Itangazo
rya Leta ya Amerika ryasohotse mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 14
Ukwakira 2025, ryashyizwe ku rubuga rwa X (Twitter) rivuga riti “Leta Zunze
Ubumwe z’Amerika nta nshingano zifite zo kwakira abanyamahanga bifuza urupfu
rw’Abanyamerika. Leta ikomeje kumenya abafite Visa bishimiye
iyicwa rya kinyamaswa rya Charlie Kirk.”
Iri
tangazo ryakurikiwe n’urutonde rugaragaza amafoto n’amagambo y’abantu batandatu
bo muri Afurika y’Epfo, Mexique, Brazil, Paraguay n’uwo muri Argentine, bose
bashinjwa gukoresha imbuga nkoranyambaga bagasebya cyangwa bagashinyagurira
urupfu rwa Kirk.
Umwe
muri bo, ukomoka muri Argentine, yagize ati “Kirk yamaze ubuzima bwe
akwirakwiza amagambo y’irondaruhu n’urwango ku banyamahanga no ku bagore.
Akwiye kubabazwa iteka mu kuzimu.”
Nyuma
y’ayo magambo, Visa ye yahise ihagarikwa. Undi nawe yanditse avuga ko Kirk “ari
ahantu hashyushye,” bivuga ko yashakaga kuvuga ikuzimu.
Kirk,
wari ufite imyaka 31, ni umwe mu bashinze umuryango Turning Point USA,
wamenyekanye mu gukangurira urubyiruko gutora Trump mu matora yabaye umwaka
ushize.
Urupfu
rwe rwateje impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bamushimagije
nk’“intwari y’ukuri,” abandi bamwibandaho bamushinja amagambo y’urwango.
Ikinyamakuru
New York Times cyatangaje ko abarenga 145 birukanywe cyangwa bahagaritswe mu
kazi kubera amagambo banditse kuri internet ku rupfu rwe.
Umunyamabanga
wa Leta, Marco Rubio yavuze ko ubutegetsi bwa Trump bufite uburenganzira bwo
guhagarika Visa z’abanyamahanga bavuze amagambo asebya cyangwa yishimira urupfu
rwa Kirk, mu gihe Christopher Landau, umwungirije, yasabye Abanyamerika gutanga
amakuru ku bantu bafite ibitekerezo nk’ibyo kandi basaba Visa za Amerika.
Amerika ivuga kandi ko imaze imyaka isaba abifuza Visa gutanga amazina yabo akoreshwa ku
mbuga nkoranyambaga, ndetse guhera muri Kamena uyu mwaka, abanyeshuri basabwa
gushyira konti zabo zose ku mugaragaro kugira ngo zibanze zisuzumwe.
Ibi
bibaye nyuma y’uko ubutegetsi bwa Trump bukajije umurego ku banyeshuri
b’abanyamahanga bashyigikiye imyigaragambyo ya ‘Pro-Palestine’ muri za kaminuza
zo muri Amerika.
Mu
kwezi kwa Kanama, umukozi wa 'Departement' ya Leta yabwiye Fox News ko Visa
zirenga ibihumbi bitandatu (6,000) z’abanyeshuri zahagaritswe muri uyu mwaka
gusa.
The United States has no obligation to host foreigners
who wish death on Americans.
The State Department continues
to identify visa holders who celebrated the heinous assassination of Charlie
Kirk. Here are just a few examples of aliens who are no longer welcome in the
U.S.:
Amerika
yatangiye urugendo rwo guhagarika Visa z’abanyamahanga bagaragaje amagambo ashyigikira
urupfu rwa Charlie Kirk, inshuti ya Donald Trump, ivuga ko idafite inshingano
zo kwakira abantu bishimira urupfu rw’Abanyamerika