Mu
butumwa Audiomack yashyize ku rubuga rwayo rwa Instagram ku wa 30 Mata 2026,
yavuze ko Shemi ari umwe mu bahanzi b’Abanyafurika bakizamuka bakora injyana ya
Afro-pop bakwiye kwitabwaho cyane.
Bagize
bati “Umuhanzi ukwiye guhangwa amaso, Shemi ni umwe mu bahanzi bakizamuka mu
njyana ya Afro-pop baturuka mu Rwanda. Indirimbo ye yamuhaye izina bwa mbere
yitwa ‘Peace of Mind’ ni yo yamufashije kumenyekana cyane, imushyira ku rwego
rwo gutangira kumenyekana mu muziki.”
Nyuma
y’iyo ndirimbo, yakomeje kwagura urugendo rwe rwa muzika asohora izindi
ndirimbo nka ‘One Time’, ‘Ntibanyurwa’ na ‘Uzambwire’.
Uretse
izo ndirimbo kandi, afite na EP nshya yise ‘Nzabikora’, aho indirimbo yitiriwe
iyo EP igeze ku mwanya wa 4 ku rutonde rw’indirimbo zikumvikana cyane mu Rwanda
kuri Audiomack.”
Mu
yandi magambo, iyi mvugo ya Audiomack isobanura ko Shemi ari umuhanzi ukizamuka
wagaragaje impano, watangiye kumenyekana cyane, kandi uri gukomeza kwiyubaka mu
muziki binyuze mu ndirimbo n’umushinga we wa EP nshya.
Ibi
bije bikurikira indi ntsinzi Shemi yari yaragezeho, aho ku wa 13 Gashyantare
2026 yaje ku isonga ry’abahanzi bafite EP na Album zikunzwe cyane mu Rwanda
kuri Audiomack, urubuga rukunzwe cyane mu gutambutsa no kumva umuziki mu
Karere.
Shemi,
uzwi ku mazina ye nyakuri ya Shema Mico Gibril, ni umuhanzi ufite impano
zitandukanye mu muziki kuko anafite ubumenyi mu gucuranga ibikoresho
bitandukanye bya muzika, gutunganya indirimbo ndetse no kuzikora mu buryo
bw’amajwi.
Avuga
ko intego ye ari ugukomeza guteza imbere umuziki nyarwanda no kuwubyaza
umusaruro, aho ahamya ko yifuza kuwugira umwuga umubyarira inyungu zifatika.
Mu
ndirimbo ze zatangiye kumugira izina harimo iya mbere yise Cakenge, aho
yagarukaga ku butumwa bwo gushishikariza urubyiruko kugira amahitamo meza mu
buzima.
Indirimbo
ye ya kabiri yitwa Yolo (You Only Live Once), yakoranye n’umuraperi El Paso wo
muri Turukiya. Iyi ndirimbo nayo igaruka ku butumwa bwo kwishimira ubuzima no
kubaho mu munezero kuko ari bwo buzima umuntu agira rimwe.
Shemi
akomeje kugaragaza ko ari umwe mu bahanzi bashya bafite ejo hazaza heza mu
muziki nyarwanda, ndetse n’icyizere cyo kuzamura urwego rwawo mu ruhando
mpuzamahanga.

Urubuga rwa Audiomack rwagaragaje Shemi nk’umuhanzi nyarwanda wo guhanga amaso, rushingiye ku buryo ibihangano bye byumvwa na benshi kuri uru rubuga

Shemi akomeje kwigaragaza nk’ijwi rishya rya Afro-pop mu Rwanda, Audiomack imushyira ku rutonde rw’abahanzi bakwiye guhanga amaso

Kuva kuri “Peace of Mind” kugeza kuri EP “Nzabikora”, Shemi arimo kubaka izina rikomeye mu muziki nyarwanda
Imbaraga, impano n’icyerekezo: Shemi ari mu bahanzi bakizamuka bari gutanga icyizere mu muziki wa Afurika y’Iburasirazuba

