Abo
bantu bagaragarajwe nyuma yo gutangiza iperereza ku bantu 81 bakekwagaho
uruhare muri ibi byaha, aho 39 muri bo bamaze kugaragazwa, mu gihe abandi 42
bagikurikiranwa kugira ngo hamenyekane uruhare rwabo.
Abafashwe
bari mu byiciro bitandatu, barimo abayobozi babiri b’uturere bungirije ndetse
n’abashinzwe uburezi mu turere twa Kirehe, Ngoma, Kayonza, Nyamasheke na
Rubavu.
Abo
bayobozi babiri ni Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe Wungirije ushinzwe Imibereho
Myiza y’Abaturage, Mukanyandwi Janvière n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke
Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Muhayeyezu Joseph Désiré.
Mu
bantu 21 bafashwe mu Karere ka Kirehe, herekanywe 11, muri barindwi bafashwe mu
Karere ka Ngoma herekanwa batanu, batatu bafashwe muri Kayonza berekanwa bose
mu gihe muri Nyamasheke hafashwe 15 herekanwe 10 naho Rubavu hafashwe abantu 35
herekanwe 10.
Mu
gukopeza abanyeshuri, hari abifashishaga AI kugira ngo babone ibisubizo bya
nyabyo kandi vuba hanyuma babone uko bakopeza abanyeshuri amasaha atari
yabafata.
Nko
mu Karere ka Nyamasheke ho, havumbuwe ikigo cy’amashuri aho umwarimu wabaga
ashinzwe kureberera uko abanyeshuri bakora ibizamini, yamaraga kubihabwa, mbere
yo kubikwirakwiza mu banyeshuri agahita afotora ibibazo akoresheje telefoni,
akabyoherereza ushinzwe isomero akifashisha imashini yo mu isomero akifashisha
Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano (AI) akaribaza ibisubizo.
Umuvugizi
wa RIB, Dr Murangira B Thierry avuga ko ibyo bikorwa biteye isoni n’agahinda
kuba bikorwa n’abari kurerera Igihugu ndetse avuga ko ubwo hakorwaga iperereza
bifashishije abana bakopejwe gusa bo akaba ari nta cyaha bakoze kuko batigeze
babigambirira.
Ati: "Noneho mu buhamya bw’abana bamwe bagiye babazwa, baratubwiraga bati
‘Rwose muraturenganya! Na ‘stress’ umuntu aba afite, baza bakakubwira igisubizo
wowe ukanga kugishyiraho?’"
Avuga
ko abo barimu n’abayobozi bari barahaye izindi nyito gukopeza abanyeshuri
kugira ngo hatazagira ubavumbura.
Ati
"Uburyo rero bakoze ibi byaha, bitangira babyita ngo ‘ni ugufasha abana.’
Bakihisha mu mutaka w’icyo bita ngo ‘ni ugufasha abana’, ariko muri make ni
ugukopeza abana […] Abandi bakabyita ngo ‘ni ugutekinika’, abandi bakabyita ngo
‘ni ugukora umuti.’"
Minisiteri y’Uburezi iherutse gutangaza ko abana 7.188 bakoze ibizamini bisoza amashuri abanza bagaragayeho gukopera, ndetse ko bagomba gusubiramo ibizamini bya Leta.
RIB yerekanye abantu 39 bacyekwaho gukopeza abana basoje amashuri abanza
Umuvugizi wa RIB avuga ko biteye isoni n'agahinda kubona abarerera Igihugu aribo bafashije abana gukopera
REBA AMASHUSHO UBWO RIB YEREKANAGA ABANTU 39 YACYEKWAHO GUKOPEZA ABANYESHURI
