Ariel Wayz yishyujwe Juno Kizigenza ahitamo King James na Riderman

Imyidagaduro - 20/07/2025 2:31 PM
Share:

Umwanditsi:

Ariel Wayz yishyujwe Juno Kizigenza ahitamo King James na Riderman

Ubwo yataramiraga abakunzi be bo mu karere ka Nyagatare, abafana ba Ariel Wayz baririmbye Juno Kizigenza bashaka ko aza ku rubyiniro ariko ntiyaza ahubwo Ariel Wayz ataramira ku rubyiniro rumwe na King James na Riderman.

Ni mu gitaramo cy’umunsi wa gatatu cya MTN Iwacu Muzika Festival cyabereye mu karere ka Nyagatare akaba ari ku nshuro ya kabiri ibi bitaramo byari bibereye muri aka karere kari mu Burasirazuba bw’u Rwanda.

Ubwo Ariel Wayz yarimo aririmba, abafana be batereye hejuru baririmba cyane bati ‘Zana Juno’ ariko Ariel Wayz abima amatwi cyane ko Juno Kizigenza we yari yamaze kuva ku rubyiniro mbere ye.

Aba bafana bakomeje kuririmba cyane hanyuma Ariel Wayz arababwira ati “Mureke tubanze twibyinire turaza kureba ibyo ari byo.” Nyuma bongeye ahita ababwira ati “Juno arananiwe.”

Ubwo yari ageze ku ndirimbo ‘Depanage’, Ariel Wayz yatunguwe na Riderman bakoranye iyi ndirimbo hanyuma araza barayiririmbana. Nyuma y’aho Riderman yavuze ko yahoraga yifuza kuririmbana iyi ndirimbo na Ariel Wayz ariko ntibikunde.

Yagize ati “I Gicumbi nageze aho igitaramo cyabereye indirimbo ayigezemo hagati numva nanjye birambabaje kubona ndi aho igitaramo cyabereye nanjye, wenda mpageze nkerereweho gato kuko nari kuririmba nyuma, hari harimo abandi bantu benshi hagati numva birambabaje kumva arimo kurapa wenyine ku rubyiniro arimo ayishimira ariko numva byaryoha cyane turi kumwe.”

Arakomeza ati “Yagiye ku rubyiniro ndi hano mpita nsaba indangururamajwi musanga ku rubyiniro kandi ni ibintu nakoze nawe atari abizi ko mbikora gusa ikiza ni uko nishimye kuko ntabwo dukunze kuririmbana iriya ndirimbo.”

Ubwo Ariel Wayz yashimiraga Riderman avuye ku rubyiniro, abantu bongeye kuririmba n’amajwi arenga bati “Juno Juno” ariko kubera ko Ariel Wayz yari yababwiye ko ananiwe atagaruka, akomeza kuririmba izindi ndirimbo yateguye.

Nyuma yo kuva ku rubyiniro, abandi bahanzi bagarutseho ndetse na Juno wari wavuzwe ko ananiwe agarukana ku rubyiniro na Bulldog hanyuma King James ageze ku rubyiniro abanza kuririmba indirimbo ze zigenda gahoro gahoro.

Ubwo yari agiye kuririmba indirimbo “Ndagukumbuye” yakoranye na Ariel Wayz, yabanje kubwira abafana be ati “Kanze mbanze mpamagare umwana w’umukobwa nkunda cyane. Ni Ariel Wayz.”

Ariel Wayz yahise agaruka ku rubyiniro baririmbana indirimbo “Ndagukumbuye” iri kuri album “Ubushobozi” ya King James, yasohotse mu 2023.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, King James yavuze ko Ariel Wayz ari umuhanzi mwiza ndetse ufite na album nshya kandi yifuza kumufasha. Ati: “Icyo namubonyemo nakimubonyemo cyera kandi ndibaza n’abanyarwanda bamaze kubibona, afite ijwi ryiza,ni umuhanga cyane kandi ari gukora ibintu byiza.”

Mu mpera z’icyumweru gitaha, ibi bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bizakomereza mu karere Ngoma ari nabwo ibi bitaramo bizaba birangirira mu ntara y’Iburasirazuba hakazakurikiraho Amajyepfo n’Iburengerazuba.

Ariel Wayz yasabwe n'abafana kuzana ku rubyiniro Juno Kizigenza


Riderman yatunguye Ariel Wayz amusanga ku rubyiniro baririmbana indirimbo 'Depanage'


King James yahamagaye Ariel Wayz ku rubyiniro baririmbana indirimbo bakoranye yitwa 'Ndagukumbuye'



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...