Mu
kiganiro aherutse kugirana na Korty EO, uyu muhanzi wamenyekanye cyane mu
ndirimbo zirimo ‘Sungba’, yavuze ko akiri muto yari afitanye umubano mwiza
cyane na se, ariko uza guhinduka ubwo yafataga icyemezo cyo gukurikira inzozi
ze zo kuba umuhanzi.
Asake
yavuze ko igihe yifuzaga kuva mu rugo ajya gukurikira umuziki, Se yamubwiye ko
atabimwemerera, ariko we agahitamo kugenda uko byagenda kose.
Yagize
ati: “Njye na Data twari dufitanye umubano ukomeye nkiri muto. Ariko byaje
kugera aho nshaka kuva mu rugo ngakurikirana ibyo ndi gukora ubu, Data
aranyangira. Gusa naragiye n’ubundi.”
Icyo
cyemezo cyo kwigira inama cyatumye umubano wabo ucika intege, ndetse igihe
kinini ntibumvikane neza.
Ibi
bije byiyongera ku byavuzwe muri Werurwe 2025, ubwo se wa Asake, Fatai Odunsi,
yavugaga mu itangazamakuru amushinja kumutererana no kutamwitaho, ibintu
byateje impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga.
Nyuma
y’iyo nkundura, byaje kurangira Asake yemeye inshingano zo kwita kuri se,
ndetse bombi bongera kubaka umubano wabo wari warazambye.
Ibi
Asake yatangaje bigaragaza urugendo rukomeye abahanzi banyuramo bashaka kugera
ku nzozi zabo, cyane cyane iyo bahura n’imbogamizi zituruka mu muryango wabo.
Asake,
wamenyekanye cyane mu njyana ya Afrobeats na Afro-fusion, ni umwe mu bahanzi
bakiri bato bafite impano idasanzwe kandi bagiye bahangana ku isoko
mpuzamahanga. Amazina ye nyakuri ni Ahmed Ololade, akaba akomoka mu Mujyi wa
Lagos mu gihugu cya Nigeria.
Yatangiye kwerekana impano ye akiri muto, ariko urugendo rwe rw’umuziki ntirwagiye rworoha. Yamenyekanye cyane mu ndirimbo nka Sungba, Omo Ope, n’izindi nyinshi zatumye ahita agira abafana benshi muri Nigeria no hanze yayo.
Indirimbo ze
zigaragaza imivugo y’ubuzima bwa buri munsi, ibyishimo, urukundo n’ibibazo
by’urubyiruko, byose abishyira mu njyana ya ‘Afrobeats’ n’imiririmbire
yihariye, bikaba ari byo byamuhesheje kuba icyamamare.
Uyu
muhanzi kandi azwiho kuba afite imbaraga mu rubyiniro, aho ibitaramo bye bihora
byuzuyemo abitabira bishimye, kandi akenshi akoresha imyambarire n’imyitwarire
idasanzwe kugira ngo akomeze guhanga udushya.
Asake
ni umwe mu bahanzi bo muri Nigeria bafite icyerekezo mpuzamahanga, kandi
ibikorwa bye biracyari imbere mu kumenyekanisha umuziki wa Nigeria ku isi hose.
Urugendo
rwe rwerekana uburyo guharanira inzozi bishobora guhurirana n’imbogamizi zo mu
muryango, ariko n’icyizere cyo kubaka ejo hazaza heza mu muziki.

Asake
yatangaje ko yigeze guhitamo kuva mu rugo akajya gukurikira umuziki nubwo se
yari yamubujije, icyemezo cyatumye umubano wabo ujya mu bibazo mbere yo kongera
kuwusana nyuma y’imyaka myinshi itari mike
KANDA HANO UBASHE KUREBA IMWE MU NDIRIMBO ZA ASAKE ZAMENYEKANYE CYANE
