Anne Kansiime mu rukundo n’umuzungu wamukurikiranye imyaka 13

Imyidagaduro - 14/04/2026 1:01 PM
Share:

Umwanditsi:

Anne Kansiime mu rukundo n’umuzungu wamukurikiranye imyaka 13

Umunyarwenya wamamaye cyane muri Afurika y’Iburasirazuba, Anne Kansiime, yemeje ku mugaragaro ko ari mu rukundo rushya n’umugabo w’umuzungu avuga ko yagerageje kumwereka urukundo no kumwitaho mu gihe cy’imyaka 13 yose mbere y’uko bakundana.

Kansiime yabivugiye mu kiganiro yagiranye na Podcast yitwa Nothing Serious, aho yatangaje ko ubu yishimira umubano mushya nyuma y’imyaka yari amaze mu buzima bw’urukundo butari bworoshye, harimo n’ibyavuzwe cyane ku mubano we wa mbere.

Uyu munyarwenya yavuze ko yahuye n’uyu mugabo bwa mbere mu myaka ibiri ishize, bakabonanira mu kabari, ariko akavuga ko yari amaze igihe kirekire amukurikira nk’umufana ukomeye cyane w’ibikorwa bye.

Yavuze ko uyu mugabo yamwitagaho cyane ku buryo yari azi n’itariki ikiganiro cye cya mbere cyatambutse cya “Don’t Mess With Kansiime” cyerekanwe muri Kenya, ndetse akamubwira ko udukino rwe twamufashije kumenya no gusobanukirwa umuco nyafurika.

Kansiime yakomeje avuga ko byamushimishije kumenya ko ari umufana we w’igihe kirekire, bikaba ari na byo byatumye amuha amahirwe yo kumumenya neza kugeza aho urukundo ruvukiye.

Nubwo atigeze atangaza amazina ye mu buryo bweruye, hirya no hino mu nkuru z’imyidagaduro havugwa ko ashobora kuba ari umuyobozi wa sosiyete ya M-Kopa, Chad Larson, nubwo ibyo bitaremezwa ku mugaragaro.

Ubu inkuru ya Kansiime ikomeje kuganirwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bishimira urugendo rwe rushya mu rukundo, abandi bakibaza byinshi ku mugabo bivugwa ko amukunda kuva kera.

Anne Kansiime yari yarashakanye n’umugabo witwa Gerald Ojok, ndetse bafitanye n’umwana w’umuhungu.

Aba bombi baje gutandukana nyuma y’imyaka mike babana nk’umugabo n’umugore, nubwo batigeze batangaza byinshi mu buryo burambuye ku mpamvu nyir’izina zatumye batandukana.

Icyakora, mu bitangazamakuru bitandukanye by’imyidagaduro, havugwaga ibibazo by’umubano wabo byagiye bigenda bigaragara uko igihe cyagendaga gishira, bikarangira batandukanye.

Nyuma yo gutandukana, Kansiime yakomeje ubuzima bwe bwite ndetse n’akazi ke k’ubunyarwenya, akomeza no kugaragara mu bitangazamakuru nk’umwe mu bakomeye mu karere.

Ni yo mpamvu ubu inkuru z’ukundana kwe rushya zikomeje gukurura abantu benshi, cyane cyane kubera amateka ye yo mu rukundo.

Anne Kansiime yemeje ko ari mu rukundo rushya n’umuzungu wamukundaga kuva kera, nyuma y’imyaka 13 amukurikirana nk’umufana


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...