APR FC ifite gahunda yo kwegukana CECAFA 2026 yatangiye inyagirwa 5-0 imbere ya Perezida Kagame

Imikino - 24/07/2026 7:57 PM
Share:

Umwanditsi:

APR FC ifite gahunda yo kwegukana CECAFA 2026 yatangiye inyagirwa 5-0 imbere ya Perezida Kagame

Ikipe ya APR FC ifite gahunda yo gutwara igikombe cy’irushanwaa rihuza amakipe yo muri Afurika y'Iburasirazuba n'iyo Hagati rya CECAFA Kagame Cup 2026, yatangiye itsindwa na Gor Mahia yo muri Kenya imbere ya Perezida Kagame.

Uyu mukino wo ku munsi wa mbere wo mu itsinda  wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Nyakanga 2026 saa Moya muri Stade Amahoro. 

APR FC niyo yatangiye umukino iri hejuru ibona imipira y’imiterekano ariko ntiyibyaze umusaruro. Ku munota wa 20 Dauda Yussif yagerageje uburyo arekurita ishoti inyuma y’izamu ariko rinyura impande y’izamu.

Ku munota wa 25 Djibrill Ouattara yahaye umupira mwiza Amani Kuodiakan Michel Breygeneve agiye kuwusunikira mu izamu birangira ba myugariro bawushyize muri koroneri itagize icyo itanga.

Bidasabye uburyo bwinshi Gor Mahia ku munota wa 32 yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Mike Evans Kibwage akoresheje umutwe ku mupira wari uvuye muri koroneri.

Bidatinze nyuma y’iminota ibiri Gor Mahia yahise ibona igitego cya kabiri gitsinzwe na Ariste Patrick Ekandjoum ku ishoti riremereye yarekuye rijya mu ruhande rw’ibumoso Ernan Siluane ntiyamenya uko byagenze.

Iyi kipe yo muri Kenya yakomeje kurusha APR FC ndetse binashoboka ko yabona igitego cya gatatu, gusa igice cya mbere kirangira iyoboye n’ibitego 2-0.

Mu gice cya kabiri Gor Mahia yaje ikora impinduka mu kibuga havamo David Okoth Odhiambo, Siraji Mohamed , Alpha Chris Onyango na Jackson Dwang Mulla hajyamo Sariff Sabuni Sirengo, Bryton Otieno Onyona, Alpha Chris Onyango na Ebenezer Ocran.

APR FC yashatse uko yakwishyura ariko ba myugariro ba Gor Mahia bakomeza kuba ibamba. Ku munota wa 58 APR FC nayo yakoze impinduka mu kibuga havamo William Togui, Amani Kuodiakan na Dauda Yussif hajyamo Uwiyaremye Fidali, Hakim Kiwanuka na Mamadou Traore.

Ku munota wa 63 Paul Okoth Odhiambo wa Gor Mahia yatsinze igitego cya 3, APR FC ihita iba nk'ivuye mu mukino. Ku munota wa 79 Lesley Otieno Owino yatsinze igitego cya kane naho ku wa 87 Ebenezer Assifuah atsinda icya 5.

Umukino warangiye APR FC inyagiwe ibitego 5-0. Uyu mukino wakurikiwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, usanzwe ari umuterankunga ukomeye w’iri rushanwa kuva muri 2002.

Mbere y’uko uyu mukino ukinwa Vipers SC yo muri Uganda yari yatsinze Garde Républicaine FC yo muri Djibouti ibitego 3-0.


APR FC yatsinzwe na Gor Mahia ibitego 5-0


Gor Mahia yishimira intsinzi ikomeye yakuye kuri APR FC


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...