Guhera
mu 2021, Ayra Starr yagiye yegerezwa n’abanyamafaranga bo mu Rwanda bashakaga
kumutumira mu bitaramo birimo n’iby’ubucuruzi n’imikino.
Yigeze
gutangaza ko bari mu biganiro byo gukorana indirimbo na Ayra Starr nyuma y’uko
yari kuzataramira mu mikino ya Basketball Africa League (BAL). Ariko ibyo byose
byarangiye nta na kimwe kibayeho kuko uyu muhanzikazi atigeze agera i Kigali.
InyaRwanda
yaje kumenya ko Ayra Starr atigeze agirana amasezerano n’abategura BAL, bituma
no kuba yakorana n’umwe mu bahanzi bo muri 1:55 AM biguma mu magambo gusa.
Ibibazo
byatangiye ku mafaranga yasabaga, uburyo bwo kumwitaho no gutegura itsinda
ry’abantu bamuherekeza, ibintu byose bitari mu bushobozi bw’abamushakaga icyo
gihe.
Mu
biganiro yigeze kugirana n’abategura ibitaramo i Kigali, Ayra Starr yasabaga
nibura $150,000 (arenga Miliyoni 200 Frw) kugira ngo yemere gutaramira mu
Rwanda.
Uretse
amafaranga, yasabaga n’ibindi byangombwa birimo hoteli y’inyenyeri eshanu,
indege ya Business Class, serivisi z’ubwirinzi n’ubugenzuzi ndetse n’uburyo bwo
kwakira itsinda ry’abantu bari hagati ya 10 na 20 baza kumuherekeza.
Mu
buryo bwo kugereranya, ibi yasabaga ntibyari biremereye cyane kurusha ibyo
abahanzi b’icyamamare nka Burna Boy basaba – aho we asaba abantu barenga 20,
amafunguro yihariye, aho kunywera urumogi n’ibindi byinshi bitari byoroshye
gutegura mu Rwanda. We, asaba arenga Miliyari 2 Frw.
Ibi
byose byarananiranye kugeza ubwo Giants of Africa, umuryango washinzwe na Masai
Ujiri, usanzwe utegura ibitaramo n’imikino by’abanyempano bo muri Afurika,
wemeje ko Ayra Starr agiye kuza i Kigali. Iyi ni inshuro ye ya mbere agiye
kuririmbira mu Rwanda.
Mu
itangazo ryabo, batangaje ko azataramira ku wa Gatandatu tariki 2 Kanama 2025,
mu gusoza icyumweru cy’irushanwa rizaba ryabereye i Kigali. Ni igitaramo
cyitezweho kwitabirwa n’abahanzi bo ku rwego rwo hejuru barimo The Ben, Kizz
Daniel, Timaya n’abandi batandukanye.
Byitezwe
ko uyu muhanzikazi azatanga ibyishimo nk’ibyo aherutse gutanga muri Leta Zunze
Ubumwe za Amerika, aho yaririmbiye mu gitaramo gikomeye cy’itsinda Coldplay.
Uko Ayra Starr
yamenyekanye
Ayra
Starr witwa amazina nyakuri Oyinkansola Sarah Aderibigbe, yavukiye i Cotonou
muri Bénin ku wa 14 Kamena 2002, akurira i Lagos muri Nigeria.
Yavukiye
mu muryango w’Abanya-Nigeria bakomoka mu Ntara ya Kwara. Afite abavandimwe
bane, harimo abahungu babiri (Ade na Dami) n’abakobwa babiri (Tolulope na
Jesutunmise).
Yize
muri Les Cours Sonou University aho yarangije icyiciro cya mbere cya Kaminuza
mu bijyanye n’imibanire mpuzamahanga n’ubumenyi muri politiki.
Mu
mashuri yisumbuye yagiraga ikibazo cyo kwibasirwa n’abandi banyeshuri kubera
imyaka ye n’uko yagaragaraga, bituma yegera umuziki cyane cyane atewe imbaraga
n’indirimbo za Nicki Minaj.
Yatangiye
kwigaragaza mu 2019 asubiramo indirimbo zitandukanye, aza no kwiyandikira
indirimbo ye yise “Damage” yayishyize kuri Instagram. Ni yo Don Jazzy
yamubonanye amusinyisha muri sosiyete ya Mavin Records.
Mu
2021 yasohoye EP ye ya mbere yitiriye izina rye “Ayra Starr”, iza gukundwa
cyane ndetse izamuka cyane kuri iTunes na Apple Music. Iyo EP yarimo indirimbo
nka “Away”, yaje no kugera kuri Billboard y’Amerika.
Nyuma
y’amezi make, yasohoye album ye ya mbere “19 & Dangerous”, irimo indirimbo
nka “Bloody Samaritan”, ari nayo yamugize umuhanzi w’umugore wa mbere ugeze ku
mwanya wa mbere ku rutonde rwa Nigeria TurnTable Top 50 n’iyo ndirimbo yonyine.
Yakomeje
gukorana n’abahanzi nka Cheque, CKay, n’abandi, ndetse aba ambasaderi wa Pepsi
Nigeria, ataramira kuri Big Brother Naija, Nigerian Idol n’ibindi biganiro
bikomeye.
Ayra
Starr yabuze se mu 2018, ibintu byamugizeho ingaruka zikomeye kuko bari
begeranye cyane. Yagiye yandika indirimbo zitandukanye zimwibutsa se. Ubu
abarizwa i Lagos aho atuye na mama we n’umuvandimwe we Dami, bafatanya kwandika
indirimbo.
Kuba
Giants of Africa yarabashije kumutumira ni ishimwe rikomeye ku ruhando
rw’imyidagaduro nyarwanda. Igitaramo ateganya kizaba ku rwego mpuzamahanga,
gihuza injyana zinyuranye, kizahuza ibyamamare bikomeye ku mugabane wa Afurika.
Ayra Starr nta mukunzi cyangwa umugabo afite kugeza ubu, kandi indirimbo ye “Away” ivuga ku bubabare yanyuzemo nyuma yo kuva mu rukundo, aho avuga ku bwisanzure yisubijemo.
Nyuma
yo gutumirwa inshuro nyinshi bikarangira byanze, Ayra Starr agiye kuza bwa
mbere i Kigali
Aha
ni Ayra Starr, inkumi yatangiye kwifuzwa i Kigali kuva mu 2022 – none aratangiye
urugendo rwe mu Rwanda, tariki 1-2 Kanama 2025
Ifoto
y’umuhanzi wageze kure mu bijyanye n’igiciro n’amabwiriza, ariko ubu ari ku rutonde
rw’abazatarama i Kigali
Indirimbo
ye ‘Rush’ yatumye isi imwumva, none i Kigali bagiye kumubona imbona nkubone
Imyaka
ye mike ntiyigeze imubuza kwandika izina rye mu muziki mpuzamahanga
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'SABILITY' YA AYRA STARR
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'RUSH' YA AYRA STARR
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'COMMAS' YA AYRA STARR