Mu
kiganiro yagiranye na radiyo Hot 97, Ayra Starr yavuze abahanzi abona
nk’abagize “Afrobeats Big 3” ye bwite, ashimangira ko ari Tiwa Savage, Wizkid
na Rema.
Uyu
muhanzikazi yavuze ko abo ari bo abona bagize uruhare rukomeye mu muziki wa
Afrobeats.
Yagize
ati: “Afrobeats Big 3 yanjye ni Tiwa Savage, Wizkid na Rema. Abo ni bo Big 3
yanjye nyakuri.”
Ibi
byatunguranye benshi kuko mu busanzwe iyo havuzwe “Afrobeats Big 3”, akenshi
havugwa Wizkid, Davido na Burna Boy.
Gusa
Ayra Starr yahisemo gushyiramo Tiwa Savage na Rema, asimbuza Davido na Burna
Boy bakunze kuvugwa muri iri tsinda.
Muri
iki kiganiro kandi, Ayra Starr yasobanuye impamvu yafashe icyemezo cyo kumara
igihe atuye muri New York muri United States.
Yavuze
ko inshuti ze ndetse n’umuco w’aho hantu ari byo byamushishikarije kuhatura
by’igihe gito.
Ati
“Impeshyi ebyiri ziheruka nazimaze i New York, ndetse impeshyi ishize namaze
amezi atatu ntuye mu gace ka Hell’s Kitchen hamwe n’inshuti zanjye. Twarebaga
filime n’ibiganiro byo muri Amerika, byari bishimishije cyane.”
Yakomeje
avuga ko kuva akiri muto yari afite inzozi zo kuzagera muri Amerika.
Ati:
“Nakundaga kwibaza umujyi najyamo muri Amerika. Los Angeles iri kure cyane
kandi itandukaniro ry’amasaha na Nigeria ni amasaha icyenda. Ni yo mpamvu
nahisemo New York.”
Ayra Starr ni umwe mu bahanzi bakiri bato bakomeje kuzamura izina rya Afrobeats ku rwego mpuzamahanga, binyuze mu ndirimbo zakunzwe zirimo Rush, Bloody Samaritan n’izindi.
Ayra
Starr ni umwe mu bahanzikazi bakiri bato bageze kure mu muziki wa Afrobeats.
Yamenyekanye cyane kuva mu 2021 nyuma yo gusinyishwa n’inzu ifasha abahanzi ya
Mavin Records iyobowe na Don Jazzy, wamubonye abinyujije ku mbuga nkoranyambaga
aririmba indirimbo zitandukanye. Yahise
asohora EP ye ya mbere yamwitiriwe, igizwe n’indirimbo zirimo Away yamufashije
kumenyekana cyane. Nyuma yaho yasohoye album ye ya mbere ‘19 & Dangerous’ yakunzwe
cyane, iriho indirimbo zirimo Bloody Samaritan na Rush, zamufashije kugera ku
rwego mpuzamahanga. Kuva
icyo gihe, Ayra Starr yakomeje kwigaragaza mu bahanzi b’igitsina gore bafite
ijambo rikomeye muri Afrobeats, akorana n’abahanzi batandukanye ndetse
anitabira ibitaramo bikomeye ku Isi, bituma aba umwe mu bahagarariye neza
umuziki wa Afurika ku rwego mpuzamahanga.

Ayra
Starr yatunguye benshi ubwo yasigaga Davido na Burna Boy mu baherukaga kuvugwa
muri “Afrobeats Big 3”
