Diamond
Platnumz uri i Kigali aho yitegura gutaramira Abanyarwanda mu gitaramo yise
“Diamond Platnumz Experience”, yavuze ko urukundo n’uburyo Abanyarwanda
bakiriye umuziki we ari bimwe mu byatumye ashyira imbaraga zidasanzwe mu
gutegura iki gitaramo.
Yabigarutseho
kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Kanama 2026, ubwo yari ageze i Kigali, aho kuri
uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Kanama 2026 ataramira abakunzi be muri Parking ya
BK Arena.
Diamond
ni umwe mu bahanzi bo muri Afurika y’Iburasirazuba bamaze kubaka izina rikomeye
mu Rwanda, ndetse akaba amaze imyaka agaruka i Kigali mu bitaramo bitandukanye.
Kuri
iyi nshuro ariko, aje afite igitaramo, aho afatanya n’abahanzi nyarwanda
barimo Bruce Melodie, Nel Ngabo na Ish Kevin.
Diamond
Platnumz yavuze ko u Rwanda ari igihugu afata nko mu rugo, bitewe n’urukundo
avuga ko akomeza kubona mu Banyarwanda.
Uyu
muhanzi yavuze kandi ko kuva yahura na Perezida Paul Kagame, yabonye ko na we
amushyigikira mu rugendo rwe rw’umuziki.
Ati:
“Nkunda u Rwanda. Abantu hano bamfitiye urukundo rudasanzwe. Perezida Paul
Kagame ndabizi ko ankunda, aranshyigikira cyane.”
Yakomeje
avuga ko ubwo yahuraga na Perezida Kagame mu 2023, yamubonye nk’umuntu mwiza,
ndetse ko yishimira uburyo Abanyarwanda bakunda umuziki we.
Ati:
“Na cya gihe ubwo nari hano [muri 2023], nahuye nawe, ni umuntu mwiza, kandi
numva neza uburyo Abanyarwanda bankunda, kandi bashyigikira umuziki.”
Kuri
Diamond, urukundo ahabwa mu Rwanda ntirugarukira ku kuba abantu bumva indirimbo
ze gusa, ahubwo avuga ko ari kimwe mu bintu bimushishikariza gukomeza kuzana
imishinga n’ibitaramo bikomeye mu gihugu.
Yashyize imbaraga
mu kwamamaza igitaramo cye
Diamond
Platnumz yavuze ko yashyize imbaraga nyinshi mu kumenyekanisha “Diamond
Platnumz Experience”, kuko azi ko ari igitaramo gitegerejwe n’abakunzi
b’umuziki we mu Rwanda.
Yavuze
ko yifashishije imiyoboro y’itangazamakuru n’itumanaho rya Wasafi kugira ngo
ubutumwa bw’igitaramo bugere ku bantu benshi.
Ku
bwe, kuba umuhanzi wo muri Afurika ashobora gukora ibikorwa bikagera ku bantu
benshi ku mugabane ndetse no hanze yawo, ni ikimenyetso cy’uko Afurika ifite
ubushobozi bwo gukora ibintu bikagera ku Isi yose.
Diamond
yavuze ko iki gitaramo azafatanyamo n’abahanzi nyarwanda kigomba kuba ijoro
ridasanzwe, abantu bazibukiraho igihe kirekire.
Ati:
“U Rwanda ni mu rugo. Kandi, mbona uburyo namwe mwashyizemo imbaraga, nanjye
rero nagomba kubigenza uko, mfite amatsiko rwose. Ndabizi ko abantu
batazibagirwa uyu munsi rwose.”
Masai Ujiri ni we
watumye Diamond ahura na Perezida Kagame
Amateka
y’umubano wa Diamond Platnumz na Perezida Kagame si mashya.
Bombi
bahuye bwa mbere mu buryo bwagarutsweho cyane mu 2023, ubwo Diamond yari
yitabiriye ibikorwa bya Giants of Africa mu Rwanda.
Uwari
uhari anafite uruhare muri uwo mubano ni Masai Ujiri, umuyobozi wa Giants of
Africa.
Mu
muhango wo gushyira ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ibikorwa bya Zaria Court i
Remera, hafi ya Stade Amahoro, Masai Ujiri yahishuye ko ari we wafashije
Diamond guhura na Perezida Kagame.
Yavuze
ko umuziki na siporo ari ibintu bishobora guhuza abantu ndetse bikagira uruhare
mu guteza imbere umubano hagati yabo.
Masai
yavuze ko nyuma y’igitaramo cya Giants of Africa, Diamond yamubwiye ko yifuza
guhura na Perezida Kagame.
Ati:
“Nimugoroba twari dufite igitaramo kidasanzwe, twaramiwe na Diamond Platnumz,
nyuma yaje arambwira ati ‘ndifuza guhura na Perezida Kagame’.”
Uwo
munsi, Diamond yahuye na Perezida Kagame, ndetse mu biganiro byabo agaragaza ko
yatangajwe n’ibikorwa remezo birimo BK Arena.
Masai
yavuze ko Diamond yabwiye Perezida Kagame ko hari byinshi yigiye kuri iyo
nyubako ndetse ko afite inzozi zo kuzabona Arena nk’iyo mu gihugu cye.
Nyuma
y’icyo gikorwa, Diamond Platnumz yashimiye Perezida Kagame ku buryo yamwakiriye
ndetse agaragaza ko yashimishijwe n’uburyo ashyigikira urubyiruko, ubuhanzi na
siporo.
Mu
butumwa yanditse icyo gihe, Diamond yashimye Perezida Kagame ku muhate ashyira
mu guteza imbere urubyiruko n’imyidagaduro.
Yagize
ati: “Nyuma y’akazi kenshi muba mufite, urukundo ukunda urubyiruko no kwiyemeza
guteza imbere ubuhanzi na siporo byagaragaye nk’uko mwifatanyije natwe ejo.
Ubwitange bwawe mu guteza imbere umuco n’ubuhanzi birashimishije rwose.”
Yakomeje
agira ati: “Ndabashimira ku buryo mwanyakiriye no gushyiraho umwuka mwiza
ushishikariza ubufatanye n’iterambere.”
Diamond
kandi yavuze ko yifuza ko umubano hagati y’ibihugu byombi wakomeza gukomera
binyuze mu buhanzi na siporo.
Ati:
“Tugiye gukomeza gushimangira umubano uri hagati y’ibihugu byacu, imiryango
yacu y’ubuhanzi hamwe na siporo.”
Inzozi zo
kuririmba muri BK Arena zatangiye mbere
Kuva
mbere, Diamond Platnumz yari yaragaragaje ko afite inyota yo gutaramira muri BK
Arena.
Mu
2019 ubwo yasuraga iyi nyubako, yari yavuze ko yifuza kuzayisangamo igitaramo
cye.
Izo
nzozi zatangiye gusatira ukuri mu 2023 ubwo yataramiraga i Kigali mu bikorwa
bya Giants of Africa, ndetse akagira amahirwe yo guhura na Perezida Kagame.
Ubu,
nyuma y’imyaka itatu, Diamond agarutse i Kigali afite igitaramo cye bwite,
“Diamond Platnumz Experience”, aho azongera guhura n’abakunzi b’umuziki we
ndetse n’abahanzi nyarwanda.
Ni
igitaramo yiteguye nyuma yo gukomeza gushimangira ko u Rwanda ari “mu rugo” kandi
ko urukundo ahabwa n’Abanyarwanda ari kimwe mu bintu bituma akomeza
kurugarukamo.
Ku
mugoroba w’iki gitaramo, Diamond azaba ashaka gusubiza urukundo avuga ko yahawe
n’u Rwanda, mu gitaramo yifuza ko kizaba kimwe mu bihe bizibukwa mu rugendo rwe
rwa muzika muri Afurika y’Iburasirazuba.
Tariki
14 Kanama 2023, Diamond yahuye kandi agirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame

