APR FC na Rayon Sports mu kaga ko gutombora ibigugu mu mikino nyafurika

Imikino - 30/05/2025 10:26 AM
Share:

Umwanditsi:

APR FC na Rayon Sports mu kaga ko gutombora ibigugu mu mikino nyafurika

Nyuma y’uko umwaka w’imikino wa 2024-25 mu Rwanda wamaze gushyirwaho akadomo, Rayon Sports na APR FC zizahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika ziri mu kaga gakomeye ko gutombora amakipe akomeye kubera urwego rwo hasi rwa shampiyona y’u Rwanda.

APR FC niyo yatwaye igikombe cy’Amahoro n’icya Shampiyona, ibikombe bigena amakipe ahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika. Ibi bivuze ko izahagararira u Rwanda mu mukino ya CAF Champions League naho Rayon Sports yatsindiwe ku mukino wa nyuma mu gikombe cy’Amahoro yo ihagararire u Rwanda mu mikino ya CAF Confederations Cup.

Amakipe yo mu Rwanda afite akaga gakomeye ko gutombora amakipe y’ibigugu mu rugendo rugana mu matsinda ya CAF Champions League na Confederations Cup kubera ko mu myaka itanu ishyize nta n’imwe yabashije kugera mu matsinda cyangwa ngo iyarenge.

Kuki ari APR FC na Pylamid cyangwa indi ikomeye nkayo?

Ubusanzwe iyo hagiye gutomborwa inzira amakipe azanyuramo kugira ngo agere mu matsinda mu mikino nyafurika ya CAF Champions League na CAF Confederations Cup, impuzamashirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afrika igendera ku manota ikipe yabonye mu myaka itanu mu kitwa (Five Years lanking).

Five years lanking niyo igena urwego ikipe runaka irimo ndetse ikagena urwego rwa shampiyon y’igihugu runaka irimo. Kugeza ubu shampiyona y’u Rwanda iri mu bihugu bitanu bya nyuma muri Afrika mu manota ya Five Years Lanking.

Biteganyijwe ko ibihugu 12 bya mbere bifite shampiyona zikomeye kurusha izindi ku mugabane wa Afrika, bitanga amakipe ane mu marushanwa nyafurika. Abiri muri CAF Champions League n’andi abiri muri CAF Confederations Cup. Ibihugu biri munsi y’umwanya wa 12 bitanga amakipe abiri, imwe ikajya muri Champions League indi ikajya muri CAF Confederations Cup.

Ibihugu 12 byemerewe amakipe ane mu marushanwa nyafurika ni Misiri, Morocco, Argelia, Afrika y’Epfo, Tunisia, Tanzania, DRC, Angola, Sudan, Libya, Ivory Coast na Nigeria.

Amakuru Atari meza kuri APR FC na Rayon Sports ni uko u Rwanda ruri mu bihugu bitanu bya nyuma. Iyo ugendeye ku rutonde rwa Historical Ranking, u Rwanda uirusanga ku mwanya wa 31 mu bihugu 34 bigaragara kuri uru rutonde kuko hari n’ibindi bihugu bitagaragara kuri uru rutonde kubera ko amakipe yabyo atigeze agira inota yandikisha muri CAF.

Niba u Rwanda rugaragara mu bihugu bya nyuma mu mashampiyona akomeye muri Afrika, ibi bishyira mukaga amakipe yo mu Rwanda iyo agiye gutombora inzira azanyuramo kugira ngo agere mu matsinda ya CAF Champions League na CAF Confederations Cup. Iyo amakipe agiye gutomborana amakipe yo mu bihugu bya mbere bikomeye ahabwa amahirwe yo gutombora amakipe abarizwa mu bihugu bidakomeye.

Ibi nibyo bituma amakipe yo mu Rwanda akunze guhura n’amakipe akomeye yo mu bihugu bikomeye nka Misiri, Morocco, Argelia, Afrika y’Epfo, Tunisia, Tanzania, DRC, Angola, Sudan, Libya, Ivory Coast, Nigeria.

Amakipe ku giti cyayo nayo hari amanota akorera ayifasha koroherwa no gutombora amakipe azakina nayo hatitawe ku gihugu ikipe ibarizwamo. CAF ivuga ko iyo ikipe itwaye Champions League ihabwa amanota 6, iyatsindiwe ku mukino wa nyuma wa Champions League yo ihabwa amanota atanu.

Ikipe yaviriyemo muri kimwe cya kabiri cya CAF Champions League ihabwa amanota ane, ikipe yaviriyemo muri kimwe cya kane ihabwa amanota atatu. Uibwo amakipe abona ayo manota atatu ni aba yabaye abiri ya mbere mu itsinda kuko ayo ahita abona itike ya Kimwe cya kane.

Ikipe yabaye iya gatatu mu matsinda ya CAF Champions League ariko igasezererwa ibona amanota abiri naho iyabaye iya kane igahabwa inota rimwe. Bisobanuye ko kugira ngo ikipe ibone inota mu mikino ya CAF Champions League iba yakandagiye mu mikino y’amatsinda.

Mu mikino ya CAF Confederations Cup ho ikipe ya mbere ibona amanota 5, iya kabiri ibona 4, Iyagarukiye muri kimwe cya kabiri ihabwa amanota atatu, iyageze kimwe cya kane ihabwa amanota abiri, iyabaye iya gatatu mu matsinda ihabwa inota rimwe naho iyabaye iya nyuma ihabwa 0.5.

Kubera ko mu myaka itanu ishyize nta kipe yo mu Rwanda irakandagira mu matsinda ya CAF Champions League na CAF Confederations Cup ubu nta n’imwe igarara ku rutonde rw’amakipe 78 akomeye kurusha ayandi ku mugabanw wa Africa.

Bisobanuye ko inzira za Rayon Sports na APR FC mu rugendo rugana mu matsinda ya CAF Champions League na CAF Confederations Cup mu mwaka utaha w’imikino zikomeye cyane.

Kugira ngo aya makipe agere mu matsinda bizayasaba kubanza gukuramo hagati y’amakipe abiri cyangwa atatu ariko amaherezo ikabanza guhura n’ikipe ikomeye yo muri bya bihugu 12 byiza mu mupira w’amaguru cyangwa imwe itari muri ibyo bihugu ariko yakoreye amanota meza mu marushanwa nyafurika.

APR FC niyo yegukanye shampiyona y'u Rwanda biyiha amahirwe yo kuzakina CAF Champions League 

Rayon Sports itaragize igikombe na kimwe yegukana izakina CAF Confederations Cup 

Kubera ko Rayon Sports na APR FC nta kipe yageze mu matsinda mu myaka itanu ishyize bizatuma inzira zazo zijya mu matsinda zigorana cyane 

Rayon Sports imaze imyaka irindwi ivuye mu matsinda ya CAF Confederations Cup


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...