Amerika yasohoje umugambi wayo wo gusenya ikiraro n'umunara bikomeye muri Iran

Hanze - 17/07/2026 2:23 PM
Share:
Amerika yasohoje umugambi wayo wo gusenya ikiraro n'umunara bikomeye muri Iran

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye ibitero bishya mu Majyepfo ya Iran, bisenya ibiraro by'ingenzi n'umunara ugenzura ibikorwa byo ku cyambu, mu gikorwa cyabaye nyuma y'uko Perezida Donald Trump yari yaraburiye Tehran ko nitagaruka ku meza y'ibiganiro, Amerika izibasira ibikorwa remezo byayo bikomeye.

Mu minsi ishize, Trump yavuze ko Iran ifite amahitamo abiri: kwemera gusubira mu biganiro cyangwa guhura n'ibitero bikomeye. Yari yatangaje ko Amerika "izasenya ibiraro n'amashanyarazi" bya Iran nibaramuka banze kuganira. Ibitero byo kuri uyu wa Gatanu bigaragaza ko yatangiye gushyira mu bikorwa uwo muburo.

Ingabo za Amerika zatangaje ko ibi bitero ari ibya gatandatu bikurikirana byagabwe kuri Iran, bigamije guca intege ubushobozi bwayo bwa gisirikare no kugabanya ibikorwa byayo mu gace ka Strait of Hormuz. Abayobozi ba Iran bavuga ko abantu nibura barindwi bishwe muri ibyo bitero.

Nubwo intambara ikomeje gukaza umurego, ubutegetsi bwa Trump buracyavuga ko bwiteguye ibiganiro igihe Iran yaba yemeye gusubira ku meza y'imishyikirano. Iran yo yavuze ko idatekereza kuganira mu gihe ikomeje kugabwaho ibitero, ishimangira ko izakomeza kwirwanaho.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...