B-Threy yavuze imvano yo gutura ‘Mixtape’ ye umwami Mutara III Rudahigwa

Imyidagaduro - 19/08/2026 6:40 AM
Share:

Umwanditsi:

B-Threy yavuze imvano yo gutura ‘Mixtape’ ye umwami Mutara III Rudahigwa

Umuraperi B-Threy yasobanuye imvano yo kwita Mixtape ye nshya ‘Muheto 3 Mutara’, avuga ko yahisemo izina rifite ishusho y’Umwami Mutara III Rudahigwa kugira ngo agaragaze uruhare yifuza kugira mu muziki nyarwanda, anasigasire umuco n’umwimerere by’Abanyarwanda.


B-Threy, umwe mu baraperi bagize uruhare mu guteza imbere injyana ya Kinyatrap, yashyize hanze igikorwa cye gishya yise ‘Muheto 3 Mutara’, ari na yo Mixtape ya gatatu mu ruhererekane rwa ‘Muheto’.

Iyi Mixtape ikurikira ‘Muheto 1’ na ‘Muheto 2 Mushya’, zari zigizwe n’indirimbo ze bwite ndetse n’izindi yakoranyeho n’abahanzi batandukanye.

Kuri iyi nshya, B-Threy yahisemo izina ‘Muheto 3 Mutara’, avuga ko ritavutse ku gitekerezo cy’izina gusa, ahubwo ko ryashingiye ku buryo abona ubuzima bwe, umuziki we, umuryango we ndetse n’uko abafana bamufata.

Mu kiganiro na InyaRwanda, B-Threy yavuze ko igihe yatekerezaga kuri iyi Mixtape, yagenzuye aho ahagaze mu muziki, abantu bamukikije n’ibyo yifuza kugeza ku bakunzi b’umuziki.

Ati: “Byaturutse ku kuntu mpagaze mu muziki. Narabitekereje, ndeba ku kuntu meze, ku nshuti yanjye, uko nkora ibikorwa byanjye, umuryango wanjye kuva ku mwana wanjye kugera ku mugore wanjye.”

Yakomeje avuga ko atarebye ku buzima bwe gusa, ahubwo ko yanatekereje ku byo abafana be bamwifuzaho ndetse n’insanganyamatsiko bumva yarakwiriye kuvugaho.

Ati: “Ikindi narebye ku cyo abafana bifuza kuri njye. Hari n’ingingo bo bifuzaga ko mvugaho, ndavuga nti ubwo umwami ni we ugomba kuvuga, ni yo mpamvu nabyise gutyo nyine.”
Kuri we, ‘Muheto 3 Mutara’ yabaye uburyo bwo gushyira hamwe uko yiyumva, uko abafana bamubona n’umwanya yumva afite mu muziki. Ati: “Ni agaciro nahaye Mixtape ya gatatu, bitewe n’uko niyumvaga, uko abafana bamfata n’uko nanjye niyumvaga.”

‘Mutara’ si izina gusa, ni ubutumwa

Muri iyi Mixtape, B-Threy yahisemo kongera ku mazina ye y’ubuhanzi ijambo ‘Mutara’, arihuza n’Umwami Mutara III Rudahigwa.

Yavuze ko ibyo yabikoze agamije kwigereranya n’umwami mu rwego rw’ibigwi n’umurage yasize, cyane cyane uruhare yagize mu mpinduka z’u Rwanda.

B-Threy avuga ko nk’uko Mutara III Rudahigwa afatwa nk’umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu mpinduka u Rwanda rwanyuzemo, na we yumva urugendo rwe muri muzika, cyane cyane mu guteza imbere Kinyatrap, rufite icyo rushobora gusiga mu muziki nyarwanda.

Ati: “Mu magambo macye hano nashatse kugaragaza uburyo umuziki w’u Rwanda ari njye wawusirimuye binyuze mu rugendo rwa Kinyatrap, ariko ni ko nabyumvaga kuri iyi Mixtape.”

Akomeza ati: “Ibigwi nasanishe na Mutara III Rudahigwa bijyanye n’ibyo yakoreye u Rwanda. Ni we wasirimuye u Rwanda, kandi mu mateka ni ko tubyumva n’ibindi byose.”

Ibi B-Threy abihuza n’umuziki we, aho yumva ko ibyo yakoze mu guteza imbere Kinyatrap na byo bishobora kugira uruhare mu kuzamura no guha umwihariko umuziki nyarwanda.

Kuki yahisemo Mutara III Rudahigwa?

Umwami Mutara III Rudahigwa ni umwe mu bami b’u Rwanda bagize uruhare rukomeye mu mateka y’igihugu. Yabaye umwami kuva mu 1931 kugeza mu 1959, umwaka yapfiriyemo i Bujumbura mu buryo bwakomeje gutera amatsiko.

Ku wa 25 Nyakanga 1959, ni bwo inkuru y’incamugongo yageze i Nyanza ivuga ko Mutara III Rudahigwa yitabye Imana.

Nyuma y’urupfu rwe, yashyizwe mu cyiciro cy’Imena mu ntwari z’u Rwanda, zikaba zibukwa buri mwaka ku wa 1 Gashyantare, Umunsi w’Intwari.

Mu mateka y’u Rwanda, Rudahigwa azwi ku mpinduka zitandukanye yazanye mu mibereho y’Abanyarwanda, harimo guharanira ko ubusumbane bugabanuka, kurwanya akarengane no gushyigikira ubwigenge bw’u Rwanda.

Urukundo yagiriraga Abanyarwanda rwagaragajwe cyane mu gihe cy’inzara ya Ruzagayura, aho yemeye gutanga inka ze kugira ngo zifashe abaturage bari mu kaga.

Yanagize uruhare mu guhindura imikorere imwe n’imwe yari isanzweho, harimo gukuraho inka z’inkuku zakamirwaga umwami no kurwanya ubuhake n’ubucakara, mu rwego rwo guteza imbere imibereho irimo uburinganire n’ubutabera.

Mu 1942, Rudahigwa yabaye umwami wa mbere w’u Rwanda washakanye n’umwamikazi imbere y’Imana. Nyuma yaje kubatizwa mu Idini Gatolika ahabwa amazina ya Charles Léon Pierre.

Ku wa 16 Ukwakira 1946, yatuye u Rwanda na bwo ubwami bwe Kristu Umwami, mu isengesho ryabereye i Nyanza. Ibi byasobanuwe n’abahanga mu muco n’amateka nk’igikorwa yari agamije gushyira u Rwanda mu maboko y’Imana, aho kurushyira mu maboko y’Abazungu.

Rudahigwa kandi ni umwe mu banyarwanda b’ingenzi bagaragaje ubushake bwo kurwanya ubutegetsi bw’abakoloni. Yandikiye Umuryango w’Abibumbye asaba ko Abanyarwanda bahabwa uburenganzira bwo kwiyobora.

B-Threy ashaka ko ‘Mutara’ ifasha umuco gukomeza kubaho

Uretse kuba B-Threy yarakoresheje izina rya Mutara mu rwego rwo kugaragaza ibigwi ahuza n’urugendo rwe mu muziki, avuga ko hari n’ubundi butumwa bukomeye yari agamije kugeza ku bakiri bato.

Avuga ko yashakaga ko iyi Mixtape iba imwe mu nzira zo gutuma umuco nyarwanda ukomeza kwibukwa no gusigasirwa, cyane cyane n’urubyiruko rukunda umuziki we.

Ati: “Ikindi namwitiriye iyi Mixtape kugira ngo umuco udapfa. Nagombaga kumvikanisha umuco kuri iyi Mixtape kugira ngo abana badukunda bamenye icyo byadufashije mu bijyanye no kudata ubunyarwanda no kudata umwimerere wacu.”

Kuri B-Threy, kuvuga ku mateka y’abayobozi n’abanyarwanda bagize uruhare mu gihugu ni uburyo bwo gutuma abakiri bato bamenya aho baturuka, bakamenya agaciro k’umurage basigiwe, ndetse bakagira uruhare mu kuwukomeza.

Akomeza ati: “Ikindi, buriya gucyeza umwami ni byiza, kuko ni umwe mu bagiriye akamaro igihugu cyacu, nk’uko nanjye niteguye kugirira akamaro u Rwanda.”

Kuri iyi Mixtape nshya, B-Threy yahuje imbaraga n’abahanzi barimo RED Ink na Kid from Kigali.

Yavuze ko abo bahanzi atabahisemo ku bw’izina ryabo gusa, ahubwo ko yabashatsemo ibyo yari akeneye kugira ngo igitekerezo yari afite kuri ‘Muheto 3 Mutara’ gishyirwe mu bikorwa uko yabitekerezaga.

Iyi Mixtape rero ntabwo ari icyegeranyo cy’indirimbo gusa, ahubwo B-Threy ayifata nk’igikorwa cyubakiye ku buzima bwe, umuziki, abafana, Kinyatrap n’umuco nyarwanda.

Mu buryo bwagutse, ‘Muheto 3 Mutara’ ni igikorwa B-Threy yashatse gukoresha mu kwerekana aho ahagaze nk’umuhanzi, ariko nanone akibutsa abakunzi be ko umuziki ushobora kuba igikoresho cyo kubika amateka, guhererekanya umuco no gutuma ibisekuru bizaza bizamenya umwimerere wabyo.

Ni muri urwo rwego izina ‘Mutara’ kuri iyi Mixtape ritagarukira ku guha agaciro umwami gusa, ahubwo rihinduka ikimenyetso cy’umurage, ishema, impinduka n’inshingano umuhanzi yiyumvamo zo kugira icyo asigira abo azasiga mu muziki nyarwanda.

 

B-Threy yashyize ku isoko ‘Mixtape’ ya Gatatu yise ‘Muheto III Mutara


B-Threy yavuze ko ‘Mixtape’ ye yayituye umwami Mutara III Rudahigwa mu rwego rwo gushimangira ibikorwa byiza yakoreye u Rwanda

Mutara III Rudahigwa yabaye umwami w'u Rwanda, aho yatanze ku wa 25 Nyakanga 1959 aguye i Bujumbura mu mayobera


KANDA HANO UBASHE KUMVA ‘MIXTAPE’ YA GATATU Y’UMURAPERI B-THREY


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...