Asake yabaye umuhanzi w’ibihe byose kuri Spotify muri Nigeria

Imyidagaduro - 25/02/2026 7:12 AM
Share:

Umwanditsi:

Asake yabaye umuhanzi w’ibihe byose kuri Spotify muri Nigeria

Umuhanzi Ahmed Ololade wamamaye nka Asake akomeje kwandika amateka mu muziki wa Nigeria, aho yamaze kuba umuhanzi wumviswe cyane kurusha abandi bose ku rubuga rwa Spotify kuva rwatangira gukorera muri iki gihugu.

Ibi byatangajwe na Spotify mu kwizihiza imyaka itanu imaze ikorera muri Nigeria, aho yashyize hanze urutonde rw’abahanzi batanu bumviswe cyane kurusha abandi mu bihe byose muri iki gihugu.

Asake ni we waje ku mwanya wa mbere, akurikirwa na Wizkid ku mwanya wa kabiri, naho Seyi Vibez aza ku wa gatatu. Burna Boy yaje ku mwanya wa kane, mu gihe Davido ari we usoza uru rutonde ku mwanya wa gatanu.

Si ku rwego rw’abahanzi gusa Asake yitwaye neza, kuko no ku rutonde rw’indirimbo zumviswe cyane kurusha izindi muri Nigeria, yaje ku isonga.

Indirimbo ye ‘Remember’ ni yo ya mbere mu zumviswe cyane, ikurikirwa na ‘Dealer’ ya Ayo Maff afatanyije na Fireboy DML. Ku mwanya wa gatatu haza ‘Awolowo’ ya Fido, mu gihe ‘Kese’ ya Wizkid iza ku wa kane.

Asake agaruka kandi ku mwanya wa gatanu binyuze mu ndirimbo ye ‘Lonely At The Top’, imwe mu zakunzwe cyane mu bihe bishize.

Imbaraga z’umuziki wa Nigeria ntizagarukiye mu gihugu cyawo gusa. No kuri Spotify Kenya, indirimbo z’abahanzi ba Nigeria ni zo ziyoboye urutonde rw’izumviswe cyane kurusha izindi mu bihe byose.

Indirimbo ‘Asiwaju’ ya Ruger ni yo iri ku mwanya wa mbere, igakurikirwa na ‘Rush’ ya Ayra Starr. ‘Bandana’ ya Fireboy iza ku wa gatatu, mu gihe ‘Lonely At The Top’ ya Asake iri ku mwanya wa gatanu.

Hagati y’izo ndirimbo za Nigeria, umuhanzi wo muri Kenya Bien ni we wenyine wacengeye muri uru rutonde, aho indirimbo ye ‘Inauma’ iri ku mwanya wa kane.

Muri Ghana ho, indirimbo ‘Wotowoto Seasoning’ ya Odumodublvck afatanyije na Black Sherif ni yo ya mbere mu zumviswe cyane kurusha izindi ku Spotify.

Asake na we aza ku mwanya wa kabiri binyuze muri ‘Lonely At The Top’, mu gihe imyanya itatu isigaye yose yigaruriwe na Black Sherif, bigaragaza uburyo umuziki wa Afurika y’Iburengerazuba ukomeje kwiharira imbuga mpuzamahanga zicuruza umuziki.

Iyi mibare igaragaza neza uburyo Spotify yahinduye isura y’isoko ry’umuziki muri Afurika, itanga amahirwe ku bahanzi yo kugera ku bakunzi babo mu buryo bwagutse, no kwagura izina ryabo ku rwego mpuzamahanga.

Ku ruhande rwa Asake, kuba ari we uyoboye mu bihe byose muri Nigeria ni indi ntambwe ikomeye imushyira mu cyiciro cy’abahanzi bafite ijambo rikomeye muri Afrobeats no ku mugabane wa Afurika muri rusange.

Asake yanditse amateka mashya kuri Spotify muri Nigeria, aba umuhanzi wumviswe cyane kurusha abandi bose kuva uru rubuga rwatangira gukorera muri iki gihugu, asiga inyuma ibihangange birimo Wizkid, Burna Boy na Davido mu rugendo rugaragaza imbaraga ze mu muziki wa Afrobeats


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...