Uyu mukino wa gicuti wakinwe kuri iki Cyumweru tariki ya 23 Kanama 2026 saa Cyenda kuri Stade y’akarere ka Bugesera.
APR FC yatangiye umukino iri hejuru, bidatinze ku munota wa 5 gusa Uwiyaremye Fidali atsinda igitego ahawe umupira na Mamadou Traore.
Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu yakomeje kubona uburyo binyuze ku bakinnyi bayo bakina basatira barimo Djibrill Ouattara.
Ku munota wa 23 Alex Asho wa Al Ahli Wad Medani yagerageje uburyo ariko umunyezamu wa APR FC aratabara.
Iyi kipe yo muri Sudani yakomeje kugerageza uburyo ariko Ernan Siluane akaba ibamba.
Igice cya mbere cyarangiye APR FC iyoboye n’igitego 1-0.
Mu gice cya kabiri ikipe y’Ingabo z’igihugu yaje ikora impinduka mu kibuga havamo Uwiyaremye Fidali na Ishimwe Abdoul hajyamo Hakim Kiwanuka na Nshimiyimana Yunusu.
Ku munota wa 49 Al Ahli Wad Medani yabonye igitego gitsinzwe na Mohammed Hashm Takat.
Al Ahli Wad Medani yakomeje gusatira cyane ari ko igerageza uburyo bwinshi imbere y’izamu, ariko ibi biba imfabusa ku munota wa 74 ubwo Rubuguza Jean Pierre yatsindaga igitego cya kabiri akoresheje umutwe.
Umukino warangiye APR FC itsinze Al Ahli Wad Medani ibitego 2-1 nyuma y’uko yaherukaga gutsinda Al Merrikh SC nayo yo muri Sudani ibitego 3-0.

Uwiyaremye Fidali yishimira igitego yatsinze

APR FC yatsinze Al Ahli Wad Medani ibitego 2-1
