Audia Intore yatumiye Mariya Yohana na Suzane mu kumurika album yatuye umubyeyi we

Imyidagaduro - 28/02/2023 9:58 AM
Share:

Umwanditsi:

Audia Intore yatumiye Mariya Yohana na Suzane mu kumurika album yatuye umubyeyi we

Umuhanzikazi wubakiye umuziki kuri gakondo, Audia Intore, ageze kure imyiteguro yo gukora igitaramo cye cya mbere cyo kumurika album ye ya mbere yise “Uri mwiza Mama " yatuye umubyeyi we witabye Imana.

Iki gitaramo kizaba ku wa 8 Werurwe 2023 ahasanzwe habera Expo Ground i Gikondo. Uyu muhanzikazi azafatanya urubyiniro na Mariya Yohana, Nyiranyamibwa Suzane, Sofia Nzayisenga, Cyusa n'Inkera ndetse n'Itorero Iganze Gakondo (Indashyikirwa).

Audia Intore uzwi mu ndirimbo nka ‘Sine ya mwiza’ yabwiye InyaRwanda ko iyi album yayise ‘Uri mwiza Mana’ kubera ko umubyeyi w’umugore ari umuntu ukomeye.

Biri mu byatumye ahitamo kuzayimurika ku munsi w’umugore mu rwego rwo kwerekana ko ntawasimbura nyina w’umuntu n’ubwo atagize amahirwe yo kumugira ngo amugumane.

Uyu mukobwa avuga ko by’umwihariko, iyi album yayituye umubyeyi we utagihari mu rwego rwo ‘rwereka abafite amahiwe yo kumugira kumukomeraho kuko ubu ntamufite nibwo mbona agaciro nakamuhaye’.

Agakomeza ati “Ibi bituma mbwira abamufite kumukomeraho bamutura ibyiza bakimufite."

Audia avuga ko iyi album imufatiye runini mu rugendo rwe rw’umuziki, kuko amaze igihe kirenga umwaka ayitegura kugira ngo izasohoke imeza neza.

Avuga ko iyi album ari nk’umugisha kuri we kandi igiye ‘kugaragaza imvune n'urukundo mfitiye muzika nyarwanda n'uko umurava mfitiye uyu muziki ungana kugira ngo bive mu magambo bige mu ngiro.’

Audia avuga ko gutura iyi album umubyeyi we no kuyihuza n’umunsi Mpuzamahanga w’umugore, biri mu byatumye yifashisha abahanzikazi barimo nka Mariya Yohanna, Nyiranyamibwa Suzanne na Sofia Nzayisenga.   

Ikirenze kuri ibyo, uyu muhanzikazi avuga ko aba bahanzikazi aribo akomoraho inganzo.

Ati “Nibanze ku babyeyi bakuze kuko nibo ntoraho iyi nganzo nyarwanda ingize uwo ndiwe none bambereye abajyanama ba buri munsi kuko iyo hatabaho aba babyeyi bambanjirije nari kumanjirwa nkabura inganzo itsitse kuko nta soko nari kuba mvomaho."

Yavuze ko aba babyeyi ari indorerwamo ‘nireberamo mbere y'urugendo sinagera iyo ngiye ntabiyambaje.

Agakomeza ati “Kandi baca umugani mu kinyarwanda ko uriye umusaza cyangwa umukecuru aruka imvi, burya utazi iyo ava ntamenya iyo ajya, umubyeyi ni ndakumirwa."

Album y’uyu mukobwa yakozweho na ba Producer batandukanye barimo nka Jimmy Pro ndetse na Bob Pro.

Indirimbo ziriho zigaruka ku rukundo, impanuro, ishimwe, gusingiza Imana ariko inyinshi zibanda ku rukundo kuko 'urukundo ruruta byose kandi arirwo rugize ikiremwa muntu'.

Iyi album iriho indirimbo imwe gusa yakoranye n’undi muhanzi, ariyo ‘Simbi ryanjye’ yakoranye na Bill Ruzima. 

Ati “Mbonereho no kumushimira (Bill Ruzima) ku bufatanye bwe yemera gukorana nanjye indirimbo twakoranye igakundwa cyane."

Iriho indirimbo 10 nka ‘Akwiye ikamba’, ‘Nzakabya inzozi’, ‘Ndinda’, ‘Bwari bwije’, ‘Urungano’ n’izindi zitandukanye.

Kwinjira muri iki gitaramo ni 5,000 Frw mu myanya isanzwe, 10,000 Frw muri VIP, 25,000 Frw muri VVIP n'ibihumbi 150 Frw ku meza y'abantu batandatu.


Audia Intore yatangaje ko album ‘Uri Mwiza Mama’ yayituye umubyeyi we utakiriho


Cyusa Ibrahim uzwi mu ndirimbo zirimo nka 'Uwanjye', 'Marebe' n'izindi azaririmba mu gitaramo 'Uri mwiza Mama' cya Audia Intore 

Mariya Yohana yamamaye cyane binyuze mu ndirimbo zirimo nka 'Intsinzi', 'Reka ndate ubutwari bw'Inkotanyi' n'izindi 

Nyiranyamibwa Suzanne azwi mu ndirimbo zirimo nka 'Telefone', 'Nyambo' n'izindi zinyuranye 

Igitaramo cyo kumurika iyi album kizaba ku wa 8 Werurwe 2023, ku munsi Mpuzamahanga wahariwe umugore

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘SIMBI RYANJYE’YA AUDIA INTORE NA BILLY RUZIMA

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...