Arenga Miliyoni 6 Frw yahawe abegukanye ibihembo muri ‘Mashariki African Film Festival’ – AMAFOTO

Imyidagaduro - 02/12/2025 4:16 AM
Share:

Umwanditsi:

Arenga Miliyoni 6 Frw yahawe abegukanye ibihembo muri ‘Mashariki African Film Festival’ – AMAFOTO

Iserukiramuco rya Mashariki "African Film Festival 2025" ryasojwe hatangzwa urutonde rw’abegukanye ibihembo mu byiciro bitandukanye, aho hemejwe ko mu byiciro byose 27 byatanzwemo ibihembo, amafaranga yatanzwe angana na 6,800,000 Frw, aherekejwe n’ibikombe bitandukanye.

Iri serukiramuco ryatangiye ku wa 22 Ugushyingo 2025, risozwa ku wa Gatandatu tariki 29 Ugushyingo 2025 mu birori bikomeye byabereye muri Kigali Serena Hotel, byitabirwa n’inzobere mu ruganda rwa sinema, abakinnyi, abayobozi ba filime n’abandi bafite aho bahuriye n’uru rwego mu Rwanda no mu mahanga.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Umutoni Sandrine, yashimye abitabiriye bose, by’umwihariko abakora sinema bazirikana ko uruhare rwabo rufite ingaruka nziza ku bukungu bw’igihugu.

Yagize ati: “Abahanzi, abandika filime turabashimira cyane. Mukomeze mukotane, ibi bihembo bikomeze bibabere imbaraga. Filime si ugushimisha gusa, ifasha mu guhanga urwibutso no guteza imbere ubukungu, ni yo mpamvu Leta ikomeje gushora imari mu buhanzi.”

Yanashishikarije n’abikorera kongera uruhare rwabo mu guteza imbere sinema nyarwanda.

Umuyobozi Mukuru wa Mashariki African Film Festival, Trésor Senga, yavuze ko uyu mwaka bishimiye kwagura ibikorwa birimo ‘Masharket’, isoko rifasha abacuruza filime n’abazikora kuzigurisha no kuhuza amahirwe.

Yagize ati: “Tugamije kuzamura sinema nyarwanda n’iy’afrika kugira ngo abakora sinema babone urubuga rwo kuvuga inkuru zabo. Uyu mwaka twakiriye abashyitsi barenga 2000 baturutse impande zinyuranye.”

Yongeraho ko bashimishijwe no gusura Intara batembereje abakinnyi ba filime kugira ngo bakomeze kwegera abafana babo.

Abegukanye ibihembo;

1.Iziwacu Category Winners

Iziwacu Best Tv Series

Hurts Harder By Yves Mizero

2.Iziwacu Best Web Series

The Devil By Killerman

3.Iziwacu Best Actress

Antoinette Uwamahoro. Yahembwe 1,000,000 Frw

4.Iziwacu Best Actor

Irunga Rongin (Tukowote). Yahembwe 1,000,000 Frw

5.Best Director

Yves Mizero: Yahembwe 200,000 Frw

6.Iziwacu Life Time Achievement Award Male

Papa Sava yahawe igihembo cy’imyaka 30 amaze muri sinema. (Yahembwe 500,000 Frw)

7.Iziwacu Life Time Achievement Award Fimele

Mama Zulu na we yahawe igihembo kubera imyaka myinshi amaze muri sinema. (Yahembwe 500,000 Frw)

8.Iziwacu Best Dop

Louis Udahemuka

9.Iziwacu Best Short Film

My Insight By Dusabimana Israel

10.Iziwacu Best Make Up

Usanzineza Abdoulkarim (Rambo): Yahembwe 200,000 Frw.

11.Iziwacu Best Costume Designer

Mutegwaraba Aldha

12.Iziwacu Best Script Writer

Mutiganda Wa Nkunda. Yahembwe 200,000 Frw.

13.Iziwacu Best Editor

Akimana Olivier: Yahembwe 200,000 Frw.

14.Iziwacu Best Gaffer

Maniraguha Vicent Afrika. Yahembwe 200,000 Frw.

15.Iziwacu Best Supporting Actor

Uwihoreye Jean Bosco (Ndimbati). Yahembwe 200,000 Frw.

16.Iziwacu Best Supporting Actress

Kayites Alice (Linda). Yahembwe 200,000 Frw.

17.Iziwacu Best Upcoming Actress

Mumararungu Joanitha (Eyes). Yahembwe 500,000 Frw.

18.Iziwacu Best Set Production Designer

Mugwaneza Emmanuel (Sunzu)

19.Iziwacu Best Visual Effect Film

Incubation By Deus

20.Iziwacu Best House Media Partner

Chita Magic

21.Iziwacu Best Sound Engineer

Aboubakar Ngabo Nziza (Abuba)

22.Iziwacu Best Feature Film

Ibyahishuwe By Niyoyita Roger

23.Iziwacu Best Upcoming Actor

Mwitende Aboudurkalim (Burikantu). Yahembwe 500,000 Frw.

Abo hanze…

24.Short Film

Amazeze (Zimbabwe)

25.Documentaries

Mention: Women’s Village

Award: Memories Of Love Returned -Ntare Guma Mbaho Mwine

(Uganda- Usa)

26.Tv Series

Long Features Fiction

Special Mentions To : Kimote By Hassan Mageye (Uganda)

27.Best Feature Film Of Mashariki African Film Festival 2025

My Father’s Shadow By Akinola Davies Jr (Nigeria/Uk/Ireland)

Abegukanye ibihembo bya Mashariki 2025 bakiriye miliyoni zisaga 6 Frw mu rwego rwo gushyigikira urugendo rwabo muri sinema nyarwanda

Umutoni Sandrine yashimye abahanzi mu ruhererekane rwa sinema, abasaba gukomeza gukotana no gukora ibirenze ibisanzwe

Trésor Senga yavuze ko intego ya Mashariki ari imwe gusa: kuzamura sinema nyarwanda n’inyafurika

 

Abasaga 2000 bitabiriye Mashariki 2025, mu birori byahuriyemo impuguke n’abakunzi ba filime 

Papa Sava na Mama Zulu bahawe ibihembo by’ishimwe ry’imyaka bamaze batambutsa umuco muri sinema nyarwanda

 Antoinette Uwamahoro na Irunga Rongin batahanye miliyoni 1 Frw buri umwe nyuma yo kwitwara neza mu Iziwacu Awards

Bamenya yegukanye People’s Choice Award nyuma imodoka muri ‘Mashariki’

Yves Mizero yatwaye ibihembo bibiri birimo Best TV Series na Best Director


Kecapu wamamaye muri filime 'Bamenya' yegukanye imodoka mu bihembo bya 'Mashariki'

Ibyahishuwe ya Niyoyita Roger yegukanye Iziwacu Best Feature Film

Mashariki yongeye gushimangira ‘Masharket’, isoko rifasha abacuruza filime n’abazikora

Umunezero n’udushya byaranze ijoro risoza Mashariki 2025, abatsinze bakira ibihembo by’ubudasa




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...