Uyu mukino wo ku munsi wa nyuma wo mu itsinda A rya CECAFA Kagame Cup 2026 wakinwe kuri uyu wa Kane saa Moya muri Stade Amahoro imbere y’abafana mbarwa.
Amakipe yombi yatangiranye imbaraga zo gushaka igitego hakiri kare, gusa Vipers FC akaba ariyo ibona uburyo binyuze ku bakinnyi bayo barimo Chukwuma Odili.
Ku munota wa 14 APR FC yari ibonye uburyo bwa mbere imbere y’izamu ku mupira Amani Michel yari ahawe ariko birangira ba myugariro ba Vipers batabaye bawumukuraho.
Hari aho Byiringiro Jean Gilbert ’Kagege’ yahinduye umupira mwiza usanga Memel Dao arebana n’izamu.
Ku wa 19 ikipe y’Ingabo z’igihugu yafunguye amazamu ku gitego cya Mamadou Traore.
APR FC yakomeje kubona uburyo binashoboka gutsinda igitego cya kabiri ariko ku munota wa 38 Vipers ihita yishyura ku gitego cya Gusto Mulongo wa Ilunga. Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya 1-1.
Mu gice cya kabiri, APR FC yashakaga cyane igitego, ikibona ku munota wa 64 gitsinzwe na Djibril Ouattara akoresheje umutwe ku mupira yahawe na Memel Dao.
APR FC yasoje umukino itsinze ibitego 2-1 isoreza ku mwanya wa Gatatu mu itsinda A n’umwenda w’ibitego 2 ihita isezererwa. Ni nyuma y'uko Gor Mahia ariyo yasoreje ku mwanya wa mbere naho Vipers iba iya kabiri.



APR FC yatsinze Vipers ibitego 2-1 ihita isezererwa muri CECAFA Kagame Cup 2026
