Aryoha asubiwemo! Abahanzi 12 bariye ku ifaranga rya Giants of Africa i Kigali - AMAFOTO

Imyidagaduro - 05/08/2025 12:03 PM
Share:

Umwanditsi:

Aryoha asubiwemo! Abahanzi 12 bariye ku ifaranga rya Giants of Africa i Kigali - AMAFOTO

Mu gihe cy'iminsi irindwi, Kigali yakiriye ibirori bihambaye byiswe 'Giants of Africa Festival 2025', byahurije hamwe urubyiruko rurenga 2,000, abakunzi ba siporo, imideli n’umuziki, binyuze mu birori byabereye ahantu hatandukanye harimo na BK Arena.

Uretse kuba byari ibirori binini by'uburezi n'imyidagaduro, abahanzi b’abanyarwanda n’abanyamahanga basaruye ifaranga ritari rito mu ndirimbo, cyane cyane abaririmbye mu birori nyir’izina. Ibi birori byasize Kigali yambaye umwambaro w’ubuhanzi buhambaye, ariko by’umwihariko byerekanye uko isoko ry’umuziki wa Afurika riri hejuru.

Abahanzi b’abanyamahanga basabye amafaranga ari hagati ya $35,000 na $100,000 [Ushingiye ku makuru ari muri kontaro (Contract) bagiye basinya mu bihe bitandukanye], bagaragaza ko ibitaramo bifite isoko rikomeye ndetse n’agaciro ku rwego mpuzamahanga.

Giants of Africa Festival 2025 si ibirori byaciyemo gusa, ahubwo ni igisingizo ku muhanzi, ifaranga ku mpano, n’ishema ku gihugu cyakiriye.

Mu mwuka w’ Afurika izira imipaka, iki gitaramo cyahuje abahungu n’abakobwa 320 kuva mu bihugu 20 by’ Afurika, mu guteza imbere insanganyamatsiko y’ubumwe, umuco, umukino (basketball), uburezi, n’imyidagaduro, byose mu gihe cy’iminsi umunani (27 Nyakanga — 2 Kanama).

“Dufatanyije nk’umugabane, tukizihiza ubwiza bw’itandukaniro ryacu, Abanyafurika twarota inzozi ngari,” ni ko Masai Ujiri, umwe mu bashinze Giants of Africa yavuze.

InyaRwanda yakoze urutonde rw’abahanzi 12 basogongeye ku ifaranga rya Giants of Africa, harimo n’abagiye basaba amafaranga y’umurengera kugira ngo batambuke ku rubyiniro:

1. Tekno – Nigeria

Uyu muhanzi wubatse izina mu ndirimbo nka 'Pana' yaje i Kigali mu ibanga rikomeye. Ntiyari ku rutonde rw’abagombaga kuririmba mu birori by’imideli byabereye Zaria Court ku wa Kane tariki 31 Kanama 2025.

Kwitabira kwe byemejwe mu masaha ya nyuma, gusa ntiyigeze yishyuza abategura ahubwo binyuze mu bufatanye bwa Giants of Africa na bamwe mu baterankunga, yishyuwe uko bikwiye.

 
2. Nel Ngabo – Rwanda

Nel Ngabo nawe yatunguranye aririmba mu gitaramo cy’imideli, aririmba indirimbo ye Zoli yakiranwa urugwiro rwinshi. Nubwo atari ku rutonde rw'abahanzi bari bitezwe, ubwitabire bw’abantu bakomeye barimo Ange Kagame n’umugabo we Bertrand byatumye anyurana umucyo muri ibi birori byari bibaye ku nshuro ya mbere. 


3. Kizz Daniel – Nigeria

Mu busanzwe, Kizz Daniel yishyuza amafaranga ari hagati ya $60,000 - $70,000, kugira ngo aririmbe mu gitaramo runaka. Muri Giants of Africa yabereye muri BK Arena, yakiriwe n’abarenga ibihumbi 10. Ni ku nshuro ya mbere uyu muhanzi yavuye mu gitaramo atishisha kuko mbere yajyaga aririmbira abantu bacye. 


4. Mani Martin – Rwanda

Mani Martin, umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye mu muziki nyarwanda, yaririmbye mu gufungura iri serukiramuco. Ku rubyiniro, yataramanye na Alyn Sano, Bill Ruzima n’abandi. Yaririmbiye muri BK Arena. Andi makuru kuri uyu muhanzi ni uko ari no gukora kuri Album ye nshya yitegura gushyira ku isoko.


5. Ayra Starr – Nigeria

Uyu muhanzikazi yari mu bamaze igihe bifuzwa mu Rwanda. Inyandiko zimwe zigaragaza ko yishyurwa ari hagati ya $80,000 na $100,000 mu gitaramo kimwe.

Yataramiye mu gitaramo cyapfundikiye iri serukiramuco, agaragaza impamvu ari umwe mu bahanzi b’abagore bakomeye muri Afurika. Yatambukanye ingufu n’ishema, yerekana ko amafaranga yahawe atapfuye ubusa.

6. Alyn Sano – Rwanda

Uyu mukobwa yaririmbye inshuro ebyiri: bwa mbere mu gitaramo cyo gutangiza Giants of Africa, ndetse anitabira icyabaye ku wa 31 Kanama i Zaria Court. Aho hose yishyuwe ku rwego ruhwanye n’ibikorwa bye, anafasha kwerekana impano y’abagore mu muziki nyarwanda.


7. Timaya – Nigeria

Nubwo atitwaye neza ku rubyiniro rwa BK Arena kubera ibibazo by’imyiteguro, Mu busanzwe, Timaya yishyurwa amafaranga agera kuri $45,000. Ndetse yifuje ko yazagira umuryango mu Rwanda, avuga ko yifuza kurushinga n’umunyarwandakazi. Ibyo byatumye yigarurira imitima y’abakunzi be, nubwo performance ye yananiranye.


8. Kevin Kade – Rwanda

Uyu musore wavuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yaririmbye mu gufungura iri serukiramuco. Yahise yinjira ku rutonde rw’abahanzi b’abanyarwanda batangiye gukorana n’amaserukiramuco akomeye ku Isi.

Nubwo umubare w’ayo yahawe utigeze utangazwa, byemezwa ko yishyuwe bihwanye n’urugendo rwe no kwiyubaka amaze iminsi akora. Ndetse, hari amakuru avuga ko asaba arenga Miliyoni 5-7 Frw ku gitaramo kimwe.

9. Chriss Eazy – Rwanda

Ni we muhanzikazi nyarwanda waririmbye bwa mbere muri Giants of Africa 2025. Yari mu bihe bitoroshye nyuma yo guhura n’akaga ko gupfusha Nyina na Nyirakuru. Icyakora, yahawe icyubahiro gikomeye, yishyurwa nk’umuhanzi urimo gukira ibikomere, kandi utanga ubutumwa bw’ubuzima.

10. Boukuru – Rwanda

Boukuru yaririmbye bwa mbere muri iri serukiramuco nyuma yo kuva i Congo Brazaville mu FESPAM. Yari afite ibendera ry’u Rwanda mu biganza, agaragaza ishema n’isheja ry’abahanzi b’abanyarwanda b’abagore.

11. Ruti Joel – Rwanda

Umwe mu bahanzi gakondo bashyizwe imbere muri Giants of Africa 2025. Ruti Joel yagaragaje umuco nyarwanda mu ndirimbo ze zo kuri Album ye Musomandera, anavuga ko yishimiye uburyo yakiriwe. Yishyuwe nk’umwe mu bafite inshingano zo gusigasira indangagaciro z’umuco.

12.The Ben

Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben, yaririmbye muri iri serukiramuco mu gitaramo cyabaye tariki 1 Kanama 2025. Yisunze indirimbo ze zankunzwe nka 'Habibi', 'Thank you', 'Plenty Love' n'izindi yagaragaje ko imyaka 15 ishize ari mu muziki atari ubusa.

Yifashishije ku rubyiniro MC  Tino, ndetse na Ingabire Grace wabaye Miss Rwanda 2021 batanga ibyishimo bisendereye. Nyuma y'iki gitaramo, The Ben yabwiye InyaRwanda ko "Ubwiza bw'Imana bwongeye kwigaragaza kuri njye."

Ibi birori byasize Kigali yambaye umwambaro w’ubuhanzi buhambaye, ariko by’umwihariko byerekanye uko isoko ry’umuziki wa Afurika riri hejuru.

Abahanzi b’abanyamahanga basabye amafaranga hagati ya $35,000 na $100,000, bagaragariza ko ibitaramo bifite isoko rikomeye ndetse n’agaciro ku rwego mpuzamahanga.m Giants of Africa Festival 2025 si ibirori byaciyemo gusa, ahubwo ni igisingizo ku muhanzi, ifaranga ku mpano, n’ishema ku gihugu cyakiriye.

Umwe mu bajyanama bafite umuhanzi waririmbye muri iri serukiramuco, yabwiye InyaRwanda, ko Giants of Africa ari urubuga buri muhanzi wese yakwifuza kujyamo n'ubwo baba batakwishyuye. Ati "Ni urubuga rwagutse, n'iyo mpamvu usanga umuhanzi ashobora kwemera gukorera amafaranga ari munsi y'ayo asanzwe yaka, kuko hariya bijyana n'andi mahirwe Giants of Africa itanga nyuma yo kuririmba."




Ku rubyiniro, Kevin Kade yakoresheje imbaraga nyinshi atanga ibyishimo mu bari bitabiriye Giants of Africa

Senderi Hit na Intore Tuyisenge baririmbye mu gikorwa cy'umuganda cyatangije iserukiramuco 'Giants of Africa'

Tekno aramukanya na Masai Ujiri uri mu bashinze Giants of Africa wamwakiriye ku rubyiniro mu birori by'imideli

Alyn Sano aririmba mu birori by'imideli "Threads of Africa Fashion" byabereye muri Zaria Court


Mani Martin, Bill Ruzima na Alyn Sano imbere y'ibihumbi by'urubyiruko, abayobozi n'abandi

Bill Ruzima yahuriye na Alyn Sano ku rubyiniro mu gitaramo cyabereye muri BK Arena

Umuririmbyi Chriss Eazy wo muri Giti Business Group yaririmbye mu birori byo gufungura Giants of Africa

KANDA HANO UKO AYRA STARR YITWAYE MU GITARAMO CYA MBERE I KIGALI

KIZZ DANIEL YATUNGUWE N'INKUMI Z'I KIGALI KU RUBYINIRO RWA GIANTS OF AFRICA

KANDA HANO UREBE UKO THE BEN YIGARAGAJE KU RUBYINIRO RWA BK AREN

KANDA HANO UREBE UKO TIMAYA YITWAYE KU RUBYINIRO MURI GIANTS OF AFRICA


AMAFOTO: THE NEW TIMES & SHUTTER CLICK



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...