Ku wa Mbere w’iki Cyumweru ni bwo ikipe ya APR FC yandikiye FERWAFA iyimenyesha
ko itazakina Super Cup ya 2026 bitewe n’uburyo uyu mwaka yateguwemo.
Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu ivuga ko itigeze imenyeshwa mbere ko uburyo bwo gukina iri rushanwa bwahindutse, kugira ngo biyifashe mu gutegura umwaka w’imikino wa 2026/27.
Ubusanzwe uyu mukino
wakinwaga n’amakipe abiri, iyatwaye igikombe cya shampiyona n'icy’Amahoro, gusa
kuri iyi nshuro uzakinwa n’amakipe yabaye ane ya mbere muri shampiyona iheruka.
FERWAFA yamenyesheje aya makipe ko APR FC izahura na
Kiyovu Sports naho Rayon Sports igahura na Police FC muri 1/2 kizakinwa tariki
22 Kanama 2026 kuri Sitade Amahoro i Remera.
Nyuma y’uko APR FC yandikiye FERWAFA iyimenyesha iby’uko
itazakina iyi Super Cup 2026, bivugwa ko Ejo habayeho inama hagati y’impande
zombi, gusa ikaba yararangiye ntagihindutse.
Kuri ubu biravugwa ko iyi kipe yambara umukara n’umweru yasimbujwe Mukura VS yabaye iya gatanu muri shampiyona iheruka. Icyakora nta cyo FERWAFA iratangaza kuri aya makuru y'uko Mukura VS yasimbuye APR FC.
Umuvugizi w’iyi kipe yo mu karere ka
Huye, Gatera Edmond abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yemeje iby’aya makuru avuga
ko Mukura VS yamaze gusimbuzwa APR FC.
Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu ni yo ifite igikombe
giheruka aho yagitwaye itsinze Rayon Sports.
