Byari
ibirori byarenze kuba iserukiramuco; byari igikorwa cy’ubumuntu n’iyerekana
ry’uko ubuhanzi bushobora kuba moteri y’impinduka. Uruhare rwa buri wese
rwagaragaje ko u Rwanda ruri mu rugendo rwo kuzamura imyidagaduro ku rwego rwo
hejuru.
Atangiza
ibi birori, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere
ry'Ubuhanzi, Sandrine Umutoni, yagaragaje ko ubuhanzi ari urufunguzo mu
iterambere ry’urubyiruko n’igihugu muri rusange.
Yashimiye
Sherrie Silver ku ruhare rwe mu guteza imbere impano z’urubyiruko, avuga ko
ibikorwa bye atari ibyo kwishimira ubuhanzi, ahubwo ari uburyo bwo gufungura
amarembo no kugeza ubuhanzi bw’Afurika ku rwego mpuzamahanga.
Yavuze
ati "[…] “Ndashaka gushimira Sherrie Silver ku buryo akoresha impano ye mu
gufasha abandi, gufungura amahirwe, no gutuma ubuhanzi bw’Afurika bugera ahantu
hatandukanye. Iri ijoro ni ikimenyetso cy’ibyo dushobora kugeraho iyo
dushyigikira urubyiruko kandi tugashora imbaraga mu buhanzi, atari nk’impano
cyangwa inkunga gusa, ahubwo nk’inkingi y’ingenzi mu guhindura no guteza imbere
igihugu.”
InyaRwanda igiye kugaruka ku bintu 10 byaranze iri joro ry’amateka.


1.Sherrie Silver
yakusanyije arenga Miliyoni 20 Frw yo gufasha abana bo muri ‘Foundation’ ye
Mu
isura yose y’ibirori, icyagaragariraga buri wese ni umutima wo gufasha. Sherrie
Silver yashyize imbere intego yo gufasha abana bo muri Sherrie Silver
Foundation, itegura amahugurwa y’ababyinnyi, abahanzi bato n’abanyempano
batandukanye.
Mu
gihe bamwe baje kureba imyambarire, abandi baje gufata amafoto, we yari afite
intego yo gutanga icyizere. Yishimiye kubona abantu benshi bashyize hamwe.
Umusaruro
ntiwatinze kugaragara — amafaranga arenga Miliyoni 20 Frw yakusanyijwe,
azakoreshwa mu gufasha abana 100 bafite impano mu mbyino no mu muziki.

2. Eric Omondi
yanyuze abantu n’urwenya rugaragaza umwihariko w’umuziki w’u Rwanda
Umunya-Kenya
uzwi mu gusetsa no kuyobora ibitaramo, Eric Omondi, ni we wari
umushyushyarugamba mukuru w’iki gikorwa afatanyije na Makeda.
Yigaruriye
abari aho mu buryo bwe bwo gusetsa bunoze ariko bwuzuyemo ubutumwa. Muri
rusange, yari afite intego yo gusobanura uko abona umuziki w’u Rwanda.
Yavuze
ko yanyuzwe n’uburyo abahanzi b’Abanyarwanda baririmbana n’abafana babo,
atangaza ko mu gihe abandi bahanzi b’ahandi “baririmba abantu bumva”,
abanyarwanda “baririmba abantu baririmbana na bo.”
Avuga
ati “Umuziki w’u Rwanda urimo amarangamutima atangaje, ni mwiza cyane.
Naranyuzwe rwose, bitandukanye n’umuziki wo mu bindi bihugu nka Kenya, Uganda
cyangwa Nigeria.”
Yagerageje kuririmba indirimbo ya Meddy agaragaza itandukanye n’indirimbo y’itsinda rya Radio na Weasel ryamamaye mu muziki wa Uganda.
MISS MUTESI JOLLY ASUBIZA KU BIBAZA AHO AKURA AMAFARANGA

3. Miss Jolly
yigaragaje nk’umugore wihagazeho mu myambarire no mu butunzi
Miss
Jolly yaserutse mu ikanzu yambitswe n’umuhangamideli wo muri Slovakia
Akihagera yaganiriye n’itangazamakuru, abazwa ku bushuti bwe na Sherrie Silver.
Uyu
mukobwa yanatunguye benshi ubwo yaguraga umwambaro wa ‘PSG’ agera kuri Miliyoni
1.4 Frw. Ni mu gihe asanzwe azwi nk’umufana wa Arsenal yo mu Bwongereza.

4. Ibirori
byambukiranyije umunsi bigera saa saba z’ijoro
Iyo
urebye uko ibintu byagenze, biragoye kwemeza ko habaye umunaniro.
Ku
rubyiniro hagiye hakurikirana abahanzi banyuranye barimo Knowless Butera, Ross
Kana, Chriss Eazy, na Massamba Intore, Chella, Juno Kizigenza, Vex, buri wese
azana umwuka we wihariye.
Knowless
yaririmbye indirimbo zinyuranye ari kumwe n’abana bo muri Sherrie Silver
Foundation, bituma abantu benshi bashishikazwa n’ubutumwa bwe.
Ross
Kana yaje akomeza amarangamutima y’abari aho, aririmba indirimbo nka “Mami” ari
kumwe n’abana 19 babyinnyi n’abandi 10 baje nk’intore.
Chriss
Eazy nawe yagaragaye ari hejuru mu mbaraga, aririmba “Bana” na “Jugumila” mu
buryo bwatunguye benshi.
Mu
gusoza, Massamba yinjiriye mu ndirimbo “Oya Mama We” ahita atuma abantu bose
bahaguruka, maze avuga ati “Iki ni cyo gitaramo cya mbere cyiza mu Rwanda
kibayeho."
5. Trace TV yemeye
gutambutsa ibi birori ku rwego mpuzamahanga
Iyi
ni inkuru yanyuze benshi. Trace TV, imwe mu mashene akomeye ku mugabane wa
Afurika no ku isi, yemeye kuzerekana ibirori bya The Silver Gala ku mbuga zayo
zose.
Ibi
ni intambwe ikomeye mu kumenyekanisha u Rwanda n’abahanzi barwo.

6. Bwiza yongeye
gutsindira igikombe cy’uwambaye neza mu bakobwa
Mu
gihe imyambarire yari imwe mu byari bigize isura y’ibirori, Bwiza yagaragaye
nk’umukobwa w’igitsure mu myambarire yuje ubuhanga n’ubusirimu.
Byongeye
kwemeza ko uretse kuba umuhanzikazi w’indirimbo zikunzwe nka “Ready” na “Exchange”,
Bwiza afite n’ubuhanga bwo kwerekana isura y’umuhanzi wuzuye, uzi uko agaragara
imbere y’abafana be.
7. Ross Kana,
Kivumbi King na Juno Kizigenza bahataniye igihembo cy’abasore b’igitsure
Ku
ruhande rw’abasore, imyambarire yihariye yari ishyushye.
Ariko
Lee, umuhangamideli ukiri muto, ni we wahize abandi abikesha imyambarire
idasanzwe yahuye n’umuco n’ubumenyi bwo kwiyambika mu buryo bwa kijyambere.
Lee
yagaragaye afite icyizere, agenda ku itapi itukura nk’uwari uzi neza aho ajya.

8. Umubyeyi wa
Sherrie Silver [Uri ibumoso] yitabiriye ibirori by’umukobwa we
Mu
maso ya Sherrie Silver habonekaga amarangamutima. Nyina yari yicaye mu byicaro
bya VIP, amureba nk’umuntu wakuze mu izina rye.
Ubwo
abana baririmbaga indirimbo bari bahuriyemo na Sherrie, yabaye nk’utemerewe
kwihangana agaragaza amarangamutima.
Umubyeyi
we yaje no kuboneka mu bantu bashakaga kugira uruhare mu kugura bimwe mu bintu
Sherrie Silver yashyize mu cyamunara (Auction) kugirango hashakwe amafaranga yo
gufasha umuryango we w’abana yashinze.
9. Minisitiri
Nduhungirehe na Minisitiri Umutoni Sandrine bashimye Sherrie Silver
Ibi
birori byari byitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Umunyamabanga wa Leta
muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Sandrine Umutoni
Minisitiri
Umutoni yashimye ibikorwa bya Sherrie Silver Foundation, avuga ko bihuje
n’umurongo wa Guverinoma w’iterambere ry’ubuhanzi, aho gushyira imbere
amahugurwa, umusaruro, n’ikwirakwizwa ry’ubuhanzi ku rwego rw’igihugu no ku
rwego mpuzamahanga.
Ati
“Guverinoma y’u Rwanda izirikana ibijyanye n’iyi ngingo ko ari ukuri. Hamwe
n’ubuyobozi bwa Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, twiyemeje gushyira inganda
ndangamuco ku isonga mu bigira uruhare mu guteza imbere igihugu.”
Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yashimangiye ibikorwa bya Sherrie Silver n’uruhare rwe mu guteza imbere impano z’abana n’urubyiruko mu Rwanda.


10. Umuhangamideli
yacyuye Miliyoni 7 Frw nk’ishimwe ryihariye
Mu
gusoza ibirori, Akanama Nkemurampaka katangaje ko umwe mu bahangamideli yahize
abandi mu buryo bwo guhanga umwambaro uhuza umuco n’ubuhanzi.
Uwo
muhanga witwa ‘Icyacumi’ yahawe Miliyoni 7 Frw nk’ishimwe ryihariye, yatanzwe
n’umwe mu bari bagize akanama nkemurampaka, nk’uburyo bwo gushimira ubuhanga
n’ubwitange.
The Silver Gala 2025 yasize amateka nk’ibirori byahuje umuco, ubuhanzi, ubwitange n’ubusabane. Yabaye urubuga rwo kwereka isi ko ubuhanzi bw’u Rwanda butari mu nzozi, ahubwo bugeze mu bikorwa bifatika.

Massamba Intore aramukanya na Miss Mutesi Jolly

Kathia Kamali, Mukuru wa Miss Naomie aganira n'itangazamakuru nyuma yo gutambuka kuri 'Red Carpet'

Umuhanzi Juno Kizigenza mbere yo kuririmba muri 'The Silver Gala'

Umunya-Nigeria, Chella ari kumwe na Sherrie Silver

Umutoni Sandrine ari kumwe na Sherrie Silver wateguye ibirori 'The Silver Gala'


Uhereye ibumoso: Coach Gael, Kenny Mugarura uyobora 1:55 AM na Miss Mutesi Jolly

Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w'u Rwanda 2016






Umukinnyi wa filime wamamaye nka 'Tukowote' muri filime 'Bamenya'

Umunyarwenya akaba n'umukinnyi wa filime, Eric Omondi

Umuhanzi Niyo Bosco yashyigikiye Sherrie Silver mu birori bye 'The Silver Gala'

Dj Lamper wacuranze muri ibi birori, ubwo yatambukaga kuri 'Red Carpet'


Ikibumbano cyakorewe Sherrie Silver cyari cyashyizwe mu rwinjiriro rwa BK Arena muri ibi birori 'The Silver Gala"


KANDA HANO UREBE: BWIZA YAVUZE KU GIKOMBE YEGUKANYE MURI THE SILVER GALA
AMAFOTO: The New Times
VIDEO: Dox Visual &Mervin-Pro/ InyaRwanda.com
