Arongeye aratugabiye! Amashimwe ya Senderi kuri Perezida Kagame nyuma y’iteka rirengera ibihangano by’abahanzi

Imyidagaduro - 06/03/2026 11:52 AM
Share:

Umwanditsi:

Arongeye aratugabiye! Amashimwe ya Senderi kuri Perezida Kagame nyuma y’iteka rirengera ibihangano by’abahanzi

Umuhanzi Senderi wubakiye inganzo ye ku ndirimbo z’uburere mboneragihugu, yashimye byimazeyo Perezida Paul Kagame nyuma y’uko hasohotse iteka rya Minisitiri rigena uburyo bwo gukusanya no gusaranganya amafaranga ava mu ikoreshwa ry’ibihangano by’abahanzi, rirengera uburenganzira bwabo n’ubw’abashamikiyeho.

Iri teka, ryemejwe mu Nama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 4 Werurwe, ryayobowe na Perezida Kagame, rikaba ryarasuzumye kandi aho ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba na politiki by’ingenzi rigeze mu kubaka iterambere rirambye.

Ni icyemezo gikomeye mu kurinda no guteza imbere abahanzi b’u Rwanda, kuko ibihangano byabo bitazongera kuba iby’imitako y’isoko gusa, ahubwo bikazabera isoko y’iterambere rirambye.

Kuva kera, abahanzi benshi bagaragazaga impungenge z’uko indirimbo zabo n’ibindi bihangano byakoreshwa ahantu hatandukanye, radiyo, televiziyo, ibitaramo, mbuga nkoranyambaga, nyamara inyungu ziva muri ibyo ntizigeze zigeraho ku bo bireba.

Senderi mu kiganiro na InyaRwanda, yavuze ko iri teka rishya rige guhindura byinshi. Ati “Kuba iri teka rya Minisitiri rirengera ibihangano by’abahanzi, mbigereranya no kuba Perezida Kagame yongeye kutugabira. Ndashimira Umukuru w’Igihugu ku kuba ku myaka yose ishize yarakomeje kumva ijwi ry’abahanzi, ndetse baririmba ku burere mboneragihugu.”

Yakomeje ashimira Abadepite, Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, n’itangazamakuru ku ruhare bagize mu guha agaciro abahanzi no kubarengera, kuko ubu umutungo wabo mu by’ubwenge ugiye kubageza ku nyungu bakwiye.

Ati: “Ndashimira Abadepite, Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, itangazamakuru batahwemye kutuvugira kugirango abahanzi bave mu bukene, kandi barahanze ibihangano bifite akamaro. Umutungo wacu mu by’ubwenge wungukiraga abandi, ndatekereza ko iki ari gihe cyiza cy’uko noneho abahanzi bagiye kubona ibyo baruhiye biva mu mutungo wabo mu by’ubwenge.”

Senderi yanavuze ko iri teka rifasha abanyamuziki, abatunganya umuziki, abatunganya amajwi, abakinnyi ba filime n’abandi bose bagira uruhare mu guhanga, kuko buri wese azajya arindwa n’amategeko kandi inyungu zivuye mu gihangano zigahabwa buri wese mu mucyo.

Ati “Uyu ni umwanya ku bigo bitanga amasoko, ibya Leta, abikorera, ko ubu noneho bajya bamenya ko nyiri ibihangano bagiye gukoresha azajya yishyurwa mu gihe babikoresherezaga ubuntu (Akagari, Imirenge, Akarere, Intara), uyu ni umwanya wo kumva ko uwo bahaye isoko agomba no gutanga amafaranga ku bahanzi kubera ibihangano byabo azakoresha. Uyu ni umwanya udasanzwe ku bahanzi b’abanyarwanda n’amateka yanditswe binyuze mu iteka rya Minisitiri ryemeza kurengera ibihangano by’abahanzi.”

Yungamo ati: “Mu myaka irenga 20 twakomeje kugaragaza ko ibihangano byacu bikoreshwa n’abandi mu nyungu zabo bwite. Twabonye ibihangano bikoreshwa n’inzego za Leta, abikorera, abatsindira amasoko atandukanye, aba- Dj bacuruza n’abacuranga, n’ahandi, aho hose bakoresha ibihangano by’abahanzi nyarwanda, ariko inyungu ntigere kuri wa muhanzi, ukagirango izo ndirimbo n’izabo cyangwa se bakibwira ko ari izabo.”

Umuyobozi w'Urugaga rwa muzika mu Rwanda (Rwanda Music Federation) akaba n'Umuyobozi ushinzwe kurengera Umutungo bwite mu by'ubwenge Mu Inama nkuru y'Igihugu y'Abahanzi (RAC) Intore Tuyisenge, yabwiye InyaRwanda, ko byose biri muri gahunda y'Igihugu yo gufasha abahanzi n'uruganda rw'ubuhanzi muri rusange kugira ngo abarurimo batungwe n'ibyo bakora bityo banagire uruhare mu kuzamura umusaruro mbumbe w'Igihugu.

Ati: “Abahanzi mu byiciro binyuranye barishimira iri teka ryunganira itegeko N° 055/2024 rihindura itegeko No 50/2018 rirengera umutungo bwite mu by’ubwenge. Iri teka rikuraho urujijo ku ngingo zimwe z’iri tegeko zitari zasobanutse.”

Iri teka si ry’umuhanzi ku giti cye gusa; rinashimangira ko urwego rw’imyidagaduro rutakiri urw’impano gusa, ahubwo ruri kugana mu rwego rw’ubucuruzi bw’umwuga bufite amategeko arurengera.

Ni intambwe iganisha ku kubaka ubukungu bushingiye ku guhanga udushya, aho impano z’urubyiruko zifashwa guhinduka imishinga ibyara inyungu. Ku gihugu, ni isoko rifite icyizere; ku bahanzi, ni igihe cyo kongera guhanga no kubyaza umusaruro ibihangano byabo.

Iteka rya Minisitiri rishya risobanura ko ibihangano bitazongera gufatwa nk’ibintu by’ubuntu byifashishwa nta nyungu bigenera ababiremye.

Ni icyemezo gishobora guhindura imitekerereze, aho ababyeyi bazarushaho guha agaciro impano z’abana babo, n’urubyiruko rukabona ko ubuhanzi atari inzira y’igerageza, ahubwo ari umwuga ushobora gutunga no guteza imbere igihugu.

Mu gihe ishyirwa mu bikorwa rizaba ari ryo rizagena umusaruro waryo, abasesenguzi bavuga ko iri teka rishobora kuba imwe mu nkingi zizubaka ejo hazaza h’uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.

Ku bahanzi, ni igihe cyo kongera guhanga. Ku gihugu, ni igihe cyo kubasigasira.

Ibihugu byinshi ku Isi bigendera ku masezerano akomeye arengera uburenganzira ku bihangano, arimo:

World Intellectual Property Organization (WIPO) – Umuryango w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe umutungo bwite mu by’ubwenge (Intellectual Property).

Berne Convention – Amasezerano arengera ibihangano by’ubuvanganzo n’ubuhanzi.

Rome Convention – Arengera uburenganzira bushamikiyeho (abahanzi baririmba, abakina, abatunganya amajwi n’abandi).

TRIPS Agreement – Amasezerano ya WTO ategeka ibihugu gushyiraho amategeko arengera umutungo bwite mu by’ubwenge.

Ibi bivuze ko igihugu kiba cyasinye ayo masezerano gitegetswe kuyashyira mu mategeko yacyo, kikagira itegeko ryo kurengera abahanzi.

Umuhanzi w’indirimbo z’uburere-mboneragihugu, Senderi, yashimye Perezida Paul Kagame ku gushyiraho iteka rigena uburyo bwo gukusanya no gusaranganya inyungu z’ibihangano. Yavuze ko iri teka rihindura byinshi ku bahanzi, kuko ubu ibihangano byabo bizajya byungukira nyirabyo mu mucyo kandi bikomeze gutunga igihugu

Senderi yavuze ko iri teka rishya rihindura amateka y’abahanzi mu Rwanda, kuko ritazongera gukoresha indirimbo zabo mu nyungu z’abandi gusa, ahubwo rikazageza inyungu ku bo bireba. Yibutsa ko ubu ari igihe cyiza ku bahanzi guhanga no kubyaza umusaruro ibihangano byabo mu buryo bw’umwuga


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...