Arabie Saoudite yifatanyije na Amerika kugaba ibitero ku mitwe ishyigikiwe na Iran muri Iraq

Hanze - 29/07/2026 3:29 PM
Share:
Arabie Saoudite yifatanyije na Amerika kugaba ibitero ku mitwe ishyigikiwe na Iran muri Iraq

Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zifatanyije n'Ubwami bwa Arabie Saoudite zagabye ibitero ku birindiro by'imitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe na Iran ikorera muri Iraq, mu gikorwa gishobora kurushaho gukaza umwuka mubi mu Burasirazuba bwo Hagati.

Igisirikare cya Amerika gishinzwe ibikorwa byo mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) cyatangaje ko ibyo bitero byagabwe mu gusubiza ibitero birenga 30 by'indege zitagira abapilote (drones) bivugwa ko byoherejwe n'Umutwe w'Ingabo za Iran zirinda Impinduramatwara (IRGC), bigamije kugaba ibitero ku ngabo za Amerika no ku bikorwa remezo by'ingufu za Arabie Saoudite.

Umutwe wa Popular Mobilisation Forces (PMF), ugizwe ahanini n'imitwe y'aba-Shia ishyigikiwe na Iran, watangaje ko abantu nibura 20 bawubarizwagamo bishwe, mu gihe abandi 32 bakomerekeye muri ibyo bitero byagabwe mu ntara zirimo Baghdad, Diyala, Nineveh, Basra, Kirkuk, Karbala na Wasit. PMF yavuze ko ibyo bitero ari uguhungabanya ubusugire bwa Iraq no kwibasira inzego z'umutekano zemewe n'amategeko.

Mu gihe Iran ihakana kugira uruhare mu bitero bya drones byagabwe kuri Arabie Saoudite, impande zombi zikomeje guterana amagambo, ibintu bikomeje guteza impungenge ku mutekano w'akarere no ku isoko ry'ibikomoka kuri peteroli ku rwego mpuzamahanga.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...