Ariel Wayz mu byishimo byinshi yizihiza umwaka amaze ahagaritse gukoresha ibiyobyabwenge

Imyidagaduro - 14/09/2026 12:59 PM
Share:

Umwanditsi:

Ariel Wayz mu byishimo byinshi yizihiza umwaka amaze ahagaritse gukoresha ibiyobyabwenge

Nyuma y’umwaka avuye kuvurirwa muri Rehab iherereye mu karere ka Huye, umuhanzikazi Ariel Wayz yishimiye ko amaze uwo mwaka ahagaritse kunywa ibiyobyabwenge aboneraho no guteguza indirimbo nshya.

Ariel Wayz ari mu byishimo byinshi nyuma y’umwaka wose ahagaritse kunywa ibiyobyabwenge byatumye mu mwaka ushize ajyanwa muri Rehab iherereye mu karere ka Huye.

Mu kwezi kwa cyena umwaka ushize, nibwo Ariel Wayz yajyanywe muri Rehab iherereye iHuye icyo gihe akaba yari nyuma yo gupimwa na polisi bagasanga akoresha ibiyobyabwenge.

Mu rwego rwo kubyishimira, yahise anateguza indirimbo nshya nk’uko yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X.

Yagize ati “Umwaka umwe ndi mu buzima bwiza. Ntibyari byoroshye, ariko kubona ubufasha byampaye amahirwe yo gukira! Nzahora nshima kandi nishimira aho ngeze.”

Nyuma y’ubwo butumwa yahise arenzaho ko agiye gushyira hanze indirimbo nshya, abantu bamubwira ko bayitegerezanyije amatsiko menshi.

Ariel Wayz ni ubuhamya bwigendera ku bubi bw’ibiyobyabwenge

Muri nzeri umwaka ushize, Ariel Wayz n’abandi bari bamaze iminsi bafunganywe nyuma yo gutabwa muri yombi barengeje amasaha yemewe yo kuba bari mu kabari bagapimwa ibiyobyabwenge ndetse bakabibasangamo, bajyanywe mu kigo ngororamuco cy’i Huye.

Aba bahanzi batawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa 5 rishyira ku wa 6 Nzeri 2025 barengeje amasaha y’akabari ubundi baza no gupimwa ibiyobyabwenge ari na byo bakurikiranyweho gukoresha.

Ibi byagize ingaruka ku rugendo Ariel Wayz yari ari kwitegura gukorera muri Kenya aho yari afite ibikorwa bya muzika birimo kuhakorera indirimbo kuko byari byitezwe ko tariki 6 Nzeri 2025 yagombaga kuba yagiye ariko birangira bitabaye.

Mu mwaka wa 2024 muri Nzeri, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC cyatangaje ko ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko ubuzima bwo mu mutwe bw’urubyiruko mu Rwanda buri mu kaga kuko 25% banywa ibiyobyabwenge, umubare munini muri bo bagasogongera ku bwoko butandukanye buri kwezi.

Raporo y’Urwego rw’Ubucamanza mu 2023/2024 yagaragarazaga ko ibyaha byo gukora ibikorwa byerekeranye n’ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo byageze mu nkiko ari 5,413.

Mu mwaka wa 2024/2025, inkiko zo mu Rwanda zakiriye dosiye 5,590 zishingiye ku cyaha cyo gukora ibikorwa byerekeranye n’ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo.

Mu mwaka wa 2025, imibare mishya y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yerekanye ko ikibazo cy’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu rubyiruko cyakomeje gufata intera ihangayikishije.

Raporo zo muri uwo mwaka zagaragaje ko: Abasaga 6,000 (benshi muri bo bakaba ari urubyiruko) bari bamaze kubatwa burundu n’ibiyobyabwenge (drug addiction).

Urubyiruko n’abandi bantu bagera kuri 3,129 bageze ku rwego rwo gushaka ubuvuzi bwihariye mu bitaro bikuru kubera ingaruka zikomeye z’inzoga n’ibiyobyabwenge.

Iyi mibare, yiyongera ku kigero cya 25% cyatangajwe mu 2024, yakomeje gushimangira ko inzoga n’urumogi ari byo biyobyabwenge biza ku isonga mu kwibasira ejo hazaza h’urubyiruko mu Rwanda.

Muri uyu mwaka wa 2026, Leta yafashe ingamba zikakaye zo kubungabunga ubuzima bw’urubyiruko kuko benshi bari bamaze kwijandika mu mico mibi yo kunywa ibiyobyabwenge ndetse n’inzoga z’inkorano.

Icyo gihe, inzoga zinkorano zitujuje ubuziranenge zakuwe ku isoko ndetse ziramenwa kugira ngo zidakomeza kwangiza abantu hanatangira ubukangurambaga bwa “Sober Ghee” na “Sober Chou” igamije gushishakiriza urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge.


Umwaka urashize Ariel Wayz na Babo bajyanywe muri Rehab mu karere ka Huye 


 Ariel Wayz mu byishimo byinshi nyuma y'umwaka amaze ahagaritse kunywa ibiyobyabwenge


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...