Aya magare ni umukoro ukomeye ku bahanzi- Noopja nyuma y'isozwa rya Shampiyona y'Isi y'Amagare

Imyidagaduro - 29/09/2025 9:52 AM
Share:

Umwanditsi:

Aya magare ni umukoro ukomeye ku bahanzi- Noopja nyuma y'isozwa rya Shampiyona y'Isi y'Amagare

Mu gihe Shampiyona y’Isi y’Amagare yasojwe mu Rwanda, umuhanzi wanashinze Country Records, Nduwimana Jean Paul [Noopja], yakanguriye abahanzi nyarwanda kugira intego nini, gushyira hamwe no kurangwa n’indangagaciro nziza, kugira ngo umuziki wabo igihe kimwe uzabashe guhuriza Isi i Kigali.

Uyu mugabo yibanze ku buryo abahanzi bakunze kwiyumva bamaze kwamamara, bakibagirwa ko kuba umuhanzi gusa bidahagije kugira ngo babashe gukura no kugera ku rwego mpuzamahanga.

Umujyi wa Kigali wakiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 kuva ku wa 21 -28 Nzeri 2025. Irushanwa ryitabiriwe n’abasiganwa ku magare baturutse impande zose z’Isi. Abafana benshi basigaranye ibihe byiza, bishimira imikino yahuje impano, ubuhanga n’umurava w’abakinnyi.

Abasiganwa berekanye urwego rwo hejuru mu mikino itandukanye, harimo abasiganwa n’ibihe, ku buryo bikomeje gutuma u Rwanda rugira isura nziza ku ruhando mpuzamahanga mu rwego rw’imikino nk’iyi.

Ubushobozi bwo kwakira iri rushanwa bwagaragaye mu buryo bw’imihanda, umutekano n’imitangire ya serivisi ku bafana n’abakinnyi.

Shampiyona yasojwe ishimangira ko u Rwanda rufite ubushobozi bwo kwakira amarushanwa mpuzamahanga y’imikino, bitanga icyizere ku iterambere ry’izamuka ry’abakinnyi n’umukino w’amagare mu gihugu.

Iyi Shampiyona yasojwe kuri iki Cyumweru tariki 28 Nzeri 2025, aho Umunya-Slovenia Tadej Pogačar w'imyaka 27, yabaye uwa mbere ku isi mu gusiganwa intera ndende mu bagabo, akoresheje amasaha 6:21:20.

Mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa Instagram, Noopja wamenyekanye mu ndirimbo ‘Murabeho Ndagiye’, yanditse agaragaza ko Shampiyona y’Isi y’Amagare yasize umukoro ku bari mu nganda ndangamuco.

Ati: “Aya magare ni umukore ukomeye ku bahanzi. Dutekereze aho guhurura. Twibaze ngo ni ryari 'sector' yacu izahuruza Isi ije kureba ibyo dukora?"

Noopja yabwiye InyaRwanda ko kugira intego nini no gushyira hamwe ari bimwe mu by’ingenzi bizafasha abahanzi kugera ku rwego mpuzamahanga, ku buryo ibikorwa byabo byatuma Isi ihurira i Kigali baje kureba ibyo bakora cyangwa se bashoboye.

Ati “Gushyira hamwe ni ingenzi kuko kugera ku nzozi zacu bisaba ubufatanye. Kurangwa n’indangagaciro nziza ni ingenzi cyane; abahanzi ntabwo bamamara kubera ibiyobyabwenge, amatiku ku mbuga nkoranyambaga cyangwa inzangano. Ibi bintu byose nibyo bituma abafatanyabikorwa bakomeye nko muri Leta badashobora kuturebera, ahubwo bakabona impungenge."

Noopja yagarutse ku kibazo cy’uko abahanzi benshi bahita bishimira ubwamamare bw’igihe gito, kwiyumva ko bamaze kuba abakomeye mpuzamahanga. Yagize ati "Abahanzi batangira kwishimira ibikorwa byabo mbere y’uko bahugira mu gushaka ubumenyi bufatika.

Benshi bakiyumva nka Akon, DJ Khaled, 50 Cent cyangwa Jay Z, ariko ntibibuka ko aba ari aba rwiyemezamirimo bafite ubushobozi bw’amafaranga kandi bitaye ku kintu cyose. Twe turashishikariza abahanzi kwibanda ku kumenya no gukoresha ubumenyi bufatika, kugira ngo bagire ubushobozi bwo gucunga no gukoresha umutungo babonye."

Yanasobanuye ko ubwamamare butarambye butera amakimbirane hagati y’abahanzi, bigatuma amahirwe atabageraho neza.

Yagize ati "Birashoboka ko abahanzi bacu bashobora kugera kure igihe bumva ko gukora umuziki gusa bihagije. Akenshi iyo bamaze gufashwa na ba ‘Managers’ cyangwa abafatanyabikorwa, batangira kugwa mu makimbirane, bigatuma bateshwa amahirwe aho kubaka izina ryabo."

Noopja yasoje agira inama abahanzi gukomeza gushaka ubumenyi, kwigira ku bandi bafite uburambe, no gukorana n’abandi mu buryo burambye.

Mu ijambo rye ryuzuye icyizere, yavuze ko umuziki w’u Rwanda ushobora guhuruza Isi, ariko ko bisaba gucunga neza umutungo, gushyira hamwe, no kurangwa n’indangagaciro nziza.

Asoza agira ati "Gushaka ubumenyi butandukanye, kurangwa n’indangagaciro nziza, no gukorana n’abandi mu bufatanye ni byo bizadufasha kugera ku rwego mpuzamahanga. Umuziki wacu ufite ubushobozi bwo guhuruza Isi, ariko tugomba kuba twiteguye kandi tugafata neza amahirwe tubonye,"

Noopja ashimangira ko igihe cyose abahanzi bazaba bahuriye ku ntego, bazaba bafite ubushobozi bwo kwerekana isi ko u Rwanda ari igihugu gifite impano z’akazi ku mwuga kandi zishobora guhangana n’izamuka ry’isi yose.


Noopja yavuze ko umuziki w’Abanyarwanda ushobora kuzahuriza abantu i Kigali, ariko birasaba ko bashyira hamwe

Noopja yavuze ko byacitse zivugwa ku bahanzi, kwishora mu biyobyabwenge, ifungwa rya hato na hato rituma abafatanyabikorwa batabizereramo

Umunya-Slovenia Tadej Pogačar yabaye uwa mbere ku isi mu gusiganwa intera ndende mu bagabo muri shampiyona y'isi y'amagare

Ibihumbi by’abafana bakurikiranye isiganwa rya Shampiyona y’Isi y’Amagare ryabereye i Kigali ku nshuro ya mbere


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...