Mu
ijoro ryo kuri uyu Gatanu rishyira ku wa Gatandatu tariki 22 Ugushyingo 2025,
ubwo igitaramo cyari kigeze hagati, Davido yaserutse yambaye imyenda iriho
amafoto y’abantu babiri bubatse ubuzima bwe n’umutima we: Mama we witabye Imana
akiri muto, n’umwana we wa mbere wagiye azize impanuka mu 2022.
Mu
ijwi ryahise ribonwa n’abafana ko riremerewe n’urwibutso, Davido afata umwanya
aravuga ati: “Ndagukunda muhungu wanjye… ndizera ko uriyo. Ubwire Mama wanjye
ko hano Papa ameze neza, kandi ko ari icyamamare mama.”
Ayo
magambo yahise ahindura umwuka w’igitaramo—uburyo bucece bwarimo amarangamutima
bukwira mu nyubako. Abari aho bahise batangira kumushimira mu majwi, mu marira
no mu rukundo rwinshi.
Davido
akunze kugaragaza ko Mama we Veronica Imade ari umwe mu nshingiro z’urugendo
rwe muri muzika. Yitabye Imana mu 2003, ariko buri mwaka Davido yibuka uko yamufashije
kuva mu bwana kugeza atangiye urugendo rwe rw’umuziki.
Ifeanyi,
imfura ya Davido, nawe yitabye Imana mu 2022, urupfu rwashenguye benshi. Nyuma
y’igihe kinini adakora ibitaramo, Davido yagarukanye imbaraga mu muziki, ariko
akomeza gushimangira ko urupfu rw’umwana we ari kimwe mu bintu byamuhinduye
ubuzima burundu.
Ni
muri urwo rwego, gutungurana kwe aserukana imyenda iriho amafoto yabo bombi no
kubavuga mu gitaramo cyamuhuje n’abakunzi be muri Amerika, byari igikorwa
cy’icyubahiro no kwiyibutsa ko umuryango ari wo mbaraga ze.
Uyu
muhanzi w’imyaka 33 wizihizaga isabukuru y’amavuko kuri uwo munsi, yahisemo
kuwubyaza umusaruro atanga ubutumwa buremereye: ko umuziki w’ukuri uva ku
mutima, kandi ko icyubahiro cy’abagiye kitajya kiyoyoka.
Abari
muri icyo gitaramo batangaje ko babonye Davido mu ishusho itandukanye—atari
icyamamare cy’umuziki gusa, ahubwo nk’umwana wabuze umubyeyi, n’umubyeyi wabuze
umwana.
Amashusho
ya Davido arira arimo kuvuga ku muryango we yasakaye ku mbuga nkoranyambaga,
bituma benshi bamushimira ko atanga urugero rw’umuhanzi udatinya kugaragaza
ibikomere n’umutima we imbere y’isi yose.
Mu
gihe Davido akomeje gutaramira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, igitaramo cya
Atlanta cyasize ubutumwa bwimbitse: ko ubutwari atari ukubona ibihembo n’imitwe
y’inkuru, ahubwo ari ukutinya kwerekana ibikomere bitazima no guha icyubahiro “abo
tuba dufite mu mitima yacu.
Davido
yakomeje igitaramo cye, ariko umunota wo kwibuka ni wo wafashe imitima ya
benshi—umunota wabereye Atlanta, ariko utumvwa n’abakunzi be ku isi hose.
Anategerejwe i Kigali mu gitaramo kizabera muri BK Arena tariki 29 Ugushyingo
2025, azahuriramo n’abarimo Kitoko Bibarwa, Logan Joe, Ariel Wayz, Juno
Kizigenza na KD from Kigali.
Moment Davido got emotional and honoured his Son,
Ifeanyi Adeleke, and his Mom, Mrs Veronica Imade Adeleke’s
memory.
⃣ (@5ivecharts)
November
21, 2025
“I love you Son, I hope you’re there, and you tell
my Mom Daddy is a superstar down here Mama”
— Davido(2025)
A
LEGEND 🫡#DavidoAt33
pic.twitter.com/jmdLbE0qIB
Davido
mu gitaramo cya Atlanta yaserukanye imyenda iriho amafoto ya nyina n’imfura ye
yitabye Imana

Umunota
w’amarangamutima ubwo Davido yavugaga ko umwana we n’umubyeyi we bamurebera mu
ijuru


Davido
yagaragaje ko n’ubwo ari icyamamare umutima we urangwa n'urukundo
rw’abagize umuryango we
