Ku wa Kabiri tariki 18 Kanama 2026, Kidjo yashyikirijwe iyi
nyenyeri mu muhango wabereye i Los Angeles, aba Umunyafurika wa mbere
w’umwirabura, ndetse n’umuhanzi wa mbere ukomoka muri Afurika, wahawe inyenyeri
kuri Hollywood Walk of Fame mu cyiciro cy’abahanzi b’umuziki. Iyi nyenyeri ni
iya 2,854 yashyizwe kuri uyu muhanda wamamaye ku isi.
Hollywood Walk of Fame ni umwe mu mihanda izwi cyane ku Isi,
uzwiho kuba uriho inyenyeri z’abafite uruhare rukomeye mu ruganda rw’imyidagaduro,
yaba mu muziki, sinema, n’ibindi byiciro.
Kuba Angélique Kidjo yashyizwe kuri uyu muhanda si igihembo
cy’umunsi umwe gusa. Ni icyubahiro gihabwa umuntu wagaragaje uruhare rukomeye
mu ruganda rw’imyidagaduro, kandi inyenyeri ye ikaba ikimenyetso kizahoraho
kigaragaza umurage yasize muri muzika.
Ku bwa Kidjo, iki cyubahiro gifite igisobanuro kirenze ku
izina rye bwite, kuko abona ko ari intambwe igaragaza uruhare Afurika yagize mu
kubaka umuziki w’Isi.
Mu muhango wo kumushyira kuri Walk of Fame, uyu muhanzikazi
w’imyaka 66 yavuze ko Abanyafurika ubwabo batari basobanukiwe neza umusanzu
bamaze guha Isi binyuze mu muco n’umuziki.
Ati: “Twebwe Abanyafurika ntituramenya ibyo twahaye Isi. Iyo
tutabaho, nta muziki wari kubaho kuri uyu mubumbe.”
Aya magambo agaragaza uburyo Kidjo abona umuziki nyafurika nk’umwe
mu nkingi zubatse umuziki mpuzamahanga, aho injyana n’imico byo ku mugabane wa
Afurika byagiye bigira uruhare mu iterambere ry’injyana zitandukanye ku Isi.
Imyaka
irenga 40 yubaka izina rya Afurika
Angélique Kidjo ntabwo ageze kuri Hollywood Walk of Fame
kubera indirimbo imwe cyangwa igikorwa kimwe. Ni umuhanzi umaze imyaka irenga
40 mu muziki, akaba amaze gushyira hanze album 18 kandi yubatse izina rikomeye
ku rwego mpuzamahanga.
Uyu muhanzikazi wo muri Benin, waje no kuba umwenegihugu w’u
Bufaransa, yamenyekanye kubera uburyo yagiye ahuza injyana gakondo za Afurika
n’izindi njyana zirimo jazz, funk, gospel, salsa n’izindi njyana mpuzamahanga.
Ibi byatumye umuziki we urenga imipaka ya Afurika, umugeza ku
rwego rwo gukorana n’abahanzi bakomeye ku Isi ndetse no kuba umwe mu bantu
bagize uruhare mu kugeza umuco n’amajwi bya Afurika ku ruhando mpuzamahanga.
Kidjo kandi ni umwe mu bahanzi bake bo muri Afurika bafite
ibihembo bitanu bya Grammy, ibintu bimushyira mu cyiciro cy’abahanzi bakomeye
cyane bakomoka ku mugabane wa Afurika.
Hollywood
yamushimiye ibirenze umuziki
Mu muhango wo kumushyira kuri Walk of Fame, Kidjo yashimiwe
n’abantu bakomeye mu muziki no muri sinema, barimo Harvey Mason Jr., umuyobozi
mukuru wa Recording Academy, ndetse n’umukinnyi wa filime, Willem Dafoe.
Harvey Mason Jr. yavuze ko Kidjo ari umuhanzi udasanzwe,
ashimangira ko urugendo rwe rwazamuye umuziki ku rwego mpuzamahanga.
Yagize ati: “Urugero watanze rwazamuye umuryango wacu
w’umuziki ku Isi, kandi ibikorwa byawe bikomeza kutwibutsa ko umuziki urenze
imyidagaduro; ni uburyo bwo guhuza abantu.”
Yakomeje avuga ko inyenyeri yashyizwe kuri Hollywood Walk of
Fame izahora ari ikimenyetso cy’ibyo Kidjo yagezeho, ariko ko umurage we nyawo
uri mu bantu yagezeho, abo yakoranye n’abo n’inzitizi yafashije guca.
Willem
Dafoe yamushimiye imbaraga n’umutima wo gufasha
Umukinnyi wa filime Willem Dafoe na we yashimiye Kidjo, cyane
cyane ku mbaraga agira ku rubyiniro ndetse n’uburyo amaze imyaka myinshi akora
umuziki ku rwego rwo hejuru.
Dafoe yavuze ko ubwo yabonaga Kidjo bwa mbere aririmba
imbonankubone, yatangajwe n’imbaraga, imbyino n’ubwitange yagiraga mu byo
akora.
Yagize ati: “Nta gushidikanya, ni umwe mu bagore bakora cyane
kurusha abandi muri uru ruganda rw’imyidagaduro.”
Icyakora, Dafoe yavuze ko ikintu kirenze umuziki kimushimisha
kuri Kidjo ari ibikorwa by’ubugiraneza amaze igihe akora, cyane cyane binyuze
muri Batonga Foundation, umuryango yashinze ugamije guteza imbere no guha
ubushobozi abakobwa bakiri bato muri Afurika.
Yasobanuye ko ibikorwa bya Kidjo byo gufasha abandi atari
ukwiyerekana k’umuntu uzwi, ahubwo ko ari igice cy’umurimo we n’ubutumwa bwe
nk’umuhanzi.
Inyenyeri
ye ni iya Afurika yose
Kuri Kidjo, kuba ari we Munyafurika wa mbere w’umwirabura
ugeze kuri uru rwego ni ibintu bishobora gufungura imiryango ku bandi bahanzi
bo ku mugabane.
Mu myaka irenga 40 amaze mu muziki, yagiye agaragaza ko
Afurika ifite umuco n’umuziki bifite ubushobozi bwo kugera ku rwego
mpuzamahanga, atari nk’ibintu byo gukoresha gusa nk’inyongera ku muziki wo
hanze, ahubwo nk’igice cy’ingenzi cy’umuziki w’Isi.
Kuba Hollywood imushyize kuri uyu muhanda bifatwa nk’ikindi
kimenyetso cy’uko umuziki nyafurika ukomeje kwagura imbibi, ukava ku isoko
ry’umugabane gusa ukagera ku rwego aho amazina y’abahanzi nyafurika agenda
ahabwa icyubahiro mu bigo bikomeye by’imyidagaduro ku Isi.
Angélique Kidjo amaze imyaka myinshi agaragara nk’umwe mu
bantu bakomeye bahagarariye umuco wa Afurika ku ruhando mpuzamahanga. Yigeze
gushyirwa ku rutonde rw’abantu 100 bakomeye ku Isi rwa Time Magazine, ndetse
anashyirwa mu byiciro bitandukanye by’abantu bagize uruhare rukomeye mu
buhanzi, umuco n’imibereho y’abaturage.
Kuri uyu muhango, nyuma yo gushimira umuryango we n’abo
bakorana, Kidjo yanaririmbye imbere y’abari bateraniye aho, agaragaza ko nubwo
yari ari mu muhango wo kwizihiza umwuga we, umuziki ari wo ukomeje kuba ururimi
rwe rukomeye.
Inyenyeri ye kuri Hollywood Walk of Fame ntabwo ari umwanzuro
w’urugendo rwe, ahubwo ni indi ntambwe mu mateka y’umuhanzi wamaze imyaka
irenga 40 aharanira kugeza ijwi rya Afurika ku Isi.
Kandi mu gihe izina rye riri ku muhanda wa Hollywood, ubutumwa bwe bugaruka ku kintu kimwe gikomeye: umuziki wa Afurika ufite umwanya ukomeye mu muziki w’Isi, kandi amateka ya Afurika akwiye gukomeza kuvugwa n’abanyafurika ubwabo.

Angélique Kidjo yanditse amateka mu rugendo rwe rw’umuziki nyuma yo gutoranywa nk’Umunyafurika wa mbere wahawe icyubahiro cyo gushyirwa kuri ‘Hollywood Walk of Fame’

Angélique Kidjo yavuze ko umuziki wa Afurika ufite umwanya ukomeye mu muziki w’Isi, kandi amateka ya Afurika akwiye gukomeza kuvugwa n’abanyafurika ubwabo

