Arne Slot ni muntu ki? Inkuru ye muri Liverpool

Imikino - 30/05/2026 3:05 PM
Share:

Umwanditsi:

Arne Slot ni muntu ki? Inkuru ye muri Liverpool

Igihe Liverpool yatangazaga Arne Slot nk'umusimbura wa Jürgen Klopp mu mpeshyi ya 2024, benshi bibajije niba uyu Muholandi azitwara neza, bitewe n’igitutu cy’uko yari agiye gusimbura umwe mu batoza bakomeye banyuze muri iyi kipe.

Klopp yari amaze imyaka icyenda ayobora Liverpool, ayihesha ibikombe bikomeye birimo UEFA Champions League ndetse na Premier League, ibintu byatumaga uzamusimbura wese azaba ahanzwe amaso n’abafana ndetse n'itangazamakuru ryo ku isi yose.

Arne Slot wanyuze mu makipe menshi atandukanye yo mu Buholandi nka PEC Zwolle, NAC Breda na Sparta Rotterdam nk’umukinnyi mwiza, nyuma yaje gusezera mu mwaka wa 2013.

Izina ryaje kumenyekana cyane ubwo yabaga umutoza wa AZ Alkmaar mbere yo kujya muri Feyenoord mu mwaka wa 2021. Feyenoord yegukanye UEFA Europa Conference League mu mwaka wa 2022 ndetse n’igikombe cya Shampiyona y'u Buholandi muri 2023.

Uko kwigaragaza neza muri iyi kipe byatumye Liverpool imugirira icyizere cyo gusimbura Klopp wari umaze gutangaza ko agiye kuyivamo, muri Mata 2024 asinya amasezerano azamara imyaka 3, kugera muri Kamena 2027.

Mu mwaka we wa mbere, yawukoresheje neza agendendeye ku musingi yari asanze muri iyi kipe yegukana Premier League, aba umwe mu batoza bake cyane batsindiye iki gikombe mu mwaka wabo wa mbere muri iyi shampiyona ndetse n'umuholandi wa mbere uciye ako gahigo.

Iyo ntsinzi yamuhesheje icyubahiro gikomeye mu Bwongereza no ku mugabane w'u Burayi, ndetse benshi batangira kumubonamo ushobora bwo gukomeza umurage wa Klopp.

Gusa umupira w'amaguru habamo impinduka zihuse, mu mwaka wa kabiri byarahindutse cyane aho mu mikino 38 batsinzemo 17, anganya mu mikino 9 indi 12 arayinsindwa, ibi byatumye asoza shampiyona ari ku mwanya wa 5 n’amanota 60. Ikindi kandi iyi kipe yahise ibona tike yo kuzitabira UEFA Champions League mu mwaka wa 2026-2027.

Kubera umusaruro we utanyuze abayobozi ba Liverpool, kuri uyu wa 30 Gicurasi 2026, iyi kipe yatangaje ko itakiri kumwe n’uyu Muholandi ndetse hari guhabwa amahirwe Andoni Iraola Sagarna Umunya Espagne watozaga Bournemouth

Arne Slot wageze muri Liverpool asimbuye Jürgen Klopp, yari yitezweho byinshi gusa igihe nticyamukundira n’ubwo yayihesheje igikombe cya Premier League, mu mwaka we wa mbere. Gusa uwa kabiri utumye asezererwa igihe cy’amasezerano cye kitageze.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...