Arsène Wenger ntabwo yumva impamvu Arsenal ihota itombora amakipe akomeye muri Champions League

Imikino - 28/08/2026 7:00 PM
Share:

Umwanditsi:

Arsène Wenger ntabwo yumva impamvu Arsenal ihota itombora amakipe akomeye muri Champions League

Umutoza wahoze atoza Arsenal, Arsène Wenger, yagaragaje ko atumva impamvu ikipe yahoze atoza ihora ihura n’amakipe akomeye mu mikino ya UEFA Champions League.

Wenger yavuze ko buri gihe iyo tombola ya Champions League ikozwe, Arsenal isa n’ihabwa abo guhangana na bo bakomeye kurusha abandi, mu gihe andi makipe ahabwa inzira yoroshye yo kugera kure.

Ati: “Mvugishije ukuri, ngomba kubaza nti, kuki buri gihe ari Arsenal? Buri tombola ya Champions League, Arsenal isa n’ihabwa indi mbogamizi ikomeye cyane, mu gihe andi makipe ahabwa inzira yoroshye cyane.”

Uyu mutoza w’Umufaransa yakomeje kwibaza uburyo Arsenal ikomeza guhuzwa n’amakipe akomeye kurusha andi yo ku mugabane w’u Burayi.

Ati: “Ni gute Arsenal ikomeza guhura n’amakipe akomeye kurusha andi mu Burayi? Hari igihe ugomba kubireba ukibaza ibibazo. Ese ni amahirwe macye gusa, cyangwa hari ushaka gutuma urugendo rwa Arsenal ruba rugoye uko bishoboka?”

Wenger, umaze imyaka myinshi mu mupira w’amaguru, yavuze ko nubwo abantu bashobora kuvuga ko tombola ari tombola kandi ko buri kintu gishoboka muri ruhago, hari ibyo umuntu adashobora kwirengagiza.

Ati: “Nzi ko abantu bavuga ko iyi ari ruhago kandi ko ikintu cyose gishobora kubaho, ariko maze imyaka myinshi muri uyu mukino. Iyo ubonye Arsenal ihora ihabwa amakipe akomeye kurusha andi, biragoye kutabibona.”

Wenger yanavuze ko bishobora kuba hari abatinya ko Arsenal yongera kuba ikipe ikomeye ku rwego rw’u Burayi, bityo bagatuma ihura  n’amakipe akomeye kuva mu ntangiriro  kugira ngo igorwe.

Ati: “Ahari batinya ko Arsenal yongera kugira imbaraga zikomeye mu Burayi. Niba ushaka gutinza Arsenal, yihe amakipe akomeye cyane kuva mu ntangiriro.”

Muri tombola ya UEFA Champions League ku munsi wejo,Arsenal yatomboye kuzahura na Real Madrid mu rugo,FC Bayern hanze,Borrusia Dortmund mu rugo,Real Betis hanze,Lille mu rugo,Napoli hanze,Sabah mu rugo na Slavia Praha hanze.

Arsène Wenger watoje Arsenal ntabwo yumva impamvu iyi kipe ihota itombora amakipe akomeye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...