AS Muhanga iri ku mwanya wa 16 mu makipe 18 ku rutonde rwa Shampiyona y'u Rwanda, ku wa Mbere w'iki cyumweru yatangaje ko yasinyishije Muhozi Fred wandukanye na Police FC ku ya 23 Mutarama 2026 kubera umusaruro muke.
Muhozi Fred wakiniye amakipe arimo Espoir FC y'i Rusizi, Kiyovu Sports, yagowe no kubona umwanya wo gukina mu ikipe ya Police FC uhereye ku ngoma y'umutoza Mashami Vincent wamuguze na Ben Moussa uri gukinisha abarimo Kilongozi Richard na Byiringiro Lague.
Ejo ku wa Mbere, Muhozi Fred yatangiye imyitozo muri AS Muhanga y'umutoza Gatera Moussa wamutoje mu ikipe ya Espoir ari naho yigaragarije bigatuma ahamagarwa mu ikipe y'Igihugu y'abakina imbere mu Gihugu.
Gatera Moussa utoza AS Muhanga ari gukora ibishoboka byose binyuze mu kongeramo imbaraga mu bakinnyi, yizeye ko Muhozi Fred azamufasha mu gutsinda ibitego cyane ko mu gice cya mbere cya Shampiyona, AS Muhanga yagowe no kubona ibitego mu mukino kuko mu mikino 17 yinjije ibitego 8 gusa.
Muhozi Fred na AS Muhanga bazagaruka mu kibuga tariki 8 Gashyantare ku mukino w'umunsi wa 18 bazakiramo Gasogi United kuri Stade y'Akarere ka Muhanga.
