Iki gihembo uyu mutoza ukomoka muri Espagne yagihawe nyuma y’uko aheruka gufasha Arsenal gutwara igikombe cya Premier League nyuma y’uko yari imaze imyaka 22 itazi uko gisa.
Arteta yabaye umutoza wa mbere wa Arsenal wegukanye iki gihembo kuva kuri Arsène Wenger agihawe muri 2004 , umwaka Arsenal yanatwayemo igikombe cya shampiyona idatsinzwe umukino n’umwe.
Muri uyu mwaka w'imikino Arsenal yakinnye imikino 38, itsindamo imikino 26, inganya 7 naho itsindwa 5.
Mu batoza bari bahanganye na we kuri iki gihembo harimo Pep Guardiola uheruka gusezera kuri Manchester City, Adoni Iraola wa AFC Bournemouth ndetse na Michael Carrick wa Manchester United.
Nyuma yo kwegukana igikombe cya shampiyona ndetse n’iki gihembo cy’umutoza mwiza, amaso y’abafana ba Arsenal ubu ahanzwe umukino wa nyuma wa UEFA Champions League uzabahuza na Paris Saint-Germain i Budapest kuri uyu wa Gatandatu, aho bashaka gukomeza kwandika amateka mashya ku mugabane w’u Burayi.

Mikel Arteta yegukanye igihembo cy'umutoza mwiza wa Premier League

Mikel Arteta yahaye Arsenal ibyishimo yaherukaga mu myaka 22 ishize
