APR FC yasinyishije abakinnyi bane bo mu Intare FC

Imikino - 25/06/2026 8:13 AM
Share:
APR FC yasinyishije abakinnyi bane bo mu Intare FC

Ikipe ya APR FC yakomeje gahunda yo kwiyubaka yitegura umwaka w’imikino wa 2026/27, isinyisha abakinnyi bane baturutse muri Intare FC ku masezerano y’igihe kirekire.

Aba bakinnyi ni Mwumvaneza Tumusifu ukina hagati mu kibuga, Ndungutse Asouman ushobora gukina nka nimero 8 cyangwa 10, Bana Etienne ukina asatira anyuze ku mpande ndetse na Mudahigwa Christian ukina mu izamu.

Amakuru avuga ko aba bakinnyi bose basinyishijwe amasezerano y’imyaka itanu, mu rwego rwo gukomeza kubaka ikipe izafasha APR FC guhatanira ibikombe bitandukanye mu mwaka utaha w’imikino.

Uretse kongerera imbaraga ikipe, aba bakinnyi bafite indi nyungu ikomeye kuri APR FC kuko bose bari munsi y’imyaka 21. Ibi bihuye n’amabwiriza mashya ya BK Pro League 2026/27 asaba buri kipe kugira nibura abakinnyi batatu bari munsi y’imyaka 21 mu bakinnyi bayo b’ingenzi (squad).

APR FC ikomeje kwibanda ku guhuza ubunararibonye n’impano z’abakiri bato, aho yizera ko aba bakinnyi bazatanga umusanzu mu rugendo rwo gukomeza kwitwara neza mu marushanwa yo mu Rwanda no hanze yarwo.

Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu ikomeje ibikorwa byo kwisuganya ku isoko ry’abakinnyi, mu rwego rwo gutegura neza umwaka w’imikino wa 2026/27 ifite intego yo kwegukana ibikombe byinshi bishoboka.

Tumusifu, Asouman, Christian na Bana basinye muri APR FC amasezerano y'imyaka itanu havuye mu Intare FC 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...