Ku wa 20 Kanama 2026, itsinda
rishyigikiye Trump yashyize kuri TikTok video igaragaza Perezida Donald Trump
agenda yerekeza ku rubyiniro mu gikorwa cya politiki. Muri iyo video
hakoreshejwe indirimbo ya Ariana Grande yo mu 2024 yitwa “We Can’t Be
Friends (Wait for Your Love)”.
Muri iyo video hari
handitse amagambo agira ati: “Njye n’ukuri kwanjye turicaye mu mutuzo...
abagabo ntibashobora kubyara kandi ntibakwiye guhatana mu mikino y’abagore.”
Ariana Grande, wari
wavuzwe muri iyo nyandiko, yahise asubiza mu bitekerezo asaba ko indirimbo ze
zitongera gukoreshwa mu bikorwa bya Trump.
Yagize ati: “Ntimuzongere
gukoresha umuziki wanjye. Nanone, ukuri kwawe ni ukw’ikinyoma.”
Nyuma y’iki gisubizo,
amajwi y’indirimbo “We Can’t Be Friends (Wait for Your Love)” yakuwe kuri iyo
video.
Si ubwa mbere Ariana
Grande anenga Trump
Iyi ni inshuro ya kabiri
Ariana Grande agaragaje ko atishimiye kuba Trump akoresha indirimbo ze mu
butumwa bwa politiki.
Mbere, Trump yari
yarakoresheje indi ndirimbo ye yo mu 2024 yitwa “Bye”, mu video
yerekanaga abakozi b’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika, ICE,
bafata abantu.
Iyo video yari iherekejwe
n’amagambo agira ati: “Bye-bye. Perezida Trump yazanye umupaka ufite
umutekano kurusha iyindi yose mu mateka.”
Ariana Grande na bwo yari
yasubije Trump, amusaba kutongera gukoresha indirimbo ze mu bikorwa nk’ibyo.
Yagize ati: “Nyamuneka,
ntuzongere gukoresha umuziki wanjye ujyanye n’ibi bikorwa by’ubugome, bidafite
ubumuntu kandi biteye ishozi.”
Yanongeyeho amagambo
akomeye yamagana ibikorwa bya ICE.
Kuba Ariana Grande
akomeje kwamagana ikoreshwa ry’indirimbo ze muri gahunda za Trump, bikomeje
kugaragaza impaka zimaze igihe hagati y’abahanzi n’abanyapolitiki ku
burenganzira bwo gukoresha umuziki w’abahanzi mu bikorwa bya politiki.
