Wenger yavuze ko buri gihe iyo tombola ya Champions
League ikozwe, Arsenal isa n’ihabwa abo guhangana na bo bakomeye kurusha
abandi, mu gihe andi makipe ahabwa inzira yoroshye yo kugera kure.
Ati: “Mvugishije ukuri, ngomba kubaza nti, kuki buri
gihe ari Arsenal? Buri tombola ya Champions League, Arsenal isa n’ihabwa indi
mbogamizi ikomeye cyane, mu gihe andi makipe ahabwa inzira yoroshye cyane.”
Uyu mutoza w’Umufaransa yakomeje kwibaza uburyo
Arsenal ikomeza guhuzwa n’amakipe akomeye kurusha andi yo ku mugabane w’u
Burayi.
Ati: “Ni gute Arsenal ikomeza guhura n’amakipe akomeye
kurusha andi mu Burayi? Hari igihe ugomba kubireba ukibaza ibibazo. Ese ni
amahirwe macye gusa, cyangwa hari ushaka gutuma urugendo rwa Arsenal ruba
rugoye uko bishoboka?”
Wenger, umaze imyaka myinshi mu mupira w’amaguru,
yavuze ko nubwo abantu bashobora kuvuga ko tombola ari tombola kandi ko buri
kintu gishoboka muri ruhago, hari ibyo umuntu adashobora kwirengagiza.
Ati: “Nzi ko abantu bavuga ko iyi ari ruhago kandi ko
ikintu cyose gishobora kubaho, ariko maze imyaka myinshi muri uyu mukino. Iyo
ubonye Arsenal ihora ihabwa amakipe akomeye kurusha andi, biragoye kutabibona.”
Wenger yanavuze ko bishobora kuba hari abatinya ko
Arsenal yongera kuba ikipe ikomeye ku rwego rw’u Burayi, bityo bagatuma
ihura n’amakipe akomeye kuva mu
ntangiriro kugira ngo igorwe.
Ati: “Ahari batinya ko Arsenal yongera kugira imbaraga
zikomeye mu Burayi. Niba ushaka gutinza Arsenal, yihe amakipe akomeye cyane
kuva mu ntangiriro.”
Muri tombola ya UEFA Champions League ku munsi wejo,Arsenal yatomboye kuzahura na Real Madrid mu rugo,FC Bayern hanze,Borrusia Dortmund mu rugo,Real Betis hanze,Lille mu rugo,Napoli hanze,Sabah mu rugo na Slavia Praha hanze.


Arsène Wenger watoje Arsenal ntabwo yumva impamvu iyi kipe ihota itombora amakipe akomeye
