenge, ubuzima n’urukundo. Afite ijwi ridasanzwe riherekejwe n'uburyo yifitemo confidence mu rubyiruko rw'ubu.

Album ye ya mbere: "19 & Dangerous". Yasohotse muri Kanama 2021, ikaba iriho hits nka "Bloody Samaritan", "Fashion Killer" na "Beggie Beggie" (afiteho Fireboy DML).

"Bloody Samaritan" ni indirimbo yatumye yandika amateka: yabaye iya mbere ku rutonde rwa TurnTable Top 50 iyobowe n’umuhanzi w’umugore muri Nigeria.

Don Jazzy yamufashije kuva ku mbuga nkoranyambaga (Instagram) kugeza ashyizwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika. Avuga ko Don Jazzy amufata nk’umubyeyi n’umujyanama w’ibihe byose.

Ayra Starr ni umunyamideli wabigize umwuga mbere yo kujya mu muziki. Imyambarire ye yihariye ituma agaragara nk’umwe mu bafite umwihariko ukomeye muri Afurika. 

Ayra Starr yinjira ku rubyiniro bwa mbere i Kigali, asanganirwa n’urusaku rw’abafana bamusanganirije urugwiro


Kigali, mumeze mute?’—Ayo ni amagambo ya mbere Ayra Starr yavuze amaze kugera ku rubyiniro 


Yari aherekejwe n’ababyinnyi be, baririmbana ‘Bloody Samaritan’ mu buryo bwa playback


Ubwitonzi bw’uyu muhanzikazi ku rubyiniro bwatumye benshi bavuga ko yaje mu buryo butuje ariko burimo umwihariko 


Yafashe akanya ko kuganiriza abafana mbere yo gukomereza ku ndirimbo yakoranye na Wizkid, ‘Gimme Dat’ 


Ayra Starr yasabye abafana gusubiramo amagambo y’indirimbo ye, agaragaza ko yishimiye uko bakiriye igitaramo


Yanyuze abitabiriye mu ndirimbo zirimo ‘Away’, ‘Rhythm & Blues’ na ‘Rush’, aho abantu bose bacanye amatara 


Uyu muhanzikazi yashimishije abakunzi b’imibyinire, ubwo yahamagazaga abasore n’inkumi ku rubyiniro kuririmbana na we ‘Hot Body’


Nubwo atakoresheje imbaraga nyinshi, Ayra Starr yatanze ibyari bimurimo byose, agaragaza ubunyamwuga mu gitaramo cye cya mbere mu Rwanda


REBA UKO AYRA STARR YITWAYE MU GITARAMO CYA MBERE YAKOREYE I KIGALI



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...