B-Face yatwitse ifoto ya Big Fizzo biteza impagarara

Imyidagaduro - 16/09/2026 9:54 AM
Share:

Umwanditsi:

B-Face yatwitse ifoto ya Big Fizzo biteza impagarara

Umuraperi w’Umurundi B-Face On The Flo yatwitse ifoto y’umuhanzi mugenzi we Big Fizzo, igikorwa cyahise kivugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, mu gihe ateganya gushyira hanze indirimbo nshya yise ‘Sokwe’.


B-Face ni umwe mu baraperi bamaze igihe bagira uruhare mu muziki w’u Burundi, mu gihe Big Fizzo na we ari izina rikomeye kandi rimaze imyaka myinshi muri uru ruganda.

Mu mashusho B-Face yashyize ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaye atwika ifoto ya Big Fizzo, anasiga ubutumwa bwumvikanisha ko hari igikorwa cy’umuziki ateganya gukora gishingiye ku byo uyu muhanzi aherutse gushyira hanze.

Mu butumwa buherekeje ayo mashusho, B-Face yagize ati: “Se rupfu yaje se muti ntashobora gukora. Urazi icabujije igikere kumera umurizo? S.O.K.W.E iri hafi.”

Aya magambo yakomeje guteza urujijo ku bakunzi b’umuziki, bamwe bibaza niba B-Face yaba agiye gusubiza Big Fizzo mu ndirimbo cyangwa niba icyo gikorwa ari uburyo bwo kwamamaza indirimbo ye nshya.

Ibi bibaye mu gihe Big Fizzo aherutse gusohora album ye yise ‘SOA’, iriho indirimbo ‘Niruze’ yageze ku bakunzi b’umuziki cyane.

Amakuru yatangajwe n’urubuga Morning257 agaragaza ko B-Face ateganya gusohora indirimbo ‘Sokwe’, ikaba ishobora kuba igisubizo ku ndirimbo cyangwa ubutumwa Big Fizzo aherutse gutanga.

Ni muri urwo rwego B-Face yashyize hanze amashusho atwika ifoto ya Big Fizzo, avuga ko agiye kumusubiza, ndetse abaza ati: “Urazi icyabujije igikere kumera umurizo?”

Ibi byatumye bamwe mu bakunzi b’umuziki w’u Burundi batangira kwibaza niba hagati y’aba baraperi bombi haba hagiye gutangira ihangana rishingiye ku muziki, cyangwa niba ari uburyo bwo kubaka amatsiko no kumenyekanisha indirimbo ‘Sokwe’ itarajya hanze.

Kugeza ubu, B-Face ntiyasobanuye mu buryo burambuye icyo amagambo n’igikorwa cyo gutwika amafoto ya Big Fizzo bisobanuye, ariko ubutumwa bwe bwerekana ko ‘Sokwe’ ari indirimbo yiteguye gushyira hanze kandi ishobora kuba irimo ubutumwa bugenewe uyu muhanzi.

Abakurikiranira hafi umuziki w’u Burundi bakomeje gutegereza icyo B-Face azashyira hanze, kugira ngo hamenyekane niba ‘Sokwe’ izaba ari indirimbo isubiza Big Fizzo cyangwa niba amashusho yashyizwe hanze ari uburyo bwo gukomeza kumenyekanisha umushinga we mushya.

B-Face yagaragaye atwika ifoto ya Big Fizzo, umuhanzi umaze imyaka irenga 20 ari mu muziki

 

B-Face yateguje indirimbo nshya mu gihe ashushanya ihangana hagati ye na Big Fizzo




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...