Arteta yahishuye amayeri adasanzwe Arsenal ikoresha mu kwitegura imikino

Imikino - 11/09/2026 9:46 AM
Share:

Umwanditsi:

Arteta yahishuye amayeri adasanzwe Arsenal ikoresha mu kwitegura imikino

Umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta, yatangaje amwe mu mayeri adasanzwe ikipe ye ikoresha mu kwitegura imikino ikomeye, harimo no guhindura ubushyuhe bwo mu byumba byo kwambariramo ndetse no gutinza igihe cyo kurya.

Arsenal iri mu bihe byiza mu ntangiriro z’uyu mwaka w’imikino wa 2026/2027 aho yatangiye neza shampiyona ndetse no muri UEFA Champions League ikaba yaratangiye itsinda Napoli 1-0 iyisanze iwayo mu Butaliyani.

Arteta yagarutse ku buryo ikipe ye yitegura imikino, agaragaza ko hari amayeri akoresha kugira ngo abakinnyi be bagere ku kibuga biteguye mu buryo bw’umubiri no mu mutwe.

Muri ayo mayeri harimo gutinza igihe cyo kurya ndetse no kongera ubushyuhe bwo mu byumba abakinnyi bambariramo, byose bigamije kugira ngo ikipe ibashe guhangana neza n’imiterere y’umukino iba itegereje.

Ku rundi ruhande, yanatanze amakuru atanga icyizere kuri Ben White, nyuma y’uko uyu myugariro avuye mu kibuga agenda bigaragara ko afite ikibazo ku mukino uheruka wa Champions League.

White yari wagize akantu ko kubabara mu minota ya nyuma y’umukino. Arteta yatangaje ko uyu mukinnyi nta kibazo gikomeye afite mbere y’umukino Arsenal izakiramo Sunderland ejo ku wa Gatandatu, tariki ya 12 Nzeri. Ati: “Ni muzima, nta kibazo afite.”

White w’imyaka 28 amaze gutangira imikino itanu Arsenal yakinnye muri uyu mwaka w’imikino, kandi ine muri yo yayikinnye iminota 90 yose.

Kuri Jurrian Timber, Arteta yavuze ko amaze iminsi akora imyitozo hamwe n’abandi bakinnyi kandi ko ari kugenda agarura imbaraga. Ati: “Reka tubirebe. Yakoze indi myitozo, amaze iminsi mike akorana natwe kandi asa n’umeze neza.”



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...