Ibi ni byo byabaye ku muraperi w’Umurundi
ukundwa na benshi, B-Face, ubwo yumvaga ko isura y’Abanyarwanda isebejwe ku
mugaragaro n’umuntu wavuze ko ari bo nyirabayazana b’ibyuma byatengushye Kirikou
Akili.
Tariki ya 19 Ukwakira 2025, ni umunsi
utazibagirana ku muziki wo mu karere. Ni bwo umuhanzi w’umunyabigwi Kirikou
Akili yavaga ku rubyiniro rwa “Let’s Celebrate” i Mundi Center atashye ababaye,
nyuma y’uko ibyuma byanze gusohora amajwi neza.
Mu butumwa yashyize kuri Instagram,
Kirikou yavuze ko “byamukomeranye ariko bidashobora kurogoya urukundo afitiye Kigali,”
yongera kwizeza ko azagaruka imbere y’abafana be mu Rwanda.
Ariko ubwo abafana bari bagikusanya
ibitekerezo by’igihe, ku mbuga nkoranyambaga hatangiye gucicikana amagambo
ashinja Abanyarwanda kuba ari bo batumye ibyuma bitavugaho, amagambo
yahungabanyije benshi.
Mu kiganiro yagiranye na Landry Promoter
kuri YouTube, B-Face yabajijwe igihe aheruka kurwana. Icyakurikiye cyabaye
ikiganiro cy’amarira mu maso, umujinya n'ukuri kwa gitwari.
Ati: “Hari umuntu waje yidoga avuga ko Abanyarwanda
bose ari bo bazimije ibyuma. Namubwiye ko kuvuga ibintu muri rusange ari
amakosa. Abanyarwanda baradukenera natwe tukabakenera.”
Iri ni ijwi ry’umuhanzi umaze igihe
arwanira ko Hip Hop izamuka mu karere, umaze gukorana n’ibyamamare birimo
Riderman, Stamina n’abandi. Uyu munsi, ntabwo yarwaniraga injyana, yarwaniraga
icyubahiro.
Uyu musore ngo yakomeje kumuvuga nabi,
amusuzugura, amwita “imbwa”. Ibyakurikiyeho byabaye inkuru yagiye gutangaza ku
mbuga nkoranyambaga.
B-Face yavuze ko icyamurakaje cyane atari
umugereka w’akababaro ka Kirikou, ahubwo ari uguharabika igihugu cyose ku
mpamvu bwite z’umuntu.
Mu magambo ye, B-Face yashimangiye ko
isoko ryo mu muziki rihuza u Rwanda n’u Burundi kurusha uko abantu babitekereza.
Ni amagambo agaragaza icyerekezo cy’umuhanzi ufite indoto zo kuzamura Hip Hop mu karere, wumva ko gusenya ari ukubura aho uhera.

B-Face yatangaje ko yakubise ingumi ebyiri n’umugeri umusore bahaririye amwemeza uburyo Abanyarwanda aribo batumye umuhanzi Kirikou atabasha gutaramira i Kigali nyuma y’uko ibyuma yaririmbiragaho byanze

Kirikou Akili yatangaje ko yagowe n’ibyuma
mu gitaramo yagombaga kuririmbiraho kuri Mundi Center mu gitaramo “Let’s
Celebrate”
