Aziz Bassane wagize ikibazo cy'imvune nyuma yo kugongana na Niyonkuru Hashim wa Marine FC mu minota ya nyuma y'umukino w'umunsi wa 6 wa Rwanda Premier League, Gikundiro yatsinzemo igitego kimwe ku busa cy'uyu rutahizamu w'umunya Cameroun.
Bassane yatewe ivi mu gatuza bituma agira ikibazo cyo guhumeka no kubura umwuka 'Chest Contusion'. Yahise ahabwa ubutabazi ahabwa undi mwuka 'Oxgyen' ndetse ajyanwa n'imbangukiragutabara ku bitaro bya Gisenyi kugira ngo yitabweho neza. Ibitaro bya Gisenyi byaramufashije ndetse nyuma y'iminota 50 yahise asezererwa mu Bitaro yerekeza i Kigali.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 4 Ugushyingo 2025, InyaRwanda yaganiriye n'uyu rutahizamu avuga ko ameze neza ndetse ko kuri ubu ari butangirane imyitozo n'ikipe. Yagize ati: "Nahawe ubuvuzi bwihuse nyuma y'ikibazo cyo guhumeka nari ngize mu gatuza, ubu meze neza kandi ndagaruka mu myitozo uyu munsi nkorane n'abandi."

Aziz Bassane nyuma yo gukira ikibazo cy'imvune mu mukino batsinzemo Marine FC
Aziz Bassane umaze gutsinda ibitego bibiri n'umupira wabyaye ikindi mu mikino itatu iheruka ya Shampiyona, yemeje ko kuri Derby ya Rayon Sports na APR FC yifuza guhesha Gikundiro intsinzi. Yagize ati: "Yego, nzaba mpari kuri Derby yo kuri uyu wa Gatandatu kandi niteguye guhesha intsinzi ikipe yanjye."
Aziz Bassane w'imyaka 23 yageze muri Gikundiro tariki ya 12.08.2024 aho mu mwaka w'imikino ushize yatsinze ibitego 3 gusa, muri uyu mwaka w'imikino 2025/26 abakunzi ba Rayon Sports bizeye ko azabahoza amarira y'ibitaragenze neza mu ntangirizo ze muri iyi kipe.
