Uyu
muhanzi wamamaye cyane mu njyana ya Hip Hop na Afrobeat, wamenyekanye mu
ndirimbo zirimo ‘Motigbana’, aje mu gitaramo cyiswe “Party Next Door: BAL
Edition”, gitegerejwe n’abatari bake mu bakunzi b’umuziki.
Olamide
yavutse ku wa 15 Werurwe 1989, avukira
anakurira i Bariga muri Leta ya Lagos muri Nigeria.
Ni
umwe mu bahanzi bakomeye bakoresha cyane ururimi rw’Iyoruba mu bihangano bye,
ibintu byamuhesheje umwihariko ku isoko ry’umuziki.
Yatangiye
urugendo rwe rwa muzika mu 2000, ariko izina rye ritangira kumenyekana cyane mu
2010, ubwo yasohoraga indirimbo ‘Eni Duro’ yakoranye na ID Cabasa. Iyi ndirimbo
yamufunguriye amarembo yo kumenyekana muri Nigeria no hanze yayo.
Mu
2011 yasohoye album ye ya mbere yise ‘Rapsodi’, yakunzwe cyane ndetse imufasha
gukorana n’abahanzi bakomeye barimo Wizkid, D'banj, na 9ice.
Mu
2012 yashinze inzu ifasha abahanzi ya YBNL (Yahoo Boy No Laptop), ari nayo yaje
kumubera intambwe ikomeye mu kuzamura impano nshya ndetse no gukomeza kwagura
izina rye.
Yasohoye
album nyinshi zakunzwe zirimo ‘Baddest Guy Everliveth’ (2013), ‘Street OT’
(2014), ‘Eyan Mayweather’ (2015), ‘The Glory’ (2016) n’izindi. Indirimbo ze nka
‘Motigbana’, ‘Totori’ yakoranye na Wizkid, na ‘Pawon’ zatumye arushaho gukundwa
ku rwego mpuzamahanga.
Mu
buzima busanzwe, Olamide yahuye n’ibihe bikomeye aho yabuze ababyeyi be bombi;
se yitabye Imana mu 2015, nyina apfa mu 2017.
Afite
umuvandimwe witwa DJ Enimoney, na we uri mu bijyanye n’umuziki. Akundana na
Aisha Sulieman kuva mu 2014, bakaba bafitanye umwana umwe witwa Batifeori
Maximilliano wavutse mu 2016.
Uyu
muhanzi yegukanye ibihembo byinshi birimo Nigeria Entertainment Awards na The
Headies Awards mu byiciro bitandukanye birimo ‘Best Rap Album’, ‘Artist of the
Year’ n’ibindi.
Olamide
abarirwa mu bahanzi batunze agatubutse muri Nigeria, aho umutungo we ubarirwa
hagati ya miliyoni 10.5$ na 13$.
Mu
byo yigaragazamo harimo n’imodoka zihenze zirimo Mercedes-Benz G-Class [Mu
mafaranga y’u Rwanda: hafi Miliyoni 200 – 260 Frw], Range Rover Sport [Hagati
ya Miliyoni 110 –250 Frw], Range Rover V8 [Hagati ya Miliyoni 160 – 280 Frw],
Toyota Camry [Hafi Miliyoni 35 – 50 Frw] na Rolls Royce Phantom [Hagati ya Miliyoni
700 – 850 Frw], ibintu bituma aza ku rutonde rw’abahanzi bafite ubuzima
buhenze.
Muri
izi modoka ihendutse ni Toyota Camry, izi hagati ni Range Rover & G-Class,
ni mu gihe ihenze cyane kurusha izindi ari Rolls-Royce Phantom.
Igitaramo
cya Olamide i Kigali gitegerejweho kuzana ibyishimo byinshi, aho abazacyitabira
bazaryoherwa n’indirimbo ze zakunzwe ndetse n’imbaraga azwiho ku rubyiniro.
Abategura iki gitaramo batangaje ko amatike yamaze gushyirwa hanze binyuze ku rubuga rwa www.ticqet.rw ndetse basaba abantu kwihutira kuyagura kare.
Ni igitaramo gishobora kuzasiga amateka mu myidagaduro y’i Kigali, cyane ko ari ubwa mbere uyu muhanzi uremereye azaba ahataramira.

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria, Olamide, wamamaye mu ndirimbo nka ‘Motigbana’, ategerejwe i Kigali aho azataramira ku nshuro ye ya mbere mu gitaramo kizabera kuri Zaria Court ku wa 30 Gicurasi 2026

Uretse kuba azwiho indirimbo zakunzwe n’ubuzima buhenze burimo n’imodoka z’akataraboneka, Olamide yabaye umuhanzi wanafashije bagenzi be aho yashinze ‘Label

Nyuma yo kubaka izina rikomeye muri Afurika no ku isi, Olamide yanatwaye ibihembo bikomeye mu muziki hirya no hino ku Isi
