APR
FC niyo yatwaye igikombe cy’Amahoro n’icya Shampiyona, ibikombe bigena amakipe
ahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika. Ibi bivuze ko izahagararira u Rwanda mu
mukino ya CAF Champions League naho Rayon Sports yatsindiwe ku mukino wa nyuma
mu gikombe cy’Amahoro yo ihagararire u Rwanda mu mikino ya CAF Confederations
Cup.
Amakipe
yo mu Rwanda afite akaga gakomeye ko gutombora amakipe y’ibigugu mu rugendo
rugana mu matsinda ya CAF Champions League na Confederations Cup kubera ko mu
myaka itanu ishyize nta n’imwe yabashije kugera mu matsinda cyangwa ngo
iyarenge.
Kuki ari APR FC na Pylamid
cyangwa indi ikomeye nkayo?
Ubusanzwe
iyo hagiye gutomborwa inzira amakipe azanyuramo kugira ngo agere mu matsinda mu
mikino nyafurika ya CAF Champions League na CAF Confederations Cup, impuzamashirahamwe
y’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afrika igendera ku manota ikipe yabonye mu
myaka itanu mu kitwa (Five Years lanking).
Five
years lanking niyo igena urwego ikipe runaka irimo ndetse ikagena urwego rwa
shampiyon y’igihugu runaka irimo. Kugeza ubu shampiyona y’u Rwanda iri mu bihugu bitanu bya nyuma muri Afrika mu manota ya Five Years Lanking.
Biteganyijwe
ko ibihugu 12 bya mbere bifite shampiyona zikomeye kurusha izindi ku mugabane
wa Afrika, bitanga amakipe ane mu marushanwa nyafurika. Abiri muri CAF
Champions League n’andi abiri muri CAF Confederations Cup. Ibihugu biri munsi y’umwanya
wa 12 bitanga amakipe abiri, imwe ikajya muri Champions League indi ikajya muri
CAF Confederations Cup.
Ibihugu
12 byemerewe amakipe ane mu marushanwa nyafurika ni Misiri, Morocco, Argelia,
Afrika y’Epfo, Tunisia, Tanzania, DRC, Angola, Sudan, Libya, Ivory Coast na
Nigeria.
Amakuru
Atari meza kuri APR FC na Rayon Sports ni uko u Rwanda ruri mu bihugu bitanu
bya nyuma. Iyo ugendeye ku rutonde rwa Historical Ranking, u Rwanda uirusanga
ku mwanya wa 31 mu bihugu 34 bigaragara kuri uru rutonde kuko hari n’ibindi
bihugu bitagaragara kuri uru rutonde kubera ko amakipe yabyo atigeze agira
inota yandikisha muri CAF.
Niba
u Rwanda rugaragara mu bihugu bya nyuma mu mashampiyona akomeye muri Afrika,
ibi bishyira mukaga amakipe yo mu Rwanda iyo agiye gutombora inzira azanyuramo
kugira ngo agere mu matsinda ya CAF Champions League na CAF Confederations Cup.
Iyo amakipe agiye gutomborana amakipe yo mu bihugu bya mbere bikomeye ahabwa
amahirwe yo gutombora amakipe abarizwa mu bihugu bidakomeye.
Ibi
nibyo bituma amakipe yo mu Rwanda akunze guhura n’amakipe akomeye yo mu bihugu
bikomeye nka Misiri, Morocco, Argelia, Afrika y’Epfo, Tunisia, Tanzania, DRC,
Angola, Sudan, Libya, Ivory Coast, Nigeria.
Amakipe
ku giti cyayo nayo hari amanota akorera ayifasha koroherwa no gutombora amakipe
azakina nayo hatitawe ku gihugu ikipe ibarizwamo. CAF ivuga ko iyo ikipe itwaye
Champions League ihabwa amanota 6, iyatsindiwe ku mukino wa nyuma wa Champions
League yo ihabwa amanota atanu.
Ikipe
yaviriyemo muri kimwe cya kabiri cya CAF Champions League ihabwa amanota ane,
ikipe yaviriyemo muri kimwe cya kane ihabwa amanota atatu. Uibwo amakipe abona
ayo manota atatu ni aba yabaye abiri ya mbere mu itsinda kuko ayo ahita abona
itike ya Kimwe cya kane.
Ikipe
yabaye iya gatatu mu matsinda ya CAF Champions League ariko igasezererwa ibona
amanota abiri naho iyabaye iya kane igahabwa inota rimwe. Bisobanuye ko kugira
ngo ikipe ibone inota mu mikino ya CAF Champions League iba yakandagiye mu
mikino y’amatsinda.
Mu
mikino ya CAF Confederations Cup ho ikipe ya mbere ibona amanota 5, iya kabiri
ibona 4, Iyagarukiye muri kimwe cya kabiri ihabwa amanota atatu, iyageze kimwe
cya kane ihabwa amanota abiri, iyabaye iya gatatu mu matsinda ihabwa inota
rimwe naho iyabaye iya nyuma ihabwa 0.5.
Kubera
ko mu myaka itanu ishyize nta kipe yo mu Rwanda irakandagira mu matsinda ya CAF
Champions League na CAF Confederations Cup ubu nta n’imwe igarara ku rutonde rw’amakipe
78 akomeye kurusha ayandi ku mugabanw wa Africa.
Bisobanuye ko inzira za Rayon Sports na APR FC mu rugendo rugana mu matsinda ya CAF Champions League na CAF Confederations Cup mu mwaka utaha w’imikino zikomeye cyane.
Kugira ngo aya makipe agere mu matsinda bizayasaba kubanza gukuramo
hagati y’amakipe abiri cyangwa atatu ariko amaherezo ikabanza guhura n’ikipe
ikomeye yo muri bya bihugu 12 byiza mu mupira w’amaguru cyangwa imwe itari muri
ibyo bihugu ariko yakoreye amanota meza mu marushanwa nyafurika.



