Igisirikare cya Amerika cyatangaje ko cyagabye ibitero bishya bigamije kugabanya ubushobozi bwa Iran bwo guhungabanya umutekano w'ubwato bw'ubucuruzi. Ibitangazamakuru byo muri Iran na byo byavuze ko ibisasu byaguye mu mijyi irimo Tabriz, Chabahar na Bandar Imam Khomeini.
Ku rundi ruhande, umutwe wa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) watangaje ko warashe misile ku birindiro by'ingabo za Amerika biri muri Jordaniya, Kuwait na Syria.
IRGC kandi yavuze ko ubwato bubiri butwara peteroli bwangirikiye mu muhora wa Hormuz bugahagarara gukora ingendo, bushinja Amerika kuba yarabushishikarije gukomeza kunyura muri iyo nzira nubwo umutekano wari muke. Icyakora, ibiro ntaramakuru Reuters byatangaje ko bitabashije kwemeza ayo makuru mu buryo bwigenga.
Mu bihugu bituranye na Iran, Bahrain yumvikanyemo impuruza z'ibitero byo mu kirere, mu gihe Kuwait yatangaje ko yahagaritse drones zivuga ko zaturukaga muri Iran. Hanavuzwe ko uruganda rutunganya amazi rwongeye kwibasirwa ku nshuro ya kabiri.
Iyi ntambara yongeye gukaza umurego nyuma y'uko amasezerano y'agahenge yari yarashyizweho asenyutse. Ibyo byatumye urujya n'uruza rw'ubwato mu muhora wa Hormuz rugabanuka, bituma ibiciro bya peteroli ku isoko mpuzamahanga birenga amadolari 90 ku ngunguru.
Amerika yatangaje ko izakomeza ibikorwa bya gisirikare igihe cyose Iran izaba ikomeje guhungabanya inzira mpuzamahanga z'ubucuruzi. Ku ruhande rwa Iran, yo ivuga ko umutekano muri Hormuz utazongera kugaruka mu gihe ibitero bya Amerika bikomeje.
