Ni kenshi cyane hagiye havugwa ko ikipe y’Ingabo z’igihugu ishaka kugura imodoka yayo nshya itwara abakinnyi ndetse n’ubuyobozi bwayo bukavuga ko yatumijwe. Kuri ubu iyi modoka yageze mu Rwanda, ikaba yashyizweho ibirango bya APR FC ndetse ni nayo abakinnyi b'iyi kipe bari bugendemo bajya ku mukino ifitanye na Rayon Sports.
Ni umukino wa Super Cup ya 2025 ukinwa kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Mutarama 2026 saa Kumi n'Ebyiri n’iminota 30 muri Stade Amahoro. Ubwo APR FC yatangazaga ko iyi Bus ariyo iri bugendemo binyuze ku mbuga nkoranyambaga, yanditse iti: ”Uyu munsi, bisi yacu nshya niyo iyoboye inzira igana ku mukino wa nyuma wa Super Cup.
Tugenda nk’ikipe y’ubushongore n’ubukaka tukahagera nk’abatsinzi. Uru si urugendo gusa, ni ubutumwa”.





Imodoka nshya APR FC iragendamo igiye ku mukino irakinamo na Rayon Sports wa Super Cup 2025
